• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko i Kinshasa muri Congo haramutse ku munsi w’imyigaragambyo idasanzwe yiswe ‘Ville Morte’

radiotv10by radiotv10
03/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uko i Kinshasa muri Congo haramutse ku munsi w’imyigaragambyo idasanzwe yiswe ‘Ville Morte’
Share on FacebookShare on Twitter

I Kinshasa mu Murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haramutse umwuka w’igabanuka rikabije ry’urujya n’uruza ku munsi w’imyigaragambyo yiswe ‘Ville Morte’ yateguwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu ngo bicire inzira Félix Tshisekedi zo kuguma ku butegetsi.

Iyi myigaragambyo yiswe ‘Ville Morte’ yateguwe n’ihuriro C-64 ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Congo, badakozwa ibyo kuba Tshisekedi yarenza manda agenerwa n’Itegeko Nshinga rigenderwaho kugeza ubu.

Abari i Kinshasa, bavuga ko ubusanzwe guhera saa cyenda z’ijoro, muri uyu Mujyi ibinyabiziga biba byatangiye kugenda, ariko kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Kamena 2026, hagaragaye imodoka nke cyane.

Nanone kandi kugeza mu gitondo cyo kuri uyu munsi, nta banyeshuri bagaragaye bajya ku mashuri nk’uko bisanzwe, amaduka n’amasoko menshi, biracyafunze.

Nanone kandi uyu mujyi ukunze kugaragaramo urujya n’uruza rw’abantu, muri iki gitondo, ntarwagaragaye nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru ACTUALITE.CD dukesha aya makuru.

Iki kinyamakuru kivuga ko ubusanzwe kuri Kaminuza ya Université de Kinshasa, masaha ya hagati ya saa moya na saa mbiri, hakunze kugaragara urujya n’uruza rwinshi rw’abanyeshuri, ariko kuri uyu wa Gatatu byarinze bigeza saa moya na mirongo itanu (7:50), nta rujya n’uruza rugaragara.

Ni mu gihe umutekano wari wakajijwe bidasanzwe, kuko ku nkengero z’imihanda hagaragaye abapolisi ndetse n’abasirikare barimo n’abo mu itsinda ririnda Umukuru w’Igihugu bacungaga umutekano.

Nanone mu bindi bice byo muri Komini ya Limete bizwiho kugaragaramo urujya n’uruza rwinshi byumwihariko ku mihanda yiritiwe Lumumba, ndetse n’imihanda Poids Lourds, nta bantu benshi bahagaragaye nk’uko bisanzwe.

Umunyamakuru wa kiriya kinyamakuru, yavuze ko aha hantu hazwiho kuba hari abantu benshi, hagaragaye imodoka imwe gusa mu zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ari yo yari iri gukora, mu gihe ziba zihari ari nyinshi mu bihe bisanzwe.

Abari muri uyu mujyi kandi nabo bari kwigengesera, bafite impungenge ko isaha n’isaha, bishobora kuba bibi, hakaduka imyigaragambyo ikomeye y’urubyiruko ruhora rurekereje ngo rwirare mu mihanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + fifteen =

Previous Post

Ubutumwa APR yageneye abakinnyi bayo yemeje ku mugaragaro yo batandukanye

Next Post

Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

Related Posts

Hagati ya America na Iran byongeye gukomera

Hagati ya America na Iran byongeye gukomera

by radiotv10
03/06/2026
0

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America cyatangaje ko cyagabye ibitero cyise ibyo kwirwanaho ku bikorwa bya Iran mu ijoro...

Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

by radiotv10
03/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye ibihano John Imani Nzenze ukuriye ubutasi bwa gisirikare muri M23, na Gustave Kubwayo ubukuriye...

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Next Post
Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hagati ya America na Iran byongeye gukomera

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.