Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu isomwa ry’urubanza rwa Urayeneza Gerard ryigijwe inyuma

radiotv10by radiotv10
24/02/2022
in MU RWANDA
0
Abandi batangabuhamya bari bashinjije Urayeneza Gerard bakomeje guhindura imvugo bamushinjura
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwaburanishije ubujurire bwa Urayeneza Gerard wakatiwe gufungwa burundu, rwimuye isomwa ry’uru rubanza kubera impamvu ziturutse kuri umwe mu Bacamanza b’inteko yaburanishije uru rubanza.

Uru rubanza rw’ubujurire rwaburanishijwe n’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya imipaka, rwagombaga gusomwa kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022.

Urukiko rwasubitse isomwa ry’uru rubanza, kubera ikibazo cy’Umwe mu Bacamanza yahuye n’ikibazo cy’uburwayi bigatuma Urukiko rutarangiza kwandika icyemezo cy’Urukiko.

Muri uru rubanza kandi hajemo imbogamizi z’umwe mu bacamanza bari barutangiye ari we Beatrice Mukamurenzi yaje kuzamurwa mu ntera akajyanwa mu Rukiko rw’Ubujurire bigatuma uwamusimbuye abanza guhabwa umwanya wo kwiga dosiye.

Uyu wamusimbuye kandi ni na we wahuye n’ikibazo cy’uburwayi muri iki gihe bari bari gutegura umwanzuro w’Urukiko.

Urukiko rwimuriye isomwa ry’urubanza tariki 31 Werurwe 2022.

Uru rubanza rw’ubujurire rwagaragayemo ingingo nshya kuko bamwe mu batangabuhamya bari bashinje Urayeneza Gerard bagarutse bamushinjura, bavuga ko bari babihatiwe.

Ubushinjacyaha na bwo bwavuze ko uku kwivuguruza kw’aba batangabuhamya byatewe no kuba abo mu muryango wa Urayeneza ndetse n’abanyamategeko be, bagiye kubareba bakabasaba kuvuguruza ubuhamya bwabo.

Urayeneza yari yaburanye ahakana ibyaha, akavuga ko ibyo ashinjwa byose ntabyo yakoze, agasaba kugirwa umwere akarekurwa.

Urayeneza Gerard yari yakatiwe igifungo cya burundu n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kuba ikitso ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi n’icyo Kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside yakorewe abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Uwamamaye nka ‘Inyogoye’ yasezeranye mu mategeko ati “Ndagafusha Rukara”

Next Post

Eddy Kenzo yageze mu Rwanda ati “Abanyarwanda n’Abanya-Uganda turi umuryango”

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eddy Kenzo yageze mu Rwanda ati “Abanyarwanda n’Abanya-Uganda turi umuryango”

Eddy Kenzo yageze mu Rwanda ati “Abanyarwanda n’Abanya-Uganda turi umuryango”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.