Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice kubera ibyo akurikiranyweho byo gutanga sheki itazigamiwe.
Ifungwa rya Shema Ngoga Fabrice ryatangiye kuvugwa ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, aho bamwe mu banyamakuru bakurikiranira hafi amakuru ya siporo, bavugaga ko uyu uyobora FERWAFA yaba “ari mu maboko atari aye.”
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko Shema Ngoga Fabrice yatawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kanama 2026.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha yatangaje ko Shema Ngoga Fabrice akurikiranyweho icyaha cyo gutanga sheki itazigamiwe.
Uyu usanzwe ari Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, nyuma yo gutabwa muri yombi afungiye kuri Sitasiyo y’uru Rwego ya Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.
RIB kandi ikomeje gukora iperereza, inatunganya dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Shema, kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha, na bwo buzaregere Urukiko rubifitiye ububasha mu gihe bwasanga ari ngombwa.
Amakuru avuga ko Shema Ngoga Fabrice yari amaze iminsi yitaba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akorwaho iperereza kuri iki cyaha, akaba yatawe muri yombi nyuma y’amabazwa yari amaze iminsi akoreshwa.
RADIOTV10