Thursday, August 13, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Ebola iri muri Congo ishobora kuba iya mbere izica benshi kurusha izindi zose zabayeho

Ebola iri muri Congo ishobora kuba iya mbere izica benshi kurusha izindi zose zabayeho

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, yatangaje ko ubwoko bwa Ebola buri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bushobora kuzaba ubwishe abantu benshi kurusha ubundi bwabayeho.

Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, aho yavuze ko hakurikijwe “umuvuduko n’ingaruka by’iki cyorezo biriho ubu” gishobora kunyura kuri “eclipse” bwabayeho hagati ya 2014 na 2016 bwishe abagera mu 11 000.

Ubwoko bwa Ebola bw’uyu mwaka, bwatangajwe tariki 15 Gicurasi, aho bumaze kugera ku bantu 4 300, mu gihe bumaze guhitana abarenga ibihumbi bibiri (2 000).

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima riratangaza ko ryizeye ko hari icyo riba ryakoze mu gihe cy’amezi atatu ku bijyanye no guhangana n’ikwirakwira ry’iki cyore, ariko rikavuga ko ibi bitavuze ko icyizere gihagije ijana ku ijana cyo kurangiza iki cyorezo.

Nubwo iki cyorezo cyatangajwe ku mugaragaro muri Gicurasi, ariko bikekwa ko cyatangiye nibura mu mezi atatu mbere y’icyo gihe, nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’ubuzima muri iki cyumweru.

Umuyobozi wa WHO ku Rwego rwa Afurika Dr Mohamed Janabi yagize ati “Turi guhangana n’iyi virus, ariko iyi virus ikomeje kuturusha imbaraga.”

Yavuze ko iyi virus yaba yaratangiye gukwirakwira muri Gashyantare, ariko ntihite imenyekana, ahubwo abaganga bakayitiranya na Malaria cyangwa typhoid.

Iki cyorezo cya Ebola yo mu bwoko Bundibugyo, ni bumwe mu bwoko budakunze kubaho, dore ko bumaze kubaho kabiri gusa, muri 2007 no muri 2012 Kugeza ubu nta rukingo nta n’umuti biraboneka, byo kuvura ubu bwoko bwa Ebola.

Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =