Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, kiratangaza ko umugabo umwe muri babiri, anywa inzoga, mu gihe mu bagore, abanywa inzoga ari babiri mu bagore 10. Mu babajijwe bari hagati y’imyaka 15 na 49, abagore banyoye inzoga mu kwezi kubanziriza uko babarijwemo, bari 18% mu gihe abagabo bari 50%.
Ibi bigaragazwa n’ubushakashatsi ku mibereho n’ubuzima bwakozwe umwaka ushize wa 2025, aho iki Kigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare kivuga ko “kunywa inzoga ku gipimo cyo hejuru, bitera ibibazo birimo kubatwa n’ubusinzi, kurya nabi, indwara z’umwijima, ndetse na cancer.”
Raporo y’ubu bushakashatsi ivuga ko “abagore 18% n’abagabo 50% bafite imyaka iri hagati ya 15 na 49 banyweye inzoga mu kwezi gushize [ugereranyije n’igihe ubushakashatsi bwakorewe].
Iyi raporo ikomeza ivuga ko muri aba bantu banyoye inzoga muri uko kwezi, “78% b’igitsinagore na 51% b’igitsinagabo bazinyoye iminsi iri hagati y’umwe n’itanu mu kwezi kwari kwabanje.”
NISR ivuga ko abagore 7% n’abagabo 15% banywa inzoga hafi ya buri munsi. Mu basubije bakoreweho ubushakashatsi, abanyoye inzoga iyo ari yo yose mu kwezi kwari kwabanje, abagore 48% n’abagabo 32% banyuye ubwoko bumwe bw’inzoga ubwo babaga bari kunywa.
Ni mu gihe abagore 17% n’abagabo 37% bo basubije ko banyinye ubwoko bubiri bw’inzoga, mu gihe abagore bangana na 14% n’abagabo 12 banyoye ubwoko bw’inzoga bugeze kuri butandatu no hejuru yabwo.
Mu cyaro bari imbere
Ubu bushakashatsi bugaragaza ko mu cyiciro cy’abagore, kunywa inzoga mu bice byo mu cyaro biri hejuru, kuko biri ku gipimo cya 20,5% mu gihe mu bice byo mu mijyi biri kuri 12,7%.
Muri iki cyiciro cy’abagore, Intara iza ku mwanya wa mbere ni iy’Amajyaruguru, kuko kunywa inzoga biri ku gipimo cya 26,1%, iy’Amajyepfo ikaza ku mwanya wa kabiri na 25,6%, Iburasirazuba bakagira 15,6%, Iburangerazuba ari 13,3%, Umujyi wa Kigali ukaza ku mwanya wa nyuma aho uri ku gipimo cya 10,5%.
Naho mu cyiciro cy’abagabo, na ho abo mu bice by’icyaro baza imbere, kuko bari ku gipimo cya 50,9% mu gihe mu bo mu micyi ari 48,8%.
Intara y’Amajyaruguru yaje ku mwanya wa mbere aho igipimo cy’abanyoye inzoga muri kiriya gihe cyavuzwe haguru, bari 59,4%, iy’Amajyepfo, bakaba bari 54,15, Umujyi wa Kigali ho bakaba bari 49,7%, Iburasirazuba bakaba 45,7% mu gihe Iburengerazuba bari 45,3%.
Ubu bushakashatsi kandi bunagaragaza igipimo cyo kunywa itabi, aho abagore bari munsi ya 1% mu gihe abagabo bari 6% bari hagati y’imyaka 15 na 49 banywa itabi ry’isigara cyangwa ubundi bwoko bw’itabi.
Mu bagabo banywa itabi buri munsi, 70% banywa amatabi y’isigara airi munsi y’atanu ku munsi, mu gihe 21% banywa amasigara ari hagati y’atanu n’icyenda ku munsi.
RADIOTV10






