Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

France: Bidasubirwaho dosiye ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yafunzwe burundu

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in MU RWANDA
0
France: Bidasubirwaho dosiye ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yafunzwe burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa (Cour de Cassation) rwafunze burundu dosiye y’iperereza ku kirego cy’ihanurwa ry’Indege yari itwaye Habyarimana Juvenal wari Perezida w’u Rwanda.

Amakuru aturuka mu Bufaransa, avuga ko uru rukiko rusesa imanza rwamaze gushyira akadomo kuri dosiye y’iperereza ku ihanurwa ry’indege yari itwaye Habyarimana Juvenal.

Umunyarwanda Me Richard Gisagara uba mu Bufaransa wanakurikiranye iby’iki kirego, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Gashyantare 2022, yatangaje ko uru rukiko rusesa imanza mu Bufaransa, rumaze gufata iki cyemezo.

Me Gisagara avuga ko iki cyemezo gihita kinatesha agaciro iperereza ry’umucamanza Jean Louis Bruguiere washinjaga abantu icyenda bahoze mu buyobozi bwa RPF-Inkotanyi kugira uruhare mu ihanurwa ry’iyi ndege.

2/2 Celui-ci avait déjà été contredit par le Juge Trévidic dont l’enquête a établi que les missiles qui ont abattu l’avion ont été tirés du camp militaire de Kanombe, contrôlé par ceux qui ont préparé le #GenocideContreLesTutsi. C’est cette enquête qui est définitivement validée

— Richard Gisagara (@RichardGisagara) February 15, 2022

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Me Gisagara Rishard uvuga ko uyu mwanzuro w’Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa uhuje n’uw’Urukiko Rukuru, yavuze ko iki cyemezo cyatangajwe uyu munsi gihuje n’ibyatangajwe n’Umucamanza Trévidic wakoze iperereza ryagaragaje ko igisasu cyahanuye iyi ndege cyaturutse mu kigo cya Gisirikare cya Kanombe cyari kiri mu maboko y’abari bateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Me Gisagara akavuga ko iperereza ry’Umucamanza Trévidic “Bidasubirwaho ryo ryahawe agaciro.”

Indege yari itwaye Perezida Juvenal Habyarimana, yaguye ku mugoroba wo ku ya 06 Mata 1994, igwamo abantu 11 barimo abari abasirikare bakomeye mu butegetsi bwe ndetse na Ntaryamira Cyprien wari Perezida w’u Burundi.

Urukiko Rukuru rw’i Paris mu Bufaransa, muri 2020 rwari rwahagaritse iyi dosiye ariko bamwe mu bo mu miryango y’ababuriye ubuzima muri iyi ndege barajurira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 4 =

Previous Post

Urukiko rukomeye kurusha izindi mu Rwanda rurashinjwa kurangarana uwo rurimo Miliyoni 32Frw

Next Post

Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri
AMAHANGA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira

Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.