• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuyobozi w’ishuri yirukaniwe kwicisha inzara abanyeshuri kandi ‘stock’ irimo ibiryo

radiotv10by radiotv10
17/06/2026
in MU RWANDA
0
Umuyobozi w’ishuri yirukaniwe kwicisha inzara abanyeshuri kandi ‘stock’ irimo ibiryo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwirukanye Umuyobozi w’Ishuri Ribanza rya Gashirabwoba ryo mu Murenge wa Bushenge, kubera kwicisha inzara abanyeshuri, kuko batatekewe mu minsi yose bakozemo ikizamini cy’igihembwe, kandi mu bubiko harimo ibiribwa.

Iki cyemezo cyafashwe na Komite Nyobozi y’Akarere ka Nyamasheke nk’uko tubikesha ibaruwa yirukana uyu muyobozi w’Ishuri yashyizweho umukono n’Umuyobozi w’Akarere, Mupenzi Narcisse.

Uyu muyobozi w’ishuri witwa Harerimana Marc, yirukanywe kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Kamena 2026, nyuma yuko hateranye inama ya Komite Nyobozi y’Akarere yabaye ku ya 10 Kamena 2026.

Iyi baruwa y’Umuyobozi w’Akarere yirukana diregiteri w’ishuri, atangira agaragaza iteka rya Minisitiri w’Intebe N° 033/03 ryo ku wa 12/11/2024 rishyiraho sitati yihariye igenga abakozi b’amashori y’uburezi bw’ibanze.

Avuga ko “mu ngingo yaryo ya 67 igika cya mbere giteganya ko umukozi ahanishwa igihano syo kwirukanwa ku kazi iyo: yicishije abanyeshuri inzara, adashyira mu bikorwa amabwiriza cyangwa ibyemezo byatanzwe na Minisiteri ifite uburezi mu nshingane.”

Umuyobozi w’Akarere kandi, muri iyi baruwa avuga ko yandikiye uyu muyobozi tariki 14 Mata 2026 amusaba ibisobanuro kuri ariya makosa yakekwagaho gukora.

Ati “Nshingiye ku cyifuzo-nama nahawe n’abagize akanama gashinzwe gukurikirana amakosa yo mu rwego rw’akazi ko ku rwego rw’ Akarere;

Nshingiye ku mwanzuro wo ku wa 10/06/2026 wa Komite Nyobozi y’Akarere ka Nyamasheke; Nkwandikiye nkumenyesha ko kuva ku wa 16/06/2026 wirukanwe ku kazi kubera ko wakoze amakosa yavuzwe haruguru bigateza ingaruka ku myigire y’abanyeshuri.”

Umuyobozi w’Akarere yavuze kandi ko uyu diregiteri yicishije abanyeshuri inzara kandi stock irimo ibiribwa byo guteka iminsi yose y’ikizamini gizoza igihembwe cya kabiri 2025/2026 igashira nta munyeshuri n’umwe ofatiye ifunguro ku ishuri.

Harerimana Marc wirukanywe ku nshingano z’ubuyobozi bw’ishuri, yasabwe kandi kugenda akoreye ihererekanyabubasha n’uwitwa NZABONIMANA Fidele uzamusimbura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 4 =

Previous Post

Eng.-President Kagame appoints new RDF Spokesperson

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Umuvugizi mushya wa RDF

Related Posts

U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Umuvugizi mushya wa RDF

by radiotv10
17/06/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yashyizeho Brigadier General Patrick Karuretwa nk’Umuvugizi wa RDF, asimbura...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Umuvugizi mushya wa RDF

Eng.-President Kagame appoints new RDF Spokesperson

by radiotv10
17/06/2026
0

The President of the Republic, Paul Kagame, who is also the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has appointed Brigadier...

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

by radiotv10
17/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yafashe abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bigamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage, birimo...

Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye

U Rwanda ruraha icyizere cy’ijana ku ijana abazarusura ko batazahura na Ebola

by radiotv10
17/06/2026
0

Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko igihe cyose hagiye haduka icyorezo cya Ebola mu Bihugu bikikije u Rwanda, iki...

Nyaruguru: Bemerewe inkunga nyuma yo kwangirizwa n’ibiza bikomeye none baheruka babarurwa

Nyaruguru: Bemerewe inkunga nyuma yo kwangirizwa n’ibiza bikomeye none baheruka babarurwa

by radiotv10
17/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Munini, Akarere ka Nyaruguru, bavuga ko bafite ikibazo cy’ubukene buturuka ku ngaruka z’ibiza...

Next Post
U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Umuvugizi mushya wa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Umuvugizi mushya wa RDF

Umuyobozi w’ishuri yirukaniwe kwicisha inzara abanyeshuri kandi ‘stock’ irimo ibiryo

Eng.-President Kagame appoints new RDF Spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.