• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
09/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko uyu Mukuru w’Igihugu agomba kurekera kuyobora iki Gihugu ubwo manda yemerewe ziza zirangiye, akajya kuba Umusenateri uhoraho.

Moïse Katumbi yabitangaje mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakomeje umugambi wo gushaka guhindura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu ngo bizacire inzira Tshisekedi kuzongera kwiyamamaza mu matora ya 2028.

Katumbi uri mu banyapolitiki bakomeje kwamagana uyu mugambi wa Tshisekedi ndetse akaba ari umwe mu bashishikariza abantu gukora imyigaragambyo yo kuwamagana, avuga ko kwamagana uyu mugambi byatangiriye ku myigaragambyo, kandi ko ntacyabahagarika kabone nubwo byasaba ibitambo bikomeye.

Ati “Tuzakomeza gukora imyigaragambyo niba Perezida Tshisekedi afite umugambi wi kwica, nk’uko yishe Kapangala, nk’uko bishe abandi benshi, kandi igihe kizagera abiryozwe.”

Uyu munyapolitiki akomeza agira inama Tshisekedi ati “Akwiye kuva ku butegetsi, ntabwo dushaka gukomeza kubona amaraso mu biganza bye, kuko uko agenda yica abantu, bizagenda bimusigira ibizinga byinshi.”

Katumbi yakomeje agira ati “Nongeye kugira inama Perezida Tshisekedi, yaravuze ko ‘igihe abaturage bazabinsaba, nzaguma ku butegetsi’, rero abaturage bavuze ngo oya, Perezida Tshisekedi, tugomba gutandukana mu mahoro, jyenda ukomeze kuba uwabaye Perezida, ashobora kuba Senateri uhoraho.”

Uyu munyapolitiki yasabye Tshisekedi kudakomeza kumva inama z’abamushuka kuko, abazimugira ari kimwe n’ubundi n’abazigiriye Kabila mu bihe byatambutse.

Moïse Katumbi ni umwe mu banyapolitiki bakomeye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, wanahatanye na Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka, yabaye mu mpera za 2023, akaba yaranaje amukurikira mu majwi, aho yagize 18,32% mu gihe Tshisekedi we yari yagize 73,47%.

Moise Katumbi
Felix Tshisekedi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 9 =

Previous Post

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu gishya kigiye gushyirwaho mu Rwanda cy’Ubwenge Buhangano

Next Post

Umuhanzi Yampano yafatiwe icyemezo cyo gufungwa iminsi 30

Related Posts

Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

by radiotv10
09/06/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Iran rivuga ko Leta Zunze Ubumwe za America zakuyeho uburyo bwo kubona amatike y'imikino y'igikombe cy'isi...

Colonel mu gisirikare cya Congo yakatiwe igihano cy’urupfu

Colonel mu gisirikare cya Congo yakatiwe igihano cy’urupfu

by radiotv10
09/06/2026
0

Umusirikare ufite ipeti rya Colonel mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakatiwe igihano cy’urupfu, ahamijwe kugira uruhare mu...

Uganda yasabwe kongera gusuzumana ubushishozi icyemezo yafashe cyo gufunga umupaka uyiguza na Congo

Uganda yasabwe kongera gusuzumana ubushishozi icyemezo yafashe cyo gufunga umupaka uyiguza na Congo

by radiotv10
09/06/2026
0

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yasabye Uganda kongera gusuzuma icyemezo cyo gufunga...

AMAKURU MASHYA: AFC/M23 yashyizeho abayobozi b’inzego mu bice byabohowe barimo Ngabo Désiré wagizwe Mayor wa Goma

AMAKURU MASHYA: AFC/M23 yashyizeho abayobozi b’inzego mu bice byabohowe barimo Ngabo Désiré wagizwe Mayor wa Goma

by radiotv10
08/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryashyizeho Abayobozi b’inzego z’ibanze mu bice byabohowe, barimo Kisuba Ngabo...

BREAKING: Umutingito ufite imbaraga wibasiye Igihugu cya Philippines hatangwa umuburo w’igishobora gukurikira

BREAKING: Umutingito ufite imbaraga wibasiye Igihugu cya Philippines hatangwa umuburo w’igishobora gukurikira

by radiotv10
08/06/2026
0

Umutingito uri ku gipimo cya 7.8 wibasiye ibice byo mu majyepfo ya Philippines, bituma habaho umuburo ko hashobora kwaduka inkubi...

Next Post
Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Umuhanzi Yampano yafatiwe icyemezo cyo gufungwa iminsi 30

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzi Yampano yafatiwe icyemezo cyo gufungwa iminsi 30

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu gishya kigiye gushyirwaho mu Rwanda cy’Ubwenge Buhangano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.