Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports bwasezeranyije abakinnyi bayo guhabwa 1/2 cy’amafaranga begukanye muri CECAFA Kagame Cup ya 2026, bakayabagabana, ndetse n’agashimwe bemerewe na BK, aho bivugwa ko hari abakinnyi bashobora no kuzabona agera muri miliyoni 2 Frw.
Ni nyuma yuko iyi kipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya CECAFA Kagame Cup itsinze Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 2-1.
Amakuru dukesha ikinyamakuru The New Times avuga ko uretse iki gikombe begukanye, abakinnyi ndetse n’abatoza b’iyi kipe banemerewe agashimwe.
Mbere y’uyu mukino wa nyuma, Perezida wa Rayon, Abdallah Murenzi yari yizeje abakinnyi b’iyi kipe ko nibegukana iki gikombe bahembwamo $30,000 (agera muri Miliyoni 44 Frw), bazahabwa 50% byayo (miliyoni 22 Frw) bakayabagana.
Banki ya Kigali, isanzwe ari umufatanyabikorwa w’iyi kipe, na yo yahise yemerera inaha agashimwe aba bakinnyi ka Miliyoni 1 Frw kuri buri umwe, ndetse n’abatoza.
Murenzi yanze gutangaza umubare nyakuri w’amafaranga buri mukinnyi yahawe mu rwego rwo kurinda ubuzima bwabo bwite.
Yagize ati “Reka iby’imibare nyakuri tubireke kuko abakinnyi bashobora guhura n’ibibazo igihe abantu bamenya amafaranga bahawe. Icy’ingenzi ni uko bishimiye agashimwe babonye.”
Uretse amafaranga yahawe bariya bakinnyi avuye ku yo ikipe yegukanye, hari n’andi yagiye atangwa n’abasanzwe ari abakunzi b’iyi kipe, barimo abacuruzi, ndetse n’abandi bose basanzwe bayikunda, na bo biyemeje gutanga agashimwe ko kunezeza aba bakinnyi. Mu bitanze harimo abakunzi b’iyi kipe bo ku Mugabane w’u Burayi ndetse no mu bindi bice by’Igihugu.
Ingano y’amafaranga yahawe aba bakinnyi, ntizwi, gusa hagendewe ku mafaranga yagiye atangwa n’abantu banyuranye, hari amakuru avuga ko hari abakinnyi bashobora no kuzabona amafaranga agera muri miliyoni 2 Frw, ndetse no hejuru yayo, bitewe n’amafaranga yose azaba yatanzwe n’abakunzi b’iyi kipe.
RADIOTV10