Thursday, August 6, 2026
RW|EN
SIPORO

Mukura yabonye undi Mutoza nyuma yuko uwari waje ayisezeye atanatangiye akazi

Mukura yabonye undi Mutoza nyuma yuko uwari waje ayisezeye atanatangiye akazi

Ubuyobozi bwa Mukura VS bwatangaje ko bwabonye Umutoza Mukuru mushya uzayitoza mu mwaka w’imikino wa 2026-2027, nyuma yuko uwari waje gutoza iyi kipe ayisezeye ataratangira n’akazi kuko yari yabonye akandi.

Binyuze ku mbuga nkoranyambaga zayo, Mukura VS yahaye ikaze Umunya-Serbia Momčilo Medić nk’umutoza mushya.

Momčilo Medić amaze imyaka 22 atoza, akaba afite uburambe mu mupira w’amaguru muri Afurika. Yatoje amakipe yo muri Afurika y’Epfo, Ghana, Kenya, u Burundi, Zimbabwe n’ahandi mu bihe bitandukanye.

Mu kwezi gushize, Mukura yari yumvikanye n’umutoza Tomáš Trucha, ariko birangira atayitoje kuko yahise abona akazi gakomeye kurushaho muri Maldives.

Mu mwaka ushize w’imikino, Mukura VS yarangije ku mwanya wa karindwi muri Shampiyona y’u Rwanda (RPL). Ubuyobozi bw’iyi kipe bwahaye Momčilo Medić intego yo kuyigeza nibura mu makipe ane ya mbere, akaba yasinyiye kuyitoza amasezerano y’imyaka ibiri.

Ubwo Umutoza mushya wa Mukura yasesekaraga mu Rwanda
Yahawe ikaze n’ubuyobozi bw’Ikipe

Leonidas NDAYISABA
RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 5 =