Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, bifashishije ibibazo by’abaturage bavuga ko bayobewe irengero ry’imigabane bafite muri Banki y’Abaturage (BPR), baboneyeho kubaza irengero ry’iyabo bari bafitemo mbere ya 2007.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kamena 2022 ubwo Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana yatangaga ibisobanuro ku Nteko Ishinga Amategeko ku bijyanye n’ibibazo bivugwa muri Banki y’Abaturage.

Iyi banki imaze kujya mu biganza bya banki z’ubucuruzi ebyiri nyuma y’uko igiye muri Atlas Mara ubu ikaba iherutse kwihuza na KCB Bank.

Muri 2007 Banki y’Abaturage yavuye mu cyiciro cy’amakorative bituma uwari usanzwe afite konti muri iyi Banki mbere y’uyu mwaka ahita aba umunyamigabane.

Izi mpinduka zatumye aba banyamigabane ba Banki y’Abaturage batamenya irengero ry’imigabane yabo.

Abadepite bavuga ko mu ngendo bakoze bahuye n’abaturage babagezaho iki kibazo cy’imigabane bahoranye muri iyi Banki ariko bakaba batazi irengero ryayo.

Izi ntumwa za rubanda zavuze ko na zo zifite ubuhamya kuri iki kibazo kuko na bo bahoranye imigabane muri iyi Banki.

Aba Badepite bavuga ko habayeho isaranganya ry’inyungu ryagombaga kugera ku banyamuryango bose.

Umwe mu Badepite yagize ati “Nanjye ndi umunyamuryango reka ndeke kuvuga ku bandi, kugeza n’uyu munsi biragoye ko twamenya y’uko iyo nyungu yasaranganyijwe kuko uyu munsi nta muntu wamenya ngo ‘ndi umunyamuryango wa Banque Populaire mfitemo imigabane iyi n’iyi, umugabane ni amafaranga angana atya’.”

Undi Mudepite yavuze ko hari n’abahoze ari abanyamuryango/abanyamigabane bitabye Imana ariko abo basize bakaba bakurikirana imigabane yabo ariko ko kugeza uyu munsi batabona aho bahera.

Yagize ati “Hari abantu bashobora kubakurikiranira iyo migabane yabo ariko bakaba badashobora kubona n’iyo konti n’iyo nimero ya telefone. Nkanjye muzehe wanjye yabagamo afitemo n’amafaranga atari macye.”

Izi ntumwa za rubanza zivuga kandi ko aba banyamigabane ba Banki y’Abaturage, batazi inyungu bamaze kugira.

Ati “Turifuza kumenya igihe umunyamuryango azagira uburenganzira bwo gufata icyemezo ku migabane ye afite.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yamaze impungenge aba badepite, avuga ko ayo amafaranga ahari ariko ko nta nyungu yabariwe.

Ati “Umunyamuryango ku giti cye, amafaranga afitemo ni macye cyane, aba menshi uyashyize hamwe ariko ugiye ubarira ku muntu umwe umwe ni macye ku buryo ari hafi ya 0%.”

Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko abifuza imigabane yabo, bazavugana na Banki ubundi ikaba yagurwa n’abafitemo imigabane myinshi.

Goverinoma y’u Rwanda igaragaza ko banki y’abaturage ifite imari ingana na miliyari 71,3 Frw, bingana na 87% by’ayo mafaranga yinjiranye muri KCB.

Abanyamigabane bo bafitemo miliyari 10.1 Frw ingana na 12% by’imari-shingiro y’ikigo cyaguze iyi banki y’abaturage.

Banki y’Abaturage ivuga ko habarwa abanyamigabane barenga ibihumbi 290 mu gihe abamaze kumenyekana ari abantu ibihumbi 160.

Iyi Banki y’Abaturage yahawe umukoro wo kuba yabonye imyirondoro y’abo banyamigabane bitarenze mu kwezi k’Ukwakira 2022.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Joseph says:
    3 years ago

    Muzakomeze mutubarize iyo bank ,kuko muzehe yarashaje ,ariko yari afitemo ,18 yose ariko ubu sinzi ngo twabarizahe ,kandi banki yarasenyewe muzindi inshuro nyinshi

    Reply
  2. nizeeyimana bomba damascene says:
    3 years ago

    twaherutse batubarura ntituzi aho twabaza mudukurikiranire

    Reply

Leave a Reply to nizeeyimana bomba damascene Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − nine =

Previous Post

Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

Next Post

Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.