• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Inkuru nziza ku bakunze ‘Indoro, Mfata,’…Charly na Nina bagarukanye imbaduko

radiotv10by radiotv10
03/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Inkuru nziza ku bakunze ‘Indoro, Mfata,’…Charly na Nina bagarukanye imbaduko
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzikazi Charlotte Rulinda (Charly) na Fatuma Muhoza (Nina) bagize itsinda rizwi nka Charly&Nina, bemeje ko bagarutse mu muziki nyuma y’igihe bivugwa ko batandukanye.

Aba bahanzikazi bari bagiye kuzuza imyaka ibiri badashyira hanze indirimbo, baherutse gutumirwa mu iserukiramuco rizwi nka Amani Festival rizabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bakimara gutumirwa, abakunzi babo babaye nk’abamwenyura ko baba bagiye gusubirana ndetse bakongera kubaha ibihangano bishya dore ko indirimbo yabo nshya iheruka muri Werurwe 2020.

Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga, aba bahanzi bemeje ko ubu bongeye kugaruka mu ruganda rwa muzika.

Mu butumwa Charly yanyujije kuri Instagram, buherekejwe n’ifoto ari kumwe na mugenzi we Nina, yagize ati “MURAHOOOO!!! Hari hashize igihe, Twari tubakumbuye, twizere ko namwe ari uko!!!!”

Ni ubutumwa kandi bwashyizweho na Nina mugenzi we, na we wabushyize kuri Instagram ye na bwo buherekejwe n’iyi foto bari kumwe bombi.

Ni ubutumwa bwashimishije benshi bagaragaje ko bari bakumbuye kubabona baririmbana mu gihe byari bimaze igihe bivugwa ko batandukanye ndetse bakanahagarika umuziki.

Mu bagaragaje ko bishimye, harimo n’abasanzwe bazwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda barimo Umunyamakuru Sandrine Isheja, watanze igitekerezo kuri ubu butumwa, agira ati “Yeeess! The Queens are BACKKK [Yego! Abamikazi baragarutse]

Harimo kandi Umunyamakuru Ally Soudi na we wagize ati “Mutubabarire mutebuke.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Kigali: Gukingira bigiye gukorwa hifashishijwe imodoka izajya ijya ahahura abantu benshi

Next Post

Ruhango: Umunyeshuri aravuga ko umugabo utazwi yamusanze mu bwiherero bw’ishuri amusambanyirizamo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Next Post
Ruhango: Umunyeshuri aravuga ko umugabo utazwi yamusanze mu bwiherero bw’ishuri amusambanyirizamo

Ruhango: Umunyeshuri aravuga ko umugabo utazwi yamusanze mu bwiherero bw’ishuri amusambanyirizamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.