• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

radiotv10by radiotv10
24/06/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ukekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddyboo.

Inkuru yo gusambanywa ku ngufu bikekwa ko byakorewe Shaddyboo, yatangajwe na we ubwe ubwo yabanzaga kunyuza ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, nyuma akaza kwiyambaza inzego.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacya, Dr Murangira B. Thierry wari watangaje ko uru rwego rwatangiye gukora iperereza kuri iki kibazo, yemeje ko ukekwaho gukora icyaha yatawe muri yombi.

Yagize ati “Ni byo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza akurikiranywe afunze mu gihe iperereza rikomeje.”

Umuvugizi wa RIB, yatangaje ko uyu musore ukekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina Mbabazi Shadia, ubu fungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kimironko mu Mujyi wa Kigali.

Shaddyboo wamamaye ku mbuga nkoranyambaga, ubwo yavugaga ibyamubayeho, yavuze ko uyu musore uzwi nka Yugi Umukaraza yagiye iwe yitwaje amacupa abiri y’inzoga zikomeye (Liquor) ubundi bakazinywa, zamara kumugeramo ntamenye ibyakurikiyeho, akaza gukanguka asanga yambaye ubusa.

Uyu mugore ufite abana babiri, yavuze ko akimara kwisanga yambaye ubusa, ntakindi yahise akeka, uretse kumva ko ashobora kuba yasambanyijwe agahita ajya kwisuzumisha no gutanga ikirego kuri RIB.

Dr Murangira, ku wa Mbere yari yavuze ko “RIB yakiriye ikirego cya Mbabazi uzwi nka Shaddyboo, iperereza ryatangiye, yakiriwe mu Isange One Stop Center, ngo afashwe mu buryo bw’ubuvuzi n’ubugenzacyaha.”

Mbabazi Shadia kandi yavuze ko icyamubabaje ari uko yasambanyijwe n’uriya musore bahoze ari inshuti ari mu kwezi kw’abagore, ku buryo atari akwiye gutinyuka kumukorera ibyo bintu.

Shaddyboo yari yabanje gutabaza ko yasambanyijwe abanje gusindishwa
Yugi Umukaraza ushinjwa gusambanya Shaddyboo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + one =

Previous Post

RDF yungutse abasirikare bafite ubumenyi bwisumbuye burimo ubw’amayeri njyarugamba

Next Post

Umunyeshuri yajombye ikaramu umwarimu aramukomeretsa bikomeye

Related Posts

Umunyeshuri yajombye ikaramu umwarimu aramukomeretsa bikomeye

Umunyeshuri yajombye ikaramu umwarimu aramukomeretsa bikomeye

by radiotv10
24/06/2026
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Cyanika mu murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke, yajyanywe kwa muganga nyuma...

RDF yungutse abasirikare bafite ubumenyi bwisumbuye burimo ubw’amayeri njyarugamba

RDF yungutse abasirikare bafite ubumenyi bwisumbuye burimo ubw’amayeri njyarugamba

by radiotv10
24/06/2026
0

Mu Kigo cy’Amahugurwa ya gisirikare i Nasho mu Karere ka Kirehe, hasojwe amahugurwa yahabwaga Brigade y’abasirikare barwanira ku butaka Icyiciro...

Eng.-Rwanda’s women and girls encouraged to venture into the mining sector

Eng.-Rwanda’s women and girls encouraged to venture into the mining sector

by radiotv10
24/06/2026
0

The Minister of Gender and Family Promotion, Uwimana Consolée, is encouraging women and girls to venture into the mining sector,...

Abari n’abategarugori bo mu Rwanda basabwe gutinyuka ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kuko burimo agatubutse

Abari n’abategarugori bo mu Rwanda basabwe gutinyuka ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kuko burimo agatubutse

by radiotv10
24/06/2026
0

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée arashishikariza abari n'abategarugori gutinyuka umwuga w'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, kuko ari umwe mu yinjiza amafaranga...

How children learn about money without being taught

How children learn about money without being taught

by radiotv10
24/06/2026
0

Many parents believe that children need formal lessons before they can understand money. However, long before anyone sits them down...

Next Post
Umunyeshuri yajombye ikaramu umwarimu aramukomeretsa bikomeye

Umunyeshuri yajombye ikaramu umwarimu aramukomeretsa bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Bwa mbere umunyamakurukazi n’umukinnyikazi wa filimi bazwi mu Rwanda bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe

Umunyeshuri yajombye ikaramu umwarimu aramukomeretsa bikomeye

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.