• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in MU RWANDA
0
Abagabo babiri bafatanywe udufuka tubiri tw’urumogi babitanzeho ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bafatanywe ibilo 30 by’urumogi mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, bavuze ko bari barukuye mu Karere ka Rubavu barujyanye i Nyamirambo.

Aba bagabo bafashwe kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2025, ubwo bari bageze mu Mudugudu wa Mubuga mu Kagari ka Nyamweru mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge, bafite urwo rumogi rwari ruri mu dufuka tubiri.

Aba bagabo babiri bafashwe batwaye iki kiyobyabwenge kuri moto ifite pulake ya nimero RJ506X, ni Imfurayase Themisphore na Byukusenge Alan.

Nyuma yo gufatwa n’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Kurwanya Ibiyobyabwenge, aba bagabo babiri bavuze ko ibi biyobyabwenge bari babikuye mu Karere ka Rubavu, nyuma yo kubihabwa n’umuturage.

Babwiye Polisi ko uwabahaye uru rumogi yari abatumye kurugeze i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bakaruha umucuruzi ugomba kurugurisha.

Nyuma yo gufatwa, aba bantu babiri, bahise bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kugira ngo hakorwe iperereza banakorerwe dosiye izashyikirizwa Ubushinjacyaha.

Mu Karere ka Rubavu bikekwa ko hari haturutse uru rumogi, ni hamwe hakunze kuvugwaho iki kiyobyabwenge cy’urumogi, aho benshi mu babyinjiza mu Gihugu, baba babikuye mu Gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Polisi y’u Rwanda yakunze kuburira kenshi abishoye mu bucuruzi no gukwirakwiza ibiyobyabwenge, kubireka, kuko uru rwego rwabihagurukiye, bityo ko ababikora bazafatwa bakabihanirwa hakurikijwe amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Polisi yakuyeho urujijo ku byo abaturage bakekaga ku mpanuka y’ubwato yahitanye uwari ubutwaye

Next Post

Amashuri yisumbuye ya Leta yashyiriweho umwihariko ku musanzu ntarengwa utangwa n’ababyeyi

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Hatangajwe itariki yo gutangiriraho amashuri n’iyo gutangarizaho amanota y’ibizamini bya Leta

Amashuri yisumbuye ya Leta yashyiriweho umwihariko ku musanzu ntarengwa utangwa n’ababyeyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.