Ikipe ya APR FC yamaze kumvikana n’umunyezamu ukomoka muri Mozambique witwa Ernan Alberto Siluane wari usanzwe ukina iwabo mu ikipe ya black bulls ndetse n’ikipe y’Igihugu ya Mozambique.
Nubwo isoko ry’igura n’igurisha ku bakinnyi ritarafungura ndetse na shampiyona ikaba itararangira, ikipe y’Ingabo z’igihugu yatangiye urugendo rwo kwiyubaka kugira ngo mu mwaka utaha w’imikino izabe ikomeye kurushaho.
Uyu musore w’imyaka 27 usanzwe ukinira akinira Associação Black Bulls mu cyiciro cya mbere muri Mozambique kuva muri 2023. Mbere yaho yakiniraga UD Songo yari amazemo umwaka umwe avuye muri Clube Ferroviário de Maputo aho yo yari yarayigezemo muri 2018.
Mu 2021 ni bwo yahamagawe bwa mbere mu ikipe y’igihugu ya Mozambique batsinda Lesotho ibitego 5-0 mu mukino wa gicuti. Yari mu ikipe y’igihugu ya Mozambique yakinnye CHAN 2022,mu kwezi kwa mbere ubwo Nigeria yanyagiraga Mozambique ibitego 4-0 uyu munyezamu niwe wari mu izamu bivuze ko ari umukinnyi ubanzamo mu ikipe y’igihugu.
APR FC yumvikanye n’uyu munyezamu mu gihe Ishimwe Pierre watangiye uyu mwaka w’imikino ari umunyezamu wa mbere atariwe uwusoje bitewe n’ibibazo bitandukanye. Hakizimana Adolphe ni we usoje umwaka w’imikino ari umunyezamu wa mbere.
Ikipe ya APR FC iri kwitegura guhagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League ndetse ikazanitabira Cecafa Kagame Cup izabera muri Kanama i Kigali.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10






