Monday, August 10, 2026
RW|EN
SIPORO

APR ya Karate yegukanye igikombe mu irushanwa ryitabiriye n’abakinnyi 600 bo mu Bihugu bitatu

APR ya Karate yegukanye igikombe mu irushanwa ryitabiriye n’abakinnyi 600 bo mu Bihugu bitatu

Ikipe ya APR mu mukino wa Karate yegukanye igikombe mu marushanwa yiswe Zanshin Karate Championship 2026, yitabiriwe n’abakinnyi barenga 600 baturutse mu Bihugu nka Kenya, Uganda n’u Rwanda rwayakiriye.

Iri rushanwa ryasojwe kuri iki Cyumweru tariki 09 Kanama 2026 kuri Petit Stade i Kigali, ryateguwe na Zanshin Solution Sport ku bufatanye na Federasiyo ya Karate mu Rwanda (FERWAKA).

Iri rushanwa ryitabiriwe n’abakinnyi barenga 600 baturutse mu Rwanda, Kenya na Uganda ni bo bitabiriye aya marushanwa.

Aya marushanwa kandi uretse aba bayeguye, yanashyigikiwe n’abaterankunga barimo Kaminuza ya Kampala na Kaminuza y’Ibitaro ya Kenya.

Ni ku nshuro ya kane aya marushanwa aba. Inshuro eshatu zabanje zabereye i Huye mu Ntara y’Amajyepfo, aho Zanshin Solution Sport ifite icyicaro.

Ikipe ya APR Karate yari ihagarariwe n’abakinnyi 19, yitwaye neza aho mu cyiciro cy’abakuru yatwaye imidari 8 ya zahabu, 5 ya feza n’umwe w’umuringa, mu gihe mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 14 yatwaye imidari 2 ya feza.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 5 =