• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mbere yuko ‘Yampano’ afungwa byamenyekanye ko umuryango wari winjiye mu bibazo bye n’umukunzi we

radiotv10by radiotv10
10/06/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Mbere yuko ‘Yampano’ afungwa byamenyekanye ko umuryango wari winjiye mu bibazo bye n’umukunzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi wa Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, avuga ko mbere yuko umuhungu we afungwa kubera gukekwaho ibyaha birimo ibifitanye isano n’amakimbirane yagiranaga n’umukunzi we babana nk’umugore n’umugabo, umuryango wari wabanje kubaganiriza ukabunga ndetse bakiyemeza kubanirana neza, ariko bidateye kabiri, bumva byageze mu butabera.

Nsengiyumva Zaburoni, umubyeyi w’uyu muhanzi, yatangaje ibi mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel yitwa Urugendo TV, nyuma yuko umuhungu we afatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, gishingiye ku mpamvu zikomeye zagaragaye zituma uregwa [Yampano] akekwaho gukora bimwe mu byaha aregwa, byumwihariko icyaha cyo Gukubita no gukomeretsa ku bushake, icyo gukoresha ibiyobyabwenge ndetse n’icyo kwangiza ikintu cy’undi.

Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa kiri mu byashingiweho nk’impamvu ikomeye yatumye uyu muhanzi afatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, yagikoreye umukunze we uzwi nka Vava, banabana nk’umugore n’umugabo batarasezeranye.

Umuhanzi Yampano n’umukunzi we babana

Umuryango wari winjiye mu bibazo byabo

Nsengiyumva Zaburoni, umubyeyi wa Yampano, avuga ko ubwo mu rugo rw’umuhungu we hazagamo amakimbirane, yabimubwiye, ndetse na we afatanyije n’umugore we [Nyina wa Yampano] ndetse n’uwo yise umuterankunga wa Yampano, bicaje uyu muhanzi n’umukunzi we bakabaganiriza.

Ati “Twageze mu rugo batubwira ikibazo cyabo, turabaganiriza, tubabwira uburyo bagomba kubana neza, uburyo bagomba kujya bihanganirana kuko ntabwo dutuye mu Ijuru dutuye mu Isi.”

Uyu mubyeyi avuga ko icyo gihe batashye bazi ko ibibazo bikemutse “ariko nyuma yaho n’ubundi ntabwo byaje kuba byiza, ni bwo numvise ko umudamu yagiye kumurega muri RIB, ubwo rero twumva ko ibyo twabaganirije ntabwo yabihaye agaciro.”

Uyu mubyeyi avuga ko ubwo baganirizaga Yampano n’umukunzi we, yamushinjaga imyifatire mibi, avuga ko “umugore we arara mu kabari, agenda atamubwiye aho agiye.”

Umugore we na we yari afite ibyo ashinja umugabo we, avuga ko “akunda kuvuga nabi, umugabo na we akatubwira ati ‘nawe uvugira hejuru iyo mvuze, ntujya wihangana’.”

Avuga ko icyo gihe baganirije aba bombi, bakabasiga biyunze ndetse biyemeje kubanirana neza, umwe akemera guca bugufi no kubaha mugenzi we.

Uyu mubyeyi wa Yampano, avuga ko ifungwa ry’umuhungu we rimuteye impungenge kuko ari we wari ugize umuryango wabo, ari na we wabafashaga mu mibereho, akaboneraho kumusabira imbabazi.

Umuhanzi Yampano
Umubyeyi wa Yampano yavuze ko bari bagerageje kubunga ariko biba iby’ubusa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + ten =

Previous Post

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Umuhanzi Yampano yafatiwe icyemezo cyo gufungwa iminsi 30

by radiotv10
09/06/2026
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano ukurikiranyweho ibyaha birimo...

Hakomeje kugaragazwa agahinda k’urupfu rw’umuhanzi mpuzamahanga wishwe atewe icyuma

Hakomeje kugaragazwa agahinda k’urupfu rw’umuhanzi mpuzamahanga wishwe atewe icyuma

by radiotv10
09/06/2026
0

Abahanzi n'abakunzi b'umuziki hirya no hino ku isi bakomeje kunamira no kwibuka umuhanga mu kwandika indirimbo no kuririmba, Mark Orabiyi,...

Umukobwa washyizwe hanze mu mashusho y’ibiterasoni akomeje guteza impaka muri Uganda asohoye itangazo riyavugaho

Umukobwa washyizwe hanze mu mashusho y’ibiterasoni akomeje guteza impaka muri Uganda asohoye itangazo riyavugaho

by radiotv10
09/06/2026
0

Kisitu Kirabo usanzwe ari umunyamideri unazwi ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, yiseguye ku babonye amashusho ye y’urukozasoni, n’abagizweho ingaruka na...

Umuhanzi Nyarwanda Platini ari mu Bitaro

Umuhanzi Nyarwanda Platini ari mu Bitaro

by radiotv10
08/06/2026
0

Umuhanzi Nemeye Platini P. arwariye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, nyuma yo gufatwa n’uburwayi, akabanza kubusuzugura, yajya...

Itariki Bamporiki azasubirira imbere y’Urukiko yamenyekanye

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yababajwe n’urupfu rw’umukinnyi w’ikinamico banakinanye witabye Imana

by radiotv10
08/06/2026
0

Bamporiki Edouard wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda zirimo na Guverinoma, yababajwe n’urupfu rwa Nyirabagande Drocelle Fridaus wamenyekanye nka ‘Langwida'...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Mbere yuko ‘Yampano’ afungwa byamenyekanye ko umuryango wari winjiye mu bibazo bye n’umukunzi we

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.