Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

TdRda2022: Umunya-Afrurika y’Epfo wo mu ikipe ya ba Mugisha yegukanye Etape IV

radiotv10by radiotv10
23/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
TdRda2022: Umunya-Afrurika y’Epfo wo mu ikipe ya ba Mugisha yegukanye Etape IV
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Afurika y’Epfo, Kent Main ukina mu ikipe ya PROTOUCH ikinamo Abanyarwanda Mugisha Moise na Mugisha Samuel, yegukanye agace ka kane ka Kigali-Gicumbi mu irushanwa rya Tour du Rwanda 2022.

Aka gace katangiriye Kimironko mu Mujyi wa Kigali kerecyeza mu Karere ka Gicumbi, kari gafite ibilometero 124,3.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 uri muri iri rushanwa, avuga ko uyu munsi wa kane w’iri rushanwa, ari bwo Abakinnyi b’Abanyarwanda bakoresheje ingufu nyinshi ku buryo bifuzaga kwegukana iyi etape.

Avuga ko by’umwihariko abanyarwanda nka Mugisha Samuel na Mugisha Moise bari gukinira ikipe ya PROTOUCH yo muri Afurika y’Epfo, bakoze iyo bwabaga ku buryo kuba aka gace kegukanywe n’umukinnyi wo mu ikipe ye, abikesha aba Banyarwanda basanzwe bazi imisori batereye uyu munsi ya Gicumbi.

Kent Main yegukanye aka gace ka kane akoresheje amasaha 03:17′:40” mu gihe Umunyarwanda waje hafi ari Muhoza Eric wakoresheje amasaha 03:17’43” akaba arushwa amasegonda 3 n’uwa mbere naho Manizabayo Eric aza ku mwanya wa 18 akoresheje amasaha 03:17’50”.

Kent Main wegukanye aka gace ka kane, yahise aza ku mwanya wa 10 ku rutonde rusange ruyobowe n’Umufaransa, Laurance Axel umaze gukoresha amasaha 10:45′:07” mu gihe Umunyarwanda uri hafi ku rutonde rusange ari Muhoza Eric aho arushwa n’uwa mbere umunota 1’46”.

Muhoza Eric, Umunyarwanda uza ku mwanya wa hafi ku rutonde rusange, akurikiwe na Manizabayo Eric uri ku mwanya wa 22 akaba arushwa iminota 2’22” mu gihe Nsengimana Jean Bosco ari ku mwanya wa 27.

Abakinnyi b’ibirangirire bamaze kwigaragaraza muri iri rushanwa, nka Dujardin Sandy wegukanye agace ka kabiri, ari ku mwanya wa 7 ku rutonde rusange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 14 =

Previous Post

Perezida Kagame uretse kuba ari intangarugero anakomoka mu muryango w’Ubwami- Muhoozi

Next Post

Musanze: Babiri barohamye bakaburirwa irengero babonetse nyuma y’iminsi 4 barapfuye

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Babiri barohamye bakaburirwa irengero babonetse nyuma y’iminsi 4 barapfuye

Musanze: Babiri barohamye bakaburirwa irengero babonetse nyuma y’iminsi 4 barapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.