Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

radiotv10by radiotv10
03/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari mu byishimo nyuma yo kubakirwa irigezweho.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025, abacururiza hejuru y’iri soko rya Kabarondo bari babwiye RADIOTV10 ko bahanyagirirwa, abandi na bo bacururizaga hasi mu nkengero z’iri soko, na bo bavugaga ko hababangamiye kuko hatabonaga.

Icyo gihe kandi Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza bwari bwazeje aba bacuruzi ko mu mpera z’uyu mwaka w’Ingengo y’Imari bazaba babonye aho bacururiza habanogeye.

Aba bacuruzi, ubu barashimira ubuyobozi n’Itangazamakuru ryabakoreye ubuvugizi, kuko ubu bacururiza ahantu hatwikiriye hajyanye n’igihe kandi bakaba bumva batekanye.

Mukamparirwa Joseline ati “Tukiri hanze imvura yaratunyagiraga, izuba rikatwica, ariko ubu twageze mu isoko rishyashya, harazitiye senyenge ziriho.”

Iradukunda Rosine na we ati “Turashimira Perezida wa Repulika, turabashimira ko ibyo twababwiye mwatuvuganiye ubu tukaba tubonye umusaruro w’ibyo mwatuvuganiye ukaza ari mwiza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kayonza, Niyitanga Jean Damascene yasabye abahawe iri soko kurifata neza no kuribyaza umusaruro.

Ati “Mbere hahoze agasoko gatoya katajyanye n’igihe, Leta ibubakira ririya soko. Icyo tubasaba ni uko isoko ari iryabo, nubwo Akarere karyubatse mu kibanza cy’Akarere ni iry’abaturage, bagomba kurifata neza bakaribungabunga, ari icyangiritse kigaragazwa abantu bakagisana.”

Aba bacuruzi bacuruza ibiribwa birimo imboga n’imbuto, bavuga ko baruhutse ivumbi, imvura bahuraga na byo kandi bagashimangira bagiye gukora baharanira kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyabo.

Aho bacururizaga habateraga agahinda
Ubu baracururiza ahagezweho

Barashimira itangazamakuru ryabakoreye ubuvugizi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − thirteen =

Previous Post

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Next Post

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Related Posts

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

by radiotv10
10/07/2025
0

Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia  Codina, players of Arsenal Women Football Club visited the Kigali Genocide Memorial at Gisozi,...

IZIHERUKA

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?
IMIBEREHO MYIZA

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.