• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa APR yageneye abakinnyi bayo yemeje ku mugaragaro yo batandukanye

radiotv10by radiotv10
03/06/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa APR yageneye abakinnyi bayo yemeje ku mugaragaro yo batandukanye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa APR FC bwemeje ko bwasezereye abakinnyi batatu bose b’abanyamahanga, bunabagenera ubutumwa bwo kubashimira ubwitange, umurava n’ubunyamwuga byabaranze, bunabifuriza ishya n’ihirwe.

Ni ubutumwa bwashyizwe hanze na APR FC kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Kamena nyuma yuko hari hamenyekanye amakuru ko ubuyobozi bw’iyi kipe bwamaze gutandukana n’aba bakinnyi.

Muri ubu butumwa, ubuyobozi bwa APR bugira buti “Turashimira cyane Aliou Souané, Mamadou Sy, na Mahamadou Lamine Bah ku bw’ubwitange, ishyaka, n’ubunyamwuga bagaragaje mu rugendo rwabo na APR FC.”

Ubuyobozi bw’iyi kipe, buvuga ko aba bakinnyi bagaragaje ubuhanga n’imyitwarire iboneye igihe bari bamaze muri iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Buti “Mu gihe cyose bamaze muri APR FC, aba bakinnyi batatu bagaragaje iyo ndangagaciro mu ishema, batanga imbaraga zabo zose mu kibuga no hanze yacyo. Ubwitange bwabo, umwete, kwihangana kwabo, n’imisanzu yabo myinshi byafashije mu gutegura ibihe bitazibagirana bizaguma mu mateka y’ikipe.”

Ubuyobozi bwa APR buvuga ko aba bakinnyi babanye n’iyi kipe, yaba mu bihe byiza ndetse n’ibibi. Buti “Umurimo wabo ukomeye, ubushake bwabo, n’ubwitange bwabo butajegajega byahesheje icyubahiro bagenzi babo, abatoza, abakozi, ndetse n’abafana.”

Ubuyobozi bwa APR kandi bwavuze ko bwifurije ishya n’ihirwe aba bankinnyi batatu mu rugendo rwabo rushya mu mwuga w’umupira w’amaguru no mu makipe bazerecyezamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Eng.-President Kagame says the choice made by Rwanda and France is bearing fruit

Next Post

Uko i Kinshasa muri Congo haramutse ku munsi w’imyigaragambyo idasanzwe yiswe ‘Ville Morte’

Related Posts

Dore abakinnyi babaye aba mbere batandukanye na APR FC umwaka w’imikino ukirangira

Dore abakinnyi babaye aba mbere batandukanye na APR FC umwaka w’imikino ukirangira

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC yahaye abakinnyi batatu amabaruwa yo gutandukana na bo mu buryo bw’ubwumvikane, barimo rutahizamu w’Umunya-Senegal,...

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Next Post
Uko i Kinshasa muri Congo haramutse ku munsi w’imyigaragambyo idasanzwe yiswe ‘Ville Morte’

Uko i Kinshasa muri Congo haramutse ku munsi w’imyigaragambyo idasanzwe yiswe ‘Ville Morte’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hagati ya America na Iran byongeye gukomera

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.