Tuesday, September 15, 2026
RW|EN
AMAHANGA

I Kinshasa muri Congo umutekano wakajijwe bidasanzwe

I Kinshasa muri Congo umutekano wakajijwe bidasanzwe

Umurwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa, n’indi mijyi yo mu Ntara zitandukanye byabyukiye mu mutekano ukomeye, aho Ingabo na Polisi byongereye abapolisi n’abasirikare mu mihanda mu rwego rwo gukumira imyigaragambyo yateguwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi badakozwa umugambi wa Tshisekedi wo kuvugurura Itegeko Nshinga.

Iyi myigaragambyo yateguwe n’ihuriro ry’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi rizwi nka C64, risaba Perezida Félix Tshisekedi kutahindura Itegeko Nshinga kugira ngo atazashaka kongera kwiyamamariza manda ya gatatu mu matora ateganyijwe mu 2028.

Ihuriro C64 ririmo abanyapolitiki bakomeye barimo Martin Fayulu, Jean-Marc Kabund, Moïse Katumbi, Augustin Matata na Delly Sessanga.

Aba banyapolitiki bari basabye abaturage kwitabira imyigaragambyo yo kwicara imbere y’inyubako ikoreramo Inteko Ishinga Amategeko i Kinshasa ndetse no ku nyubako z’abadepite hirya no hino mu gihugu.

Gusa mbere y’uko imyigaragambyo iba, impande zombi zari zumvikanye ko itazakorerwa imbere y’inyubako y’Inteko Ishinga Amategeko, ahubwo ikabera mu bice biyikikije.

Mu gitondo cyo kuri wa 15 Nzeri 2026, imihanda yo muri Kinshasa yagaragayemo umubare munini w’abashinzwe umutekano, barimo abasirikare n’abapolisi.

Leta ivuga ko kohereza abashinzwe umutekano benshi bigamije kurinda umutekano w’abitabiriye imyigaragambyo no gukumira ibikorwa bishobora guteza imvururu.

Ku ruhande rw’abateguye imyigaragambyo ariko, bavuga ko kuba abashinzwe umutekano bari benshi ari uburyo bwo kubabuza gukoresha uburenganzira bwabo bwo kwigaragambya.

Urubuga Actualite.cd dukesha aya makuru, rwatangaje ko mu masaha ya kare mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ubuzima muri Kinshasa bwari busanzwe. Amashuri n’amasoko byari bifunguye, ndetse n’abakozi bakomeza kujya ku mirimo yabo nk’ibisanzwe.

Gusa, mu mihanda imwe n’imwe hatangiye kugaragara abantu bake bitabiriye imyigaragambyo.

Ntabwo Kinshasa ari ho honyine umutekano wakajijwe. No mu zindi Ntara z’igihugu, ingabo n’abapolisi bongereye ibikorwa byo gucunga umutekano.

Mu Ntara ya Tanganyika, abasirikare bagaragaye binjira ku biro by’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, birimo ibiro by’ishyaka Ensemble pour la République rya Moïse Katumbi, mu Mujyi wa Kalemie.

Mu Mujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, amakuru avuga ko bamwe mu barwanashyaka b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi batangiye gutabwa muri yombi n’abashinzwe umutekano.

Sephin, umuyobozi w’ishyaka rya Moïse Katumbi mu mujyi wa Likasi, yatawe muri yombi, aho abari aho bavuze ko yahise ajyanwa i Lubumbashi n’inzego z’umutekano.

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + sixteen =