• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDB yatanze umuburo ku butekamutwe bwadutse bw’abayiyitirira inahishura amayeri bakoresha

radiotv10by radiotv10
23/06/2026
in MU RWANDA
0
RDB yatanze umuburo ku butekamutwe bwadutse bw’abayiyitirira inahishura amayeri bakoresha
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bari kwiyitirira ko ari abakozi barwo bagamije inyungu zabo bwite cyangwa iz’amafaranga, bityo ko abaturage bakwiye kugira amakenga ku babahamagara babizeza ibirimo ubufasha mu ngendo mpuzamahanga cyangwa kubona Visa.

Uyu muburo ukubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na RDB kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kamena 2026 rifite umutwe ugira uti “Mwirinde abantu biyitirira abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’ Iterambere (RDB).”

Uru rwego vuga ko hari abantu birwiyitirira bagamije inyungu zabo bwite cyangwa iz’amafaranga, barimo abavuga ko “batanga amahirwe y’inkunga, ubufasha mu ngendo mpuzamahanga, cyangwa kwihutisha itangwa rya pasiporo, visa n’izindi nyandiko, bakanasaba abantu kwishyura amafaranga mu buryo bwihuse.”

RDB yaboneyeho kwibutsa ko mu mikorere yayo idasaba abaturage kwishyura serivisi binyuze kuri telefoni cyangwa izindi nzira zitemewe, kuko itumanaho ryose ryayo rinyura mu nzira zayo zemewe, kandi amafaranga yose ya serivisi yishyurwa gusa hakoreshejwe uburyo bwemewe na Leta.

Uru rwego rukomeza rutanga inama, ruvuga ruti “Itondere, ugire amakenga ku bahamagara kuri telefoni n’ubundi butumwa, cyane cyane abakwaka amafaranga byihutirwa cyangwa bakakwizeza amahirwe yihariye.”

Nanone kandi isaba abantu kugenzura umwirondoro n’ukuri kw’ibitangazwa n’abiyitirira RDB mbere yo gusubiza no kugira icyo bafataho umwanzuro.

Muri iri tangazo kandi RDB yasabye abantu kumenyesha uru rwego cyangwa inzego z’umutekano zibifitiye ububasha amakuru ajyanye n’abahamagara cyangwa abohereza ubutumwa bugufi bijyanye n’ubu buriganya.

Uru rwego kandi rwashyuzeho umurongo utishyurwa, abantu bashobora guhamagara bagaragaza iby’ubu buriganya, ari yo 1415 cyangwa banyuza ubutumwa kuri imeli ya info@rdb.rw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eight =

Previous Post

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB byasaniye inzu binagabira abatishoboye barokotse Jenoside

Related Posts

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB byasaniye inzu binagabira abatishoboye barokotse Jenoside

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB byasaniye inzu binagabira abatishoboye barokotse Jenoside

by radiotv10
23/06/2026
0

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB)  byamurikiye imiryango ibiri y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994  bo mu Murenge wa Rwaniro, Akarere...

Rwanda and DRC Reach Key Decisions on Refugee Repatriation at High-Level Meeting in Addis Ababa

Rwanda and DRC Reach Key Decisions on Refugee Repatriation at High-Level Meeting in Addis Ababa

by radiotv10
23/06/2026
0

Rwanda and the Democratic Republic of Congo, together with UNHCR, held a Tripartite High-Level Ministerial Meeting in Addis Ababa, Ethiopia,...

The easy way to become more disciplined

The easy way to become more disciplined

by radiotv10
23/06/2026
0

Most people think discipline means forcing yourself to do things even when you don’t feel like it. They believe it...

Menya impinduka zikomeye zigiye gutangira mu bizamini bya Perimi mu Rwanda

Menya impinduka zikomeye zigiye gutangira mu bizamini bya Perimi mu Rwanda

by radiotv10
22/06/2026
0

Mu rwego rwo kuvugurura imyigishirize n’ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga, hateganyijwe uburyo bushya bw’ibizamini bugaragaramo impinduka zirimo kuba abigisha gutwara...

Minisitiri w’Ubuzima Dr.Sabin Nsanzimana yihaye impano ku isabukuru ye ishimangira ko yihebeye siporo

Minisitiri w’Ubuzima Dr.Sabin Nsanzimana yihaye impano ku isabukuru ye ishimangira ko yihebeye siporo

by radiotv10
22/06/2026
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yagaragaje ko ku munsi w’isabukuru ye y’amavuko, yihaye impano yo kujya guterera umusozi wa Karisimbi...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

RDB yatanze umuburo ku butekamutwe bwadutse bw’abayiyitirira inahishura amayeri bakoresha

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB byasaniye inzu binagabira abatishoboye barokotse Jenoside

RIB yinjiye mu kirego cya Shaddy Boo ushinja umusore kumusambanya ku gahato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.