Monday, August 3, 2026
RW|EN
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yavuze ku ijambo rutwitsi ryabaye imbarutso y’ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi mu myaka 28 ishize

Min.Nduhungirehe yavuze ku ijambo rutwitsi ryabaye imbarutso y’ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi mu myaka 28 ishize

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko imyaka 28 ishize Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi batangiye gukorerwa ubugome ndengakamere, nyuma y’ijambo rutwitsi ry’uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa 02 Kanama 2026, nyuma y’imyaka 28 muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hatangijwe ibikorwa byo kwica no kugirira nabi Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Yagize ati “Imyaka 28 irashize, ku tariki 02 Kanama 1998 hatangijwe urugendo rurerure rw’ubugome ndengakamere bwa jenoside, imbwirwaruhame z’urwango, n’itotezwa rikorerwa Abanyekongo b’Abatutsi i Kinshasa ndetse no mu bindi bice byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Minisitiri Nduhungirehe, yavuze ko ibyo bikorwa byatangijwe nyuma y’ijambo rutwitsi rya Abdoulaye Yerodia Ndombasi wari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri DRC.

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko uyu Abdoulaye Yerodia Ndombasi yise bagenzi be b’Abanyekongo “umwanda na mikorobe, bakwiye kurandurwa mu buryo bwa burundu.”

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko kuva icyo gihe “Abatutsi batangiye kwicwa bakajugunywa munsi y’ibiraro, baranatotezwa muri Kinshasa ndetse n’ahandi hose mu Gihugu [cya DRC].”

Yavuze ko ikibabaje ari uko uyu wari mu buyobozi bwa Congo, yanashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi, bikozwe n’u Bubiligi, ariko akaba atarigeze agezwa imbere y’ubutabera bwa Congo.

Ati “Ahubwo ubwo yapfaga muri Gashyantare 2019, Perezida Tshisekedi yamuhaye icyubahiro mu muhango wo kumushyingura ku rwego rw’Igihugu.”

Icyo gihe Perezida Tshisekedi yohereje Vital Kamerhe kumuhagararira mu muhango wo gushyingura uyu munyapolitiki wavuze ririya jambo riri mu byabaye imbarutso y’ubwicanyi bukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi.

Minisitiri Nduhungire
Abdoulaye Yerodia Ndombasi wari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + eighteen =