• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Senegal: Perezida yasubitse urugendo rukomeye kugira ngo yakire ikipe yegukanye CAN anashyiraho Konji y’ibyishimo

radiotv10by radiotv10
07/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Senegal: Perezida yasubitse urugendo rukomeye kugira ngo yakire ikipe yegukanye CAN anashyiraho Konji y’ibyishimo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Macky Sall wa Senegal, yasubitse urugendo yari kugirira mu Birwa bya Comores kugira ngo abone uko yakira ikipe y’Igihugu cye yegukanye igikombe cya Afurika, anashyiraho uyu munsi tariki Indwi Gashyantare nk’umunsi w’ikiruhuko wo kwishimira iyi ntsinzi.

Ikipe ya Senegal yegukanye Igikombe cya Afurika cyaberaga muri Cameroon itsinze iya Misiri zabanje kugwa miswi mu minota 90’ y’umukino hakonferwaho indi 30’ na yo ikarangira binganya 0-0.

Hitabajwe Penaliti, Senegal yegukana iki Gikombe kuri Penaliti 4-3 zirimo iyatewe na Sadio Mane wari uyoboye aba basore ba Senegal.

Ni intsinzi yashimishije benshi barimo n’abandi Banyafurika benshi bari bashyigikiye Senegal ariko by’umwihariko Perezida Macky Sall uyobora Senegal wagaragaje ko yishimiye bidasanzwe iri shema ry’abahungu b’Igihugu cye.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, Mack Sall yagize ati “Mbega umukino mbega ikipe, mwabikoze. Ni ibihe byiza by’umupira, ibihe byiza by’ubufatanye n’ishema ry’Igihugu…Mwakoze cyane Ntwari zacu.”

Television y’Igihugu muri Senegal yatangaje ko Perezida Macky Sall yasubitse uruzinduko yari kugirira mu Birwa bya Comores kuko agiye kubanza kwakira iyi kipe y’Igihugu cye.

Biteganyijwe ko Macky Sall yakira aba basore mu biro bye kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022.

Macky Sall kandi yashyizeho ko uyu munsi tariki 07 Gashyantare ari uw’ikiruhuko cyo kwishimira intsinzi y’Ikipe y’Igihugu cyabo.

Byari ibyishimo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Umukobwa ufite ubumuga bw’ingingo yaje muri Miss Rwanda ntiyagira amahirwe yo gukomeza

Next Post

Dr Frank Habineza wagize 0,48% mu matora ya Perezida yemeje ko azongera akiyamamaza

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Dr Frank Habineza wagize 0,48% mu matora ya Perezida yemeje ko azongera akiyamamaza

Dr Frank Habineza wagize 0,48% mu matora ya Perezida yemeje ko azongera akiyamamaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.