• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikirego kiregwamo umunyamategeko kwita inyito idakwiye ufite ubumuga bw’ubugufi cyazamuwe ku rundi rwego

radiotv10by radiotv10
12/06/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Imiterere y’ikirego kiregwamo umunyamategeko ushinjwa gukoresha imvugo yaciwe mu mivugire mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwari rwakiriye ikirego kiregwamo Umunyametegeko uregwa ibishingiye ku kwita ‘Igikuri’ ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije; rwanzuye ko rudafite ububasha bwo kuburanisha iki kirego, kuko icyaha gishinjwa uyu munyamategeko, ari icy’ivangura kikaba ari icyaha gikomeye rudafiteho ububasha.

Ni nyuma yuko uru Rukiko rwari rwakiriye ikirego cy’Ubushinjacyaha buregamo Me Munyakaragwe Aline usanzwe akora n’inshingano zo kuba ari Umuhesha w’Inkiko w’Umwuga.

Muri uru rubanza rwari rwaburanishijwe tariki 25 Gicurasi 2026, harimo n’uregera indishyi, ari we Ingabire Nelly wiswe ririya zina ry’Igikuri ryaciwe mu nyito zikoreshwa mu Rwanda. Aregera indishyi ya miliyoni 10 Frw.

Muri uru rubanza, Ubushinjacyaha bwaregaga uriya munyamategeko icyaha cyo gutukana mu ruhame, aho yise uwitwa Ingabire Nelly, izina ry’Igikuri.

Uwareze ashinja uyu Munyamategeko kumutesha agaciro no kumukorera ivangura kubera kumwita ririya zina kubera imiterere ye.

Mu iburanisha, Ubushinjacyaha bwavugaga ko ririya jambo ryakoreshejwe n’uyu munyamategeko bwa mbere aryita uwatanze ikirego ubwo yari ari kurangiza urubanza.

Urwo rubanza, ni urwo umuryango w’uwareze (Ingabire) wasabwaga gushyira mu bikorwa icyemezo kijyanye n’izungura ry’abawugize, aho uyu muhesha w’Inkiko Me Munyakaragwe yari mu rugo rw’ahari uwo mutungo, agahamagara Umuyobozi w’Umudugudu amurangira aho yari ari akamubwira ati “Ndi kwa cya gikuri cy’igikire.”

Iyi mvugo kandi ngo yongeye kuyisubiramo noneho bwo ayivugira mu ruhame ku Rukiko, ubwo haburanishwaga ikirego kuri cyamunara itari yubahirijwe.

Urega (Ingabire) yavuze ko icyo gihe uyu munyamategeko na bwo yongeye kumwita ‘Igikuri’, kandi ko yagaragazaga ko atabyishimiye, ndese iri zina yamwitaga ryamugizeho ingaruka mu buryo bw’amarangamutima n’imitekerereze.

Uyu munyamategeko uregwa, ubwo yabazwaga niba iri jambo aregwa yararivuze koko, yarabihakanye, avuga ko atigeze yita uriya wareze iryo zina.

 

Dosuye yafashe indi sura

Mu gusoma icyemezo cyarwo kuri uyu wa Kane tariki 11 Kamena 2026, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwari rwaburanishije iki kirego, rwanzuye ko inyito yahawe kiriya cyaha rwaregewe y’icyaha cyo gutukana mu ruhame, atari yo, ahubwo ko uregwa yakoze icyaha cy’ivangura.

Uru rukiko ruri ku rwego rw’Ibanze, rwanzuye ko rwiyambura ububasha, kuko iki cyaha kitari mu by’urwego ruburanisha, kuko ari icyaha gikomeye, kiburanishirizwa mu Nkiko zo ku Rwego Rwisumbuye.

Uru Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rwanzuye ko iki kirego cyoherezwa mu Rukiko Rwisumbuye, akaba ari rwo ruzaruburanisha mu mizi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 5 =

Previous Post

U Rwanda rwavuze kuri raporo ya HRW yongeye kurushinja ibinyoma ishyira hamwe RDF na AFC/M23

Next Post

Abacancuro bafasha FARDC bongeye kuvugwa mu mirwano yakajije umurego muri Congo

Related Posts

Hatangajwe ikizakoreshwa miliyoni 100$ muri 250 u Rwanda ruherutse guhangwa nk’inguzanyo

Hatangajwe ikizakoreshwa miliyoni 100$ muri 250 u Rwanda ruherutse guhangwa nk’inguzanyo

by radiotv10
12/06/2026
0

Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa yatangaje ko muri Miliyoni 250 USD u Rwanda ruherutse guhabwa nk'inguzanyo n'Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF),...

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

U Rwanda rwavuze kuri raporo ya HRW yongeye kurushinja ibinyoma ishyira hamwe RDF na AFC/M23

by radiotv10
12/06/2026
0

Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo yavuze ko ibirego by'ibinyoma Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu HRW wakunze gushinja u Rwanda atari...

Umugabo yaguwe gitumo ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe ku manywa y’ihangu

Umugabo yaguwe gitumo ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe ku manywa y’ihangu

by radiotv10
11/06/2026
1

Mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi, haravugwa umugabo waguwe gitumo n’abitambukiraga ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu...

Umwe mu Badepite mu Nteko y’u Rwanda yeguye

Umwe mu Badepite mu Nteko y’u Rwanda yeguye

by radiotv10
11/06/2026
0

Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w'Abadepite, yatangajwe ko Perezida wayo yakiriye ibaruwa y'ubwegure bwa Icyitegetse Venuste wari Umudepite, weguye ku mpamvu...

Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Col.(Rtd) Ruhunga Jeannot wayoboye RIB mu bayobozi bahawe inshingano

Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Col.(Rtd) Ruhunga Jeannot wayoboye RIB mu bayobozi bahawe inshingano

by radiotv10
11/06/2026
0

Perezida wa Repubulika yashyize mu myanya abayobozi banyuranye, barimo Lt Gen (Rtd) Karenzi Karake wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa,...

Next Post
Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo

Abacancuro bafasha FARDC bongeye kuvugwa mu mirwano yakajije umurego muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe ikizakoreshwa miliyoni 100$ muri 250 u Rwanda ruherutse guhangwa nk’inguzanyo

Abacancuro bafasha FARDC bongeye kuvugwa mu mirwano yakajije umurego muri Congo

Ikirego kiregwamo umunyamategeko kwita inyito idakwiye ufite ubumuga bw’ubugufi cyazamuwe ku rundi rwego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.