Umubare w’abanduye icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wageze ku bihumbi bitanu (5 000) bituma ubu bwoko bwa Bundibugyo bukomeza kuba ubwa mbere bw’iki cyorezo bubayeho bukomeye muri iki Gihugu.
Ni imibare yatangajwe n’inzego za Leta muri DRC kuri wa Kabiri. Iyi mibare igaragaza ko abantu bamaze kwandura Ebola muri iki Gihugu barenga 5 000, mu gihe inzego z’ubuzima ziburira ko ingamba zo guhangana n’iki cyorezo zitari gutanga umusaruro uhagije mu gukumira ikwirakwira ryacyo.
Iki cyorezo cya 17 cya Ebola muri Congo cyabaye icya mbere gikomeye kurusha ibindi mu mateka y’iki gihugu hashingiwe ku mubare w’abanduye, ubwo cyageraga kuri uwo mwanya mu mpera za Nyakanga.
Mu mpera z’icyumweru gishize, umubare w’abamaze guhitanwa na Ebola wageze ku 2 378, nk’uko Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima rusange cyabitangaje. Ibi byarenze umubare w’abishwe n’icyorezo cyabaye muri iki gihugu hagati ya 2018 na 2020, cyari cyarakomeye kurusha ibindi mbere y’iki.
Raporo iheruka gutangazwa n’iki kigo igaragaza ko hamaze kwemezwa abantu 5,021 banduye Ebola, bituma iki cyorezo kiba icya kabiri gikomeye ku isi hashingiwe ku mubare w’abanduye n’abapfuye, nyuma y’icyorezo cyibasiye Afurika y’Iburengerazuba hagati ya 2014 na 2016.
Iki cyorezo kiri guterwa n’ubwoko bwa Ebola bwitwa Bundibugyo, butarabonerwa urukingo cyangwa imiti yemewe yo kuvura abarwaye.
Kuva icyorezo cyatangazwa ku mugaragaro ku wa 15 Gicurasi, cyakomeje gukaza umurego. Intege nke mu bikorwa remezo by’ubuvuzi, kutubahiriza ingamba zo kurwanya Ebola ku baturage, umutekano mucye ndetse n’imyigaragambyo y’abakozi bari mu bikorwa byo guhangana n’iki cyorezo, byose byakomye mu nkokora imbaraga zo kumenya no gutabara abafite Ebola.
RADIOTV10