• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, July 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

radiotv10by radiotv10
02/07/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije amashuri, bamwe bakemeza ko ryakundishije abana kwiga.

Ababyeyi bavuga ko iri shuri ryabafashije, dore ko abana babo bari barataye amashuri, ariko aho iri shuri ryubakiwe mu gice cy’icyaro, mu Murenge wa Mukingo, mu Tugari twa Nyarunyinya na Ngwa, kuri ubu ngo byagabanyije umubare w’abata ishuri. Abatangiriye muri iri shuri mu mashuri y’incuke kuri ubu bakaba basoje amashuri yisumbuye muri uyu mwaka wa 2026.

Umwe mu babyeyi baharera, witwa Shyiruburyo Fidel, ati: “Iri shuri ryatumye abana bakunda kwiga kuko ni ishuri riri mu cyaro. Biboneka gake kubona umuntu wubaka ishuri akishyurira byose abana. Ubundi twari tumenyereye ko abenshi bashinga amashuri bakishyuza.”

Uwamuragizimana Félicité na we avuga ko yishimira ko bafashe umwana we agifite imyaka itatu, none ubu ageze mu mwaka wa Gatatu w’ayisumbuye. Ati: “Nishimira ko umwana wanjye bamufashije kuva akiri muto, ubu akaba arangije umwaka wa Gatatu w’ayisumbuye.”

Yavuze ko, uretse kuba umwana we yigira ubuntu, na we yigishijwe kuboha agaseke n’ibindi bisa na ko, aho kamwe akagurisha hagati y’ibihumbi 10 na 20 Frw, ndetse bakanamugurishiriza, bikamufasha kwita ku muryango we.

Bamwe mu banyeshuri batangiranye na ryo ari mu mashuri y’incuke, ubu bakaba bahasoje ayisumbuye, bavuze ko bagize umugisha wo gukurira ku ishuri nk’iri ritita ku bushobozi bw’ababyeyi mu kurera abana.

Irasubiza Joseph, umwe muri bo uharangije amashuri yisumbuye, avuga ko yatangiye muri iri shuri mu 2013 afite imyaka itanu, mu mwaka wa Gatatu w’incuke.

Ati: “Twararyaga ku ishuri, tukabona impano zitandukanye zidufasha nk’amatungo, kugira ngo twikure mu bukene mu rugo. Tukabonaga ibikoresho by’ishuri ndetse n’amafaranga y’ishuri, none ubu turarangije.”

Umuyobozi Mukuru wa City of Joy Christian School, Rugira Emmy, avuga ko iri shuri ryatangiye mu 2011 ku gitekerezo cy’Umunyamerika Todd Ellingson n’umugore we Andria Ellingson, nyuma yo gusura u Rwanda mu 2009, bakanagera mu Murenge wa Mukingo baherekeje inshuti zabo zari zigiye gutaha ivomo ryubakiwe abaturage. Icyo gihe bababajwe no kubona abana benshi bari barataye ishuri.

Nyuma bagarutse i Mukingo batangiza ishuri ry’icyumba kimwe ry’ubudozi, ryatangiranye n’abanyeshuri 20. Gusa, rigitangira babonye ko mu baryigamo harimo n’uwazaga ahetse umwana, ibyo bihita bibakururira gushinga ishuri ry’incuke mu 2013, ryahise ryakira abana 60. Ibi bikorwa byarakomeje, hanashyirwaho amashuri abanza ndetse n’ayisumbuye kugeza mu mwaka wa Gatandatu.

Umuyobozi w’Ishami ry’Uburezi mu Karere ka Nyanza, Nshimiyimana Edouard, avuga ko bitangaje kuba ishuri ryigenga ryaraje gukorera mu cyaro ritishyuza nk’uko bikorwa ahandi, kandi rikita ku bana bo mu miryango itishoboye, ibintu byatanze umusanzu mu kugabanya umubare w’abata ishuri. Anavuga ko nubwo ryakira abana bafite ibibazo, usanga abantu benshi banishoboye bifuza kurijyanamo abana babo, gusa ntibemererwe kuko ryibanze ku bana batishoboye.

Ati: “Ni ishuri rifite umwihariko wo kureba wa mwana uri mu bibazo, bakavuga bati: ‘Reka na we tumufashe azamuke nk’abandi.’”

Mu myaka 15 ishize, ubu ishuri rifite ibyumba 19 byo kwigiramo n’abanyeshuri 437 baryigamo. Ibyumba bitanu by’incuke byigamo abana 128, ibyumba bitandatu by’amashuri abanza byigamo abana 134, naho ibyumba umunani by’amashuri yisumbuye byigamo abanyeshuri 175.

Ni ishuri rifite n’inyubako zigezweho

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 17 =

Previous Post

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Next Post

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Related Posts

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

by radiotv10
01/07/2026
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n'lsukura (WASAC Group) kirakangurira abafatabuguzi bacyo gukoresha neza amazi muri iki gihe cy’impeshyi, no gushaka...

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

by radiotv10
01/07/2026
0

Inama y’Abaminisitisi yayobowe na Perezida Paul Kagame, yasuzumiwemo ingingo zinyuranye zirimo ibirebana n’ubukungu bw’u Rwanda, kunoza amatora mu buyobozi bw'inzego...

Umugore akurikiranyweho gushaka kwica umugabo we amushyiriye ‘Super Glue’ mu nzoga amuziza kumwangira ko bimuka

Umugore akurikiranyweho gushaka kwica umugabo we amushyiriye ‘Super Glue’ mu nzoga amuziza kumwangira ko bimuka

by radiotv10
30/06/2026
0

Umugore wo Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, akurikiranyweho kugerageza kwica umugabo we amuhaye inzogo yashyizemo Super Glue, amuhoye...

Next Post
Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n'ikipe ya Etoile de l’Est

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.