• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu isomwa ry’urubanza rwa Urayeneza Gerard ryigijwe inyuma

radiotv10by radiotv10
24/02/2022
in MU RWANDA
0
Abandi batangabuhamya bari bashinjije Urayeneza Gerard bakomeje guhindura imvugo bamushinjura
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwaburanishije ubujurire bwa Urayeneza Gerard wakatiwe gufungwa burundu, rwimuye isomwa ry’uru rubanza kubera impamvu ziturutse kuri umwe mu Bacamanza b’inteko yaburanishije uru rubanza.

Uru rubanza rw’ubujurire rwaburanishijwe n’Urugereko Rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya imipaka, rwagombaga gusomwa kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022.

Urukiko rwasubitse isomwa ry’uru rubanza, kubera ikibazo cy’Umwe mu Bacamanza yahuye n’ikibazo cy’uburwayi bigatuma Urukiko rutarangiza kwandika icyemezo cy’Urukiko.

Muri uru rubanza kandi hajemo imbogamizi z’umwe mu bacamanza bari barutangiye ari we Beatrice Mukamurenzi yaje kuzamurwa mu ntera akajyanwa mu Rukiko rw’Ubujurire bigatuma uwamusimbuye abanza guhabwa umwanya wo kwiga dosiye.

Uyu wamusimbuye kandi ni na we wahuye n’ikibazo cy’uburwayi muri iki gihe bari bari gutegura umwanzuro w’Urukiko.

Urukiko rwimuriye isomwa ry’urubanza tariki 31 Werurwe 2022.

Uru rubanza rw’ubujurire rwagaragayemo ingingo nshya kuko bamwe mu batangabuhamya bari bashinje Urayeneza Gerard bagarutse bamushinjura, bavuga ko bari babihatiwe.

Ubushinjacyaha na bwo bwavuze ko uku kwivuguruza kw’aba batangabuhamya byatewe no kuba abo mu muryango wa Urayeneza ndetse n’abanyamategeko be, bagiye kubareba bakabasaba kuvuguruza ubuhamya bwabo.

Urayeneza yari yaburanye ahakana ibyaha, akavuga ko ibyo ashinjwa byose ntabyo yakoze, agasaba kugirwa umwere akarekurwa.

Urayeneza Gerard yari yakatiwe igifungo cya burundu n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kuba ikitso ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi n’icyo Kuzimiza cyangwa gutesha agaciro ibimenyetso cyangwa amakuru byerekeye Jenoside yakorewe abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 5 =

Previous Post

Uwamamaye nka ‘Inyogoye’ yasezeranye mu mategeko ati “Ndagafusha Rukara”

Next Post

Eddy Kenzo yageze mu Rwanda ati “Abanyarwanda n’Abanya-Uganda turi umuryango”

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Eddy Kenzo yageze mu Rwanda ati “Abanyarwanda n’Abanya-Uganda turi umuryango”

Eddy Kenzo yageze mu Rwanda ati “Abanyarwanda n’Abanya-Uganda turi umuryango”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.