Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagabo banze gukomeza kubihishira bavuga ingeso abagore babo badukanye ngo idakwiye Umunyarwandakazi

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abagabo banze gukomeza kubihishira bavuga ingeso abagore babo badukanye ngo idakwiye Umunyarwandakazi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko abagore babo badukanye ingeso yabatunguye, yo gutaha mu gicuku cy’ijoro, kandi ko baba bavuye mu kabari, bakavuga ko ibi bitahozeho.

Umuturage witwa Kayibanda Augustin utuye muri aka gace, avuga ko hari abagore batagitinya gutaha saa yine z’ijoro, nyamara bitarigeze bibaho mu mateka yo mu Rwanda.

Ati “Wajya kubona ukabona saa tatu [z’ijoro] bicaye mu kabari. Nkabaza nti ‘ese mwa bagore mwe ko mwicaye mu kabari ubu abagabo banyu muragenda mubakinguze?’”

Uyu mugabo avuga ko iki kibazo akunze kubaza abo bagore cyari kigiye kumukoraho. Ati “Ejondi hari abari bagiye kunkubita babiri bakavuga ngo tuzagukubita.”

Havugimana Alphonse avuga ko nta mugore ukwiye gutaha ariya masaha, kuko byica byinshi bijyanye n’imiberego y’imiryango.

Ati “Iyo umugore atashye nijoro, ibintu byose biba byapfuye, nta wundi muntu wabikoze kuko ari we wari kubikora. Iyo atashye saa yine nabwo biba bibangamye.”

Ibi kandi binagarukwaho na bamwe mu bagore banenga bagenzi babo bajya mu tubari bagacyurwa n’ijoro, bakavuga ko uyu muco udakwiye, bityo ko inzego zikwiye kugira icyo zikora.

Ndacyayisenga Francoise yagize ati “Barazinywa bakageza na sa tanu ahubwo. Hari n’abararamo. Ntabwo bikwiye, uwo muco ni mubi.”

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rwamgana, Dr.Rangira Lambert avuga ko bazakomeza gukora ubukangurambaga kugira ngo ingeso nk’izi zicike kuko zishobora kuba intandaro y’amakimbirane yo mu miryango, nubwo bikorwa na bamwe.

Ati “Byagaragaye ko atari bose. Aba umwe agatukisha bose, ariko igishimishije ni uko hari ababashije kugaya abakora ibyo bikorwa, natwe tukaba twumva icyo kibazo mu Karere ka Rwamagana kitaduhangayikishije.”

Yakomeje agira ati “Bacye bakora ibyo si abo gushimwa tukaba twabonye ko ari ikintu cyo kugaya.”

INKURU MU MASHUSHO

Yussouf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − seventeen =

Previous Post

Tunisia: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bahagurukanye Perezida

Next Post

Isomo ry’ubuzima rya Miss Jolly yagaruyemo ijambo ryigeze gutuma bamuhagurukana

Related Posts

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho
MU RWANDA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Isomo ry’ubuzima rya Miss Jolly yagaruyemo ijambo ryigeze gutuma bamuhagurukana

Isomo ry’ubuzima rya Miss Jolly yagaruyemo ijambo ryigeze gutuma bamuhagurukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.