Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa

radiotv10by radiotv10
10/02/2022
in MU RWANDA
0
Uregwa mu rubanza rwa Rusesabagina yagize ikibazo cy’umutima bitunguranye bituma urubanza rusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu baregwa hamwe na Paul Rusesabagina na bagenzi be, yagize ikibazo cy’uburwayi bw’umutima bwamufashe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, bituma urubanza rwari ruteganyijwe uyu munsi rusubikwa.

Inteko y’Urukiko rw’Ubujurire ruburanisha uru rubanza, ikimara kwinjira mu cyumba cy’iburanisha, yahamagaye abaregwa ndetse n’abanyamategeko bunganira abaregera indishyi, gusa bamwe mu baregwa ntibaboneka barimo Paul Rusesabagina n’ubundi wikuye mu rubanza ndetse na Munyaneza Anastase we wari usanzwe yitaba Urukiko.

Umucamanza yasabye Umunyamategeko Me Herman Twajamahoro wunganira uyu Munyaneza Anastase, gusobanura impamvu umukiliya we atitabye urukiko, avuga ko na we yaje mu rukiko azi ko atazi amakuru y’uyu mukiliya we.

Ati “Hanyuma abagororwa bampa inkuru y’uko mugenzi wabo Munyaneza Anastase arwaye, ndetse banemezaga ko yagize ikibazo cy’umutima kuko asanzwe arwara ikibazo cy’umutima.”

Me Herman Twajamahoro yavuze ko akimara kumenya ayo makuru, yahise ayashyira muri system kugira ngo bimenywe n’inzego bireba.

Ati “Ariko nabonye ubuyobozi bwa Gereza nab wo bwahise bwandika muri system bagaragaza impamvu Munyaneza Anastase atitabiriye iburanisha.”

Me Herman Twajamahoro yahise akomeza agaragariza urukiko icyifuzo cyo gusubika urubanza kuko aburanira hamwe na bagenzi be ubundi rukazasubukurwa yakize.

Perezida w’iburanisha na we yahise atangaza ko Urukiko na rwo rwabonye aya makuru muri system yatanzwe n’Ubuyobozi bwa Gereza ya Nyarugenge ko uyu mugororwa yagize ikibazo cy’umutima.

Bamwe mu bunganira abaregwa n’abaregera indishyi, bisunze ingingo z’amategeko atandukanye, bashyigikiye icyifuzo cya mugenzi wabo wasabye ko urubanza rusubikwa ko uregwa ibyaha nshinjabyaha agomba kwitaba Urukiko ubwe kandi ko impamvu zatumye umwe mu baregwa atitaba zumvikana.

Ubushinjacyaha na bwo bwavuze ko bwamenye amakuru y’uko uyu Munyaneza Anastase atitaba iburanisha, bwayamenye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, bwemeza ko na bwo bushyigikiye ko urubanza rusubikwa rukimurirwa indi tariki ariko igatangazwa kugira ngo ababuranyi batahe bayizi ku buryo haramutse habayeho impinduka bazabimenyeshwa.

Umucamanza yahise yanzura ko impamvu zo gusubika urubanza zifite ishingiro, asubika urubanza arwimurira mu cyumweru gitaha tariki 16 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − eight =

Previous Post

Icyo Perezida Kagame yasubije Muhoozi ku byavuzwe ko umwanditsi Rukirabashaija yahungiye mu Rwanda

Next Post

Shaddyboo yifuje umuhungu ‘yazakodesha’ kuri Saint Valentin bamwoherereza amafoto asekeje

Related Posts

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

by radiotv10
19/10/2025
0

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal warangije uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda rusize Ibihugu byombi birushijeho guteza imbere...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zahaye abanyeshuri 900 biga mu ishuri ry’i Juba ibikoresho binyuranye...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
18/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

by radiotv10
19/10/2025
0

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Shaddyboo yifuje umuhungu ‘yazakodesha’ kuri Saint Valentin bamwoherereza amafoto asekeje

Shaddyboo yifuje umuhungu 'yazakodesha' kuri Saint Valentin bamwoherereza amafoto asekeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.