• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB byasaniye inzu binagabira abatishoboye barokotse Jenoside

radiotv10by radiotv10
23/06/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB byasaniye inzu binagabira abatishoboye barokotse Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB)  byamurikiye imiryango ibiri y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994  bo mu Murenge wa Rwaniro, Akarere ka Huye, inzu zasanwe  n’abakozi b’ibi bitaro ndetse banabagabira inka, banabaha ibikoresho byo mu nzu mu gikorwa kigamije kubafasha kongera kwiyubaka no kubaho neza.

Abagejejweho ibi bikorwa bavuga ko bari babayeho mu buzima bubgoye  dore ko ngo babaga mu nzu zashaje cyane ku buryo iyo imvura yagwaga banyagirwaga, ibintu byabateraga.

Mukarurangwa Marie Goreth , umwe mu bahawe ubufasha, yavuze ko inzu yari atuyemo yari yarangiritse cyane ku buryo kubamo byari ikibazo gikomeye.

“Twari tumaze igihe kinini dutuye mu nzu ishaje cyane. Iyo imvura yagwaga twaranyagirwa kandi tukabaho duhangayitse. Kuba twasaniwe inzu kandi tukagabirwa inka ni ibyishimo bikomeye kuri twe. Turashimira Ibitaro bya Kaminuza  n’abakozi bayo batuzirikanye.”

Epiphanie Mukamusoni  yavuze ko iyi nkunga igiye kumufasha gutangira ubuzima bushya no kwiteza imbere.

Ati “Twabonye aho kuba heza kandi twahawe inka izadufasha kubona ifumbire n’amata. Ibi bidusubije icyizere cyo kubaho no gukomeza urugendo rwo kwiyubaka.”

Abaturanyi b’iyi miryango bavuga ko yari ibayeho mu buzima bugoye, bityo bakaba bishimiye kubona hari abatekereje kuyifasha.

Nyiranzeyimana Claudine, umwe mu baturanyi, yagize ati:”Twabonaga imibereho yabo kandi twari tuzi ibibazo bafite. Inzu zabo zari zishaje cyane. Ubu kuba basaniwe kandi bakabona n’inka ni intambwe ikomeye izabafasha gutera imbere.”

Umuyobozi Mukuru w’ibitaro bya Kaminuza bya CHUB, Dr Ngarambe Christian, yavuze ko iki gikorwa kiri mu murongo wo gukomeza gufasha abarokotse Jenoside no kubafasha kugira imibereho myiza.

Ati:’’Igikorwa cyo kubakira inzu no kugabira inka abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe abatutsi 1994 ni igikorwa  dukora buri mwaka aho muri uyu mwaka twasaniye inzu  abantu babiri mu murenge wa Rwaniro tunabagabira inka nk’ikimenyesto cyo kugirango bagire ubuzima bwiza  baba heza  borora babona ifumbire ndetse no mu rwego rwo  kongera  guha ikizere cyo kubaho abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi  1994 batishoboye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kankesha Annociata, yashimye uruhare rwa CHUB  muri ibi bikorwa byo gufasha abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe abatutsi akanavuga ko ibikorwa byo kwita ku mibereho myiza y’abarokotse bikomeje.’’

Ati:”Dushimira Ibitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB n’abakozi babyo ku bw’iki gikorwa cy’indashyikirwa. Ni urugero rwiza rw’ubufatanye mu gukomeza gufasha abarokotse Jenoside kugira imibereho myiza no kububakira icyizere cy’ubuzima bwiza.Turacyafite amazu menshi yo gusana kuko amenshi yubatswe byihutirwa amaze igihe bigaragara ko ashaje cyane  tugenda dukomeza kuyasana ndetse dukora n’ibindi bikorwa bifasha abarokotse jenooside kugira imibereho myiza.ni igikorwa cyo kububaka no kubagaruramo ikizere ko bari mu gihugu kiyobowe neza.”

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare bivuga ko mu minsi ijana yo kwibuka  ibi bitaro bikora ibikorwa bitandukanye birimo kubakira no gusana inzu z’abarokotse  jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ndetse no kubagabira amatungo atandukanye.Ikindi gikorwa ni ukuvura no gusuzuma  abaturage indwara zitandukanye ,aho kandi muri uyu murenge wa Rwaniro basuzumye abaturage indwara  zitandukanye baranabavura ,uyu ukaba ari umwe mu musanzu wayo mu rugendo rwo gufasha abarokotse jenoside yakorewe abatutsi  gukira ibikomere by’amateka mabi no gukomeza kubaka imibereho irangwa n’icyizere.

Imiryango yorojwe inka

Yanahawe inzu

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 14 =

Previous Post

Rwanda and DRC Reach Key Decisions on Refugee Repatriation at High-Level Meeting in Addis Ababa

Next Post

RIB yinjiye mu kirego cya Shaddy Boo ushinja umusore kumusambanya ku gahato

Related Posts

RDB yatanze umuburo ku butekamutwe bwadutse bw’abayiyitirira inahishura amayeri bakoresha

RDB yatanze umuburo ku butekamutwe bwadutse bw’abayiyitirira inahishura amayeri bakoresha

by radiotv10
23/06/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bari kwiyitirira ko ari abakozi barwo bagamije inyungu zabo bwite cyangwa iz’amafaranga,...

Rwanda and DRC Reach Key Decisions on Refugee Repatriation at High-Level Meeting in Addis Ababa

Rwanda and DRC Reach Key Decisions on Refugee Repatriation at High-Level Meeting in Addis Ababa

by radiotv10
23/06/2026
0

Rwanda and the Democratic Republic of Congo, together with UNHCR, held a Tripartite High-Level Ministerial Meeting in Addis Ababa, Ethiopia,...

The easy way to become more disciplined

The easy way to become more disciplined

by radiotv10
23/06/2026
0

Most people think discipline means forcing yourself to do things even when you don’t feel like it. They believe it...

Menya impinduka zikomeye zigiye gutangira mu bizamini bya Perimi mu Rwanda

Menya impinduka zikomeye zigiye gutangira mu bizamini bya Perimi mu Rwanda

by radiotv10
22/06/2026
0

Mu rwego rwo kuvugurura imyigishirize n’ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga, hateganyijwe uburyo bushya bw’ibizamini bugaragaramo impinduka zirimo kuba abigisha gutwara...

Minisitiri w’Ubuzima Dr.Sabin Nsanzimana yihaye impano ku isabukuru ye ishimangira ko yihebeye siporo

Minisitiri w’Ubuzima Dr.Sabin Nsanzimana yihaye impano ku isabukuru ye ishimangira ko yihebeye siporo

by radiotv10
22/06/2026
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yagaragaje ko ku munsi w’isabukuru ye y’amavuko, yihaye impano yo kujya guterera umusozi wa Karisimbi...

Next Post
Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

RIB yinjiye mu kirego cya Shaddy Boo ushinja umusore kumusambanya ku gahato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

RDB yatanze umuburo ku butekamutwe bwadutse bw’abayiyitirira inahishura amayeri bakoresha

RIB yinjiye mu kirego cya Shaddy Boo ushinja umusore kumusambanya ku gahato

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare CHUB byasaniye inzu binagabira abatishoboye barokotse Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.