Ikipe ya Rayon Sports nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma wa CEACAFA Kagame Cup, iravuga ko yongeye kwisubiza icyubahiro cy’amateka yaherukaga mu myaka 28 ishize, igasezeranya abakunzi bayo kwegukana iki gikombe kikazaguma mu Rwanda.
Ni nyuma yuko iyi kipe igeze ku mukino wa nyuma kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Kanama 2026, ubwo yatsindaga ikipe ya Jamus FC yo muri Sudani y’Epfo, ibitego 3-1.
Ibi bitego byatsinzwe na Muderi Akbar, Ibrahim Djingarey na Tambwe Ngongo Gloire mu mukino iyi kipe yo mu Rwanda yarushijemo iyi yo muri Sudani y’Epfo ikinamo Umunyarwanda Muhire Kevin wanabereye Kapiteni Rayon, ariko utagaragaye muri uyu mukino.
Mu butumwa bwatanzwe n’Ubuyobozi bwa Rayon Sports kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Kanama, bwagaragaje ko bwishimiye kongera kugera ku mukino wa nyuma.
Buti “Imyaka 28 ishize, twagarutse aho dukwiye. Kuri uyu Gatanu, turandika indi shapitire y’amateka, kandi tuzifatanya mu kongera kwishima.”
Ubuyobozi bw’iyi kipe iri mu zifite abakunzi benshi mu Rwanda, bwasoje ubutumwa bwabwo bwizeza abakunzi bayo n’Abanyarwanda ko bufite misiyo yo gutuma iki Gikombe cyitiriwe Umukuru w’u Rwanda ‘CECAFA Kagame Cup’ kiguma mu rw’Imisozi Igihumbi.
Ikipe ya Rayon Sports, ku mukino wa nyuma izahura na Gor Mahia yo muri Kenya, yageze ku mukino wa nyuma isezereye Al-Hilal kuri penaliti 8-7 nyuma yuko iminota 120’ irangiye amakipe anganya igitego 1-1.


RADIOTV10