• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Colonel muri FARDC byavugwaga ko yirashe agapfa byemejwe ko akiri muzima

radiotv10by radiotv10
10/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Colonel muri FARDC byavugwaga ko yirashe agapfa byemejwe ko akiri muzima
Share on FacebookShare on Twitter

Colonel Makelele wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ukuriye Ingabo mu gace ka Baraka mu Ntara ya Kivu y’Epfo, byavugwaga ko yapfuye nyuma yo kwiyahura yirashe, biremezwa ko akiri muzima.

Amakuru yabanje gutangazwa n’ibinyamkuru binyuranye, yavugaga ko uyu musirikare yapfuye yirashe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri muri hoteli mu mujyi wa Baraka.

Byavugwaga ko uyu musirikare w’Umwofisiye mukuru yaba yafashe icyemezo cyo kwiyambura ubuzima, nyuma yuko atumijwe i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa DRC, kugira ngo ajye kwisobanura ku iperereza ari gukorwaho.

Amakuru avuga ko ari gukorwaho iperereza ku bikorwa bikomeye by’umutekano w’Igihugu akekwaho, birimo gutanga amakuru ku mwanzi mu bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Gusa amakuru yagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kamena 2026, avuga ko Colonel Makelele, akiri muzima, ahubwo ko arwariye mu bitaro bya Baraka nyuma yo kwirasa.

Ikinyamakuru Kivu Morning Post dukesha aya makuru, kuri uyu wa Gatatu, cyavuze ko “Colonel Makelele, Komanda wa FARDC mu bice bya Fizi na Mukera, mu Ntara ya Kivu y’Epfo, byari byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Kamena 2026 ko yapfuye, ni muzima, arwariye mu Bitaro bya Baraka.”

Iki kinyamakuru kivuga ko uyu musirikare w’Umwofisiye yajyanywe igitaraganya muri biriya Bitaro kugira ngo ubuzima bwe butabarwe nyuma yuko bwari hagati y’urupfu n’umupfumu ubwo yasangwaga yamaze kwirasa.

Colonel Makelele byavugwaga ko yapfuye, arwariye mu Bitaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + eight =

Previous Post

Abaturiye umuhanda wagaragayemo umurambo w’umugabo bakeka ko yishwe

Next Post

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

Related Posts

Umupilote yatahuweho kumara imyaka 17 atwara indege atagira uruhushya

Umupilote yatahuweho kumara imyaka 17 atwara indege atagira uruhushya

by radiotv10
10/06/2026
0

Uwari umupilote wa Sosiyete y’Indege ya Canada (Air Canada), yatawe muri yombi nyuma yo gutahurwaho kutagira uruhushya rumwerera gutwara indege...

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

by radiotv10
10/06/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, bwavuze ko bwangiye Umusifuzi w’Umunya-Somalia kwinjira muri iki Gihugu ku mpamvu z’impungenge z’umutekano...

Imyigaragambyo muri Kenya yakajije umurego bamwe batangira no kuyisigamo ubuzima

Imyigaragambyo muri Kenya yakajije umurego bamwe batangira no kuyisigamo ubuzima

by radiotv10
10/06/2026
0

Abantu babiri bishwe barashwe mu mujyi wa Nanyuki muri Kenya mu gihe habaga imyigaragambyo yamaganaga umugambi wa Leta Zunze Ubumwe...

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

by radiotv10
09/06/2026
0

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko uyu Mukuru...

Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

by radiotv10
09/06/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Iran rivuga ko Leta Zunze Ubumwe za America zakuyeho uburyo bwo kubona amatike y'imikino y'igikombe cy'isi...

Next Post
APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w'Umunya-Chad

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umupilote yatahuweho kumara imyaka 17 atwara indege atagira uruhushya

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.