• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda ruraha icyizere cy’ijana ku ijana abazarusura ko batazahura na Ebola

radiotv10by radiotv10
17/06/2026
in MU RWANDA
0
Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko igihe cyose hagiye haduka icyorezo cya Ebola mu Bihugu bikikije u Rwanda, iki Gihugu cyagiye gishyiraho ingamba zo kugira ngo kitakigeramo, ari na ko cyabikoze ubu, akizeza abazagenderera u Rwanda ko bazaza bagasubira iwabo ntaho bahuriye n’iki cyorezo.

Ni nyuma y’iminsi 30 hatangajwe icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse kikaba gikomeje kugaragara muri iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda no muri Uganda, na yo yegeranye n’iki Gihugu.

Guverinoma y’u Rwanda yongeye kwizeza Abaturarwanda ko nubwo iki cyorezo cyagaragaye mu Bihugu by’ibituranyi, ariko kitaragera mu Rwanda.

Mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Kabiri, Guverinoma ivuga ko “inzego z’ubuzima mu Rwanda zikomeje gukurikiranira hafi uko gihagaze no gukomeza ingamba zo kucyirinda. Kugeza ubu, nta murwayi wa Ebola uri mu Rwanda no mu duce bihana imbibi.”

Guverinoma yakomeje igira iti “Nubwo ibyago by’uko iki cyorezo cyagera mu Rwanda biri hasi, dukomeje kuba maso no kongera imbaraga mu bikorwa byo gutahura byihuse aho icyorezo cyamenera hose.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko igihe cyose u Rwanda rugenda rwongera imbaraga mu ngamba zarwo zo gukumira ko iki cyorezo cya Ebola kigera mu Rwanda, bityo ko abazasura iki Gihugu bakwiye kukizamo bafite icyizere gihagije ko ntaho bazahurira n’iki cyorezo.

Ati “Ni na byo turi gukora muri iki gihe. Nuramuka uje mu Rwanda uyu munsi, turakwizeza ijana ku ijana ko uzaba utekanye, nta Ebola ihari, kandi uburyo bwose burahari bwo gutuma wishimira ibihe uzahagirira ukanasubira iwanyu amahoro.”

Yavuze kandi ko n’abanyamahanga basanzwe bafite ibikorwa by’ubucuruzi byabo mu Rwanda, na bo bizezwa ko ntaho bazahurira na Ebola kuko hashyizweho ingamba zo kugikumira, ndetse n’izo kugira icyakorwa mu gihe haba hagaragaye iyi ndwara kugira ngo idakwirakwira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + sixteen =

Previous Post

Eng.-Rwanda assures 100% confidence to visitors that they will not encounter Ebola

Next Post

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

Related Posts

Nyaruguru: Bemerewe inkunga nyuma yo kwangirizwa n’ibiza bikomeye none baheruka babarurwa

Nyaruguru: Bemerewe inkunga nyuma yo kwangirizwa n’ibiza bikomeye none baheruka babarurwa

by radiotv10
17/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Munini, Akarere ka Nyaruguru, bavuga ko bafite ikibazo cy’ubukene buturuka ku ngaruka z’ibiza...

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

by radiotv10
17/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yafashe abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bigamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage, birimo...

Eng.-Rwanda assures 100% confidence to visitors that they will not encounter Ebola

Eng.-Rwanda assures 100% confidence to visitors that they will not encounter Ebola

by radiotv10
17/06/2026
0

The Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has said that whenever an Ebola outbreak emerges in countries neighboring Rwanda, the...

Abo mu Mudugudu wapfushije abantu batandatu muri Nyabihu baravuga ko ari ishyano ryabagwiririye

Abo mu Mudugudu wapfushije abantu batandatu muri Nyabihu baravuga ko ari ishyano ryabagwiririye

by radiotv10
16/06/2026
0

Abaturage bo mu Kagari ka Arusha, Umurenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu baravuga ko bashenguwe n’impfu z’abantu batandatu bikekwa...

Huye: Bavuze ko umwaka bamaze badafite umuyobozi w’Akagari wababereye uw’ibibazo

Huye: Bavuze ko umwaka bamaze badafite umuyobozi w’Akagari wababereye uw’ibibazo

by radiotv10
16/06/2026
0

Abaturage bo mu Kagari ka Buvumu, Umurenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze hafi umwaka badafite Umunyamabanga...

Next Post
Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Nyaruguru: Bemerewe inkunga nyuma yo kwangirizwa n’ibiza bikomeye none baheruka babarurwa

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

Nyamagabe: Abagabo batanu bakekwaho kwishora mu bikorwa bigayitse bafashwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.