• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

radiotv10by radiotv10
02/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, baravuga ko iminsi icumi yihiritse batazi irengero rye.

Ikinyamakuru New Vision cyo muri Uganda, kivuga ko umwe mu bo mu muryango wa Margaret Etilu yakibwiye ko kuva uyu wari uherutse gutorerwa kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko yatabwa muri yombi, batazi aho aherereye.

Yagize ati “Yatewe ubwoba aranafatwa ubwo yasohokaga igipangu. Yajugunywe mu modoka ya gisirikare baramutwara. Kugeza ubu, ntabwo tuzi aho aherereye. Nta muntu utubwira aho afungiye.”

Uyu Margaret Etilu yafatiwe ku rugo rwa Anita Annet Among ruherereye i Nakasero, ubwo inzego z’iperereza zo muri Uganda zari zikomeje gukora iperereza ku byaha birimo ibya ruswa no kwigwizaho imitungo bikekwa kuri uyu wabaye Perezida w’Inteko ya Uganda.

Abadepite bagenzi b’uyu watawe muri yombi, bavuga ko mugenzi wabo yatawe muri yombi kandi ko atarafungurwa, ariko bakaba batazi n’amakuru ye.

Francis Akorikin, Umudepite ukomoka mu gace ka Kapelebyong, yavuze ko kugeza ubu mugenzi wabo atararekurwa, ndetse ko ubuyobozi bw’Inteko Ishinga Amategeko, bwizeje gukurikirana ikibazo cye.

Yagize ati “Twari twagize ubushake tubibazaho Perezida w’Inteko, Jacob Oboth Oboth kugira ngo atwizeze ifungrwa ry’Umudepite uhagarariye abagore muri Amuria. Perezida w’Inteko yatwizeje ko azatanga ubufasha, ariko kugeza ubu nta makuru arambuye tuzi kuri we, yaba aho aherereye, uburyo ameze mu mitekererze, cyangwa ubuzima bwe.”

Aba Badepite kandi bavuze ko Abadepite bahagarariye agace kamwe n’ako uriya akomokamo, bari gukorana n’umuryango we kugira ngo bajye kubaza inzego z’umutekano amakuru y’uyu munyapolitiki, nibura bamenye aho afungiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + ten =

Previous Post

How people stay financially stable

Next Post

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.