Colonel Makelele wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ukuriye Ingabo mu gace ka Baraka mu Ntara ya Kivu y’Epfo, byavugwaga ko yapfuye nyuma yo kwiyahura yirashe, biremezwa ko akiri muzima.
Amakuru yabanje gutangazwa n’ibinyamkuru binyuranye, yavugaga ko uyu musirikare yapfuye yirashe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri muri hoteli mu mujyi wa Baraka.
Byavugwaga ko uyu musirikare w’Umwofisiye mukuru yaba yafashe icyemezo cyo kwiyambura ubuzima, nyuma yuko atumijwe i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa DRC, kugira ngo ajye kwisobanura ku iperereza ari gukorwaho.
Amakuru avuga ko ari gukorwaho iperereza ku bikorwa bikomeye by’umutekano w’Igihugu akekwaho, birimo gutanga amakuru ku mwanzi mu bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Gusa amakuru yagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kamena 2026, avuga ko Colonel Makelele, akiri muzima, ahubwo ko arwariye mu bitaro bya Baraka nyuma yo kwirasa.
Ikinyamakuru Kivu Morning Post dukesha aya makuru, kuri uyu wa Gatatu, cyavuze ko “Colonel Makelele, Komanda wa FARDC mu bice bya Fizi na Mukera, mu Ntara ya Kivu y’Epfo, byari byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kamena 2026 ko yapfuye, ni muzima, arwariye mu Bitaro bya Baraka.”
Iki kinyamakuru kivuga ko uyu musirikare w’Umwofisiye yajyanywe igitaraganya muri biriya Bitaro kugira ngo ubuzima bwe butabarwe nyuma yuko bwari hagati y’urupfu n’umupfumu ubwo yasangwaga yamaze kwirasa.

RADIOTV10






