Imikino ya kamarampaka (Playoffs) muri Shampiyona ya Basketball mu Rwanda irakomeje, aho abakunzi b’uyu mukino bakomeje kuva mu bwiza bajya mu bundi. Irebere uko bamwe mu bakinnyi bagera kuri sitade bameze mbere yo kwinjira mu kibuga, ndetse bamwe baza baherekejwe n’abo mu miryango yabo baje kubashyigikira.
Iyi mikino iri kubera kuri Petit Stade i Remera mu Mujyi wa Kigali, abakunzi ba Basketaball mu Rwanda, bakomeje kuryoherwa n’uko amakipe ari kwitwara.
Kuri uyu wa Gatatu, iyi mikino ya kamarampaka yari yakomeje, aho mu bagabo hakinwaga umukino wa kane, mu gihe mu cyiciro cy’abagore hakinwaga umukino wa gatatu.
Mu cyiciro cy’abagabo, hari gukina ikipe ya APR BBC, RSSB Tiges, REG BBC ndetse na Patriots. Mbere yuko iyi mikino yo ku wa Gatatu ikinwa, amakipe ya APR na REG zari ziyoboye, aho APR yari imaze gutsinda imikino ibiri kuri umwe wa RSSB, mu gihe REG yari imaze gutsinda ibiri kuri umwe wa Patriots.
Mu cyiciro cy’abagore, mbere yuko hakinwa umukino wa gatatu, ibintu byari bitaracayuka, aho amakipe uko ari ane; APR, REG, Kepler na The Hoops, yose yari amaze gutsinda umukino umwe umwe.
Aya ni amafoto y’uburyo bamwe mu bakinnyi bageze ku kibuga kuri uyu wa Gatatu
ABAGABO

ABAKOBWA

RADIOTV10