Umuturage wo mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wari wasanganywe indwara ya Ebola, yasezerewe ava mu Bitaro nyuma yo gukira, abaturanyi be basabwa kumwakira neza bakamwisanzuraho ntibamwishishe.
Uyu murwayi yasezerewe kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Kamena 2026 nk’uko byatangajwe n’inzego zishinzwe ubuzima mu bice byabohowe n’Ihuriro AFC/M23.
Izi nzego zivuga ko “Umurwayi wari warajyanywe mu bitaro bya Heal Africa kubera indwara ya Ebola, yasezerewe ku wa Gatatu tariki ya 3 Kamena 2026.”
Dr. Biya Kizinkiko, Umuyobozi ushinzwe Ubuzima ku Rwego rw’Intara ya Kivu ya Ruguru, yatangaje ko uyu murwayi yasezerewe nyuma yuko ibizamini bigaragaje ko mu mubiri we hatakirimo ubwandu bw’iki cyorezo gikomeje guca ibintu mu Burasirazuba bwa DRC.
Yagize ati “Ibizamini biri gufatw amuri iki gihe, byagaragaje ko ari muzima. Bivuze ko atakirwaye, rero ni yo mpamvu dusaba umuryango mugari kumwakira neza nk’abandi bantu bose basanzwe, ntabwo ari umuntu uteye impungenge mu muryango mugari, ubu arisanzuye ashobora gukora imirimo yose nk’abandi bose.”
Uyu muyobozi avuga ko kugeza ubu mu bice byabohowe na AFC/M23 hari hagaragaye umurwayi umwe wa Ebola, none na we akaba akize, ubu kugeza ubu ntawundi bafite.
Yavuze ko ariko hakomeje gushyirwa imbaraga mu bikorwa by’ubugenzuzi bwo kwirinda iyi ndwara no gukumira ko ihagera, kandi ko hariho ingamba zafasha inzego kugira uko zibyitwaramo mu gihe hari abarwayi baba bagaragaye.
Ati “Igisigaye ubu ni ubugenzuzi ko hari uwakwinjiza iyi ndwara muri uyu mujyi wa Goma, ayikuye mu yindi ihana imbibi na wo irimo iyi ndwara.”
Iki gikorwa cyo gusezerera uriya murwayi kandi cyanitabiriwe n’abaturage bo muri uyu Mujyi wa Goma, barimo abo mu muryango w’uyu wari warwaye iyi ndwara, wishimiye kuba umuntu wabo akize iyi ndwara ubundi idakunze gukirwa n’uwo yafashe, dore ko igipimo cyo kwica kwayo kiri kuri 50%.
RADIOTV10





