Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Bugarama bafite imitungo yangijwe n’ikorwa ry’umuhanda wa Rusizi-Bugarama baravuga ko bafite impungenge zo kuzasiragira ku ngurane babariwe ariko imirimo igakorwa batarishyurwa naho ubuyobozi bw’akarere bukavuga ko bazishyurwa umwaka w’ingengo y’imari utaha.
Icyo aba baturage bahurizaho ni ukwishimira ko uyu muhanda wari warangiritse bikomeye watangiye gukorwa kuri ubu bikaba byaratangiye koroshya ingendo hagati y’umujyi wa Rusizi n’isantere ya Bugarama, icyakora ku rundi ruhande hakagira abagaragaza ikibazo cyo kuba bari mu gihirahiro ku mitungo babariwe batarishyurwa.
Hitimana Felix wari ufite imyaka irimo ibigori n’ibiti by’indimu agira ati “ Twishimira ko umuhanda uri gukorwa, ni byiza biratujyana mu mujyambere. Ariko ikibazo ni uko bari kuturandurira imyaka batatwishyura. Bafashe ahantu hangana na metero enye harimo ibigori,amateke n’ibiti bibiri by’indimu”.
Nyaminani Aphrodis nawe ati “Ikibazo ni uko batari kwishyira ibintu byangijwe. Barabibariye ariko nta n’umwe bari kwishyura kandi bari kubirandura ”.
Aba baturage bagaragaza impungenge z’uko bashobora kuzasigara mu rusiragiro nyuma y’ikorwa ry’umuhanda, basaba ko bakwishyurwa hakiri kare kugira ngo ingurane ku myaka yabo izibe icyuho bibarinde kujya mu bihombo.
Hitimana Felix ati “ Barabaze, ariko dufite impungenge zo kutishyurwa imirimo igikorwa. Dufite impungenge ko bayirangiza bataratwishyura kandi tutazi aho kubariza”.
Kuri iki kibazo, umuyobozi w’akarere ka Rusizi Phanuel Sindayiheba amara impungenge aba baturage avuga ko ubuyobozi buri kubikurikirana kandi ko abujije ibyangombwa mu gihe kidatinze batangira kwishyurwa.
Meya agira ati “Imitungo y’abaturage bose igera kuri 600 izakorwaho n’umuhanda Rusizi Bugarama yarabaruwe, Ihabwa agaciro ku buryo bwumvikanyweho. Dosiye zisaba kwishyurwa nazo zarakozwe ku buryo bidatinze abujuje ibyangombwa baratangira kwishyurwa mu gihe abandi bafashwa kuzuza ibibura. Ntibagire impungenge, ubuyobozi turabikurikirana cyane”.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bukomeza buvuga ko aba baturage bazishyurwa mu ngengo y’imari ya 2026-2027 igomba gutangirana na Nyakanga 2026.
Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10






