• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyemezo cya Gen.Muhoozi cyatumye Umusenateri ukomeye muri America asaba ko umubano w’iki Gihugu na Uganda mu bya gisirikare usubirwamo

radiotv10by radiotv10
30/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyemezo cya Gen.Muhoozi cyatumye Umusenateri ukomeye muri America asaba ko umubano w’iki Gihugu na Uganda mu bya gisirikare usubirwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Jim Risch muri akaba n’Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America, yasabye ko iki Gihugu gisubiramo iby’umubano wacyo na Uganda mu bya gisirikare, nyuma yuko Umugaba Mukuru wa UPDF, Gen. Muhoozi Kainerugaba afunze ibitangazamakuru bibiri bikomeye muri Uganda.

Ibi bitangazamakuru byafunzwe mu mpera z’icyumweru gishize ku itegeko rya Gen. Muhoozi, ni NTV na Daily Monitor biza ku isonga mu bitangazamakuru bikomeye muri Uganda byigenga.

Senateri Jim Risch muri sena ya America, mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere, yavuze ko ibyakozwe na Muhoozi ari ugucecekesha itangazamakuru no guhonyora ubwisanzure bw’uyu mwuga muri Uganda.

Uyu mushingamategeko uri mu bafite ijambo muri Sena ya America, yavuze ko kiriya cyemezo cyo gufunga biriya bitangazamakuru bibiri byo muri Uganda, bikwiye gutuma America isuzuma ibijyanye n’umubano wayo na Uganda, mu bya gisirikare.

Yagize ati “Leta Zunze Ubumwe za America zigomba gusubiramo iby’umubano mu by’umutekano na Uganda. Ibitero bya General Muhoozi ku bwisanzure bw’itangazamakuru, birimo gufunga ibitangamazamakuru by’ingenzi byakozwe muri iyi weekend, bituma we ubwe na UDDF baba umufatanyabikorwa udakwiye.”

Uyu Mushingamategeko yakomeje agira ati “Tugomba gukorana gusa n’abateza imbere umutekano muri kariya karere, aho gukorana n’abawangiza.”

Ifungwa rya biriya bitangazamakuru ryakozwe na Muhoozi, rikomeje kwamaganirwa kure na bamwe mu banyapolitiki mpuzamahanga, mu gihe uyu Mugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, we avuga ko afite ububasha bwo kuba yafunga buri kinyamakuru cyose kivuga nabi iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 4 =

Previous Post

Ku nshuro ya mbere Visit Rwanda igiye kwamamazwa n’umuntu ku giti cye

Related Posts

AFC/M23 irashinja uruhande bahanganye ikindi gikorwa cy’ubugome ndengakamere

AFC/M23 irashinja uruhande bahanganye ikindi gikorwa cy’ubugome ndengakamere

by radiotv10
29/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rirashinja uruhande bahanganye gutwika inzu z’abaturage bo mu gace ka...

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku gihombo yumvise ku bitangazamakuru bikomeye muri Uganda yafunze

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku gihombo yumvise ku bitangazamakuru bikomeye muri Uganda yafunze

by radiotv10
29/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko yumvise ko ibitangazamakuru NTV and Daily Monitor biri guhomba miliyoni...

Umujenerali mu Gipolisi cya Afurika y’Epfo yasimbutse urupfu rw’abashakaga kumwivugana

Umujenerali mu Gipolisi cya Afurika y’Epfo yasimbutse urupfu rw’abashakaga kumwivugana

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuyobozi Wungirije w’Ishami rya Polisi rishinzwe kugenza ibyaha muri Afurika y’Epfo, ufite ipeti rya Major General yajyanywe ku bitaro igitaraganya...

Imibare mishya y’abahitanywe n’imitingito yibasiye Venezuela yatumbagiye

Imibare mishya y’abahitanywe n’imitingito yibasiye Venezuela yatumbagiye

by radiotv10
27/06/2026
0

Umubare w'abamaze kwitaba Imana bazize imitingito ibiri iheruka kwibasira Venezuela, ikomeje kwiyongera, aho kugeza ubu wageze ku bantu basaga 589,...

Ubushyuhe bukabije mu Bufaransa bwatumye hashyirwaho amabwiriza yo kugabanya kunywa inzoga

Ubushyuhe bukabije mu Bufaransa bwatumye hashyirwaho amabwiriza yo kugabanya kunywa inzoga

by radiotv10
26/06/2026
0

Ubuyobozi bw’u Bufaransa bwategetse ko kugura no kugurisha inzoga ahantu hahurira abantu benshi, bibujijwe muri iyi minsi y’impera z’icyumweru kubera...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Icyemezo cya Gen.Muhoozi cyatumye Umusenateri ukomeye muri America asaba ko umubano w’iki Gihugu na Uganda mu bya gisirikare usubirwamo

Ku nshuro ya mbere Visit Rwanda igiye kwamamazwa n’umuntu ku giti cye

Dosiye iregwamo Umukaraza ukekwaho gusambanya ku gahato Shaddyboo yazamuwe mu Bushinjacyaha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.