Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagore bahishuye uburenganzira bwabo bujya buhonyorwa bazizwa ubundi bemererwa n’amategeko

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Abagore bahishuye uburenganzira bwabo bujya buhonyorwa bazizwa ubundi bemererwa n’amategeko

Cropped image of beautiful pregnant business woman using a laptop and holding one hand on her belly while working at home

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bari n’abategarugori bo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko bajya birukanwa mu kazi kuko batwite, babyaye cyangwa bonsa, nyamara ari uburenganzira bemererwa n’amategeko, kuko hari n’abagerageza kubihisha kugira ngo baramire akazi kabo.

Umwe mu baganiriye na RADIOTV10 utashatse ko imyirondoro ye itangazwa, yavuze ko yakoraga mu bijyanye no kwakira abantu, aho yari yakoraga mu ishami ryo kwakira abantu (reception) kuri Hoteli imwe muri Kigali, akaza kwirukanwa ubwo byagaragaraga ko atwite.

Yagize ati “Uwo nari narasimbuye na we bambwiraga ko n’ubundi ari cyo yazize. Mu kwezi kwa kane nahise nsama ntangira kuyihisha kuko nari nzi ko byambera bibi.

Naje kwisanga mu biro by’abayobozi bambaza niba ibyo abakozi bamvugaho ari byo mbanza kumuhakanira ariko nyuma yongeye kuntumaho ndabimwemerera. Kuva icyo gihe rero batangiye kujya banshyira inyuma, banshyiraho amananiza.”

Avuga ko aho amariye kubyara yishyuwe ukwezi kumwe, ubundi bahita bamwirukana.

Ati “Banyishyuye amafaranga y’ukwezi kumwe bari bamfitiye ngo nigendere nta bakozi bandi bakeneye, nyamara nyuma bahise bazana undi unsimbura.”

Iyi nkuru y’uyu mubyeyi, ayisangiye n’abandi bakora mu nzego zimwe na zimwe nko mu mahoteli, mu tubari, no mu bindi bikorwa bisaba ingufu nk’ubwubatsi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ntakiyimana Francois, Umunyamabanga Mukuru wa Sendika COTRAF-Inganda iharanira uburenganzira bw’abakora mu nganda no mu bwubatsi, avuga ko ibibazo nk’ibi bagiye babyakira.

Ati “Twahuye na byo cyane mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, hari umukozi wabyaye bamwima ikiruhuko cyo kubyara kubera ko ngo atasezeranye. Twifuza ko umugenzuzi w’umurimo bakongerwa kandi bagahabwa ubushobbozi bwo gufunga ikigo mu gihe wenda cyagaragayeho kutubahiriza amategeko agenga umurimo.”

Umukozi muri Minisiteri y’Umurimo n’Abakozi ba Leta ushinzwe ibikorwa byubugenzuzi bw’umurirmo, Nkundabakura Karima Javan avuga ko hasanzwe hariho abagenzuzi b’umurimo bakurikirana ibibazo nk’ibi, ariko ko badakunze kugezwaho amakuru ku bibazo nk’ibi kuko hakoreshwa uburyo bwose bikemuka mu bwumvikane kubera uburemere bwabyo.

Ati “Minisiteri igira abakozi bagenzura umurimo mu Turere kandi yabahaye n’ububasha, ahubwo ayo makuru ntatangwa uko bikwiye, rimwe na rimwe ntibigere ku mugenzuzi w’umurimo. Akenshi babihisha mu bundi buryo ku buryo bitagaragara kuko akenshi iyo bigaragaraye kiba cyahindutse icyaha cy’ivangura.”

Itegeko rishya rijyanye n’Ubuzima n’Umutekano ku kazi, rivuga ko umugore wabyaye ahabwa ikiruhuko kingana n’ibyumweru 14, naho umugabo we agahabwa ikiruhuko kingana n’icyumweru yaba abakora mu bigo bya Leta n’iby’abikorera.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Claver Mbonyingingo says:
    1 year ago

    No mu mashuli y’abikorera naho birakorwa,aho usanga umugore amaze nk’imyaka ingahe akora ku kigo runaka,ariko yabyara bagatangira kumwiyenzaho ngo afite diplôme itari iyubwarimu,ukibaza niba aribwo bakibona iyo diplôme mu myaka ine,itanu baribamaze bamukoresha.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 2 =

Previous Post

RADIOTV 10 OPINION: What does it mean for Africa to have seats at UNSC?

Next Post

Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

Related Posts

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

IZIHERUKA

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw
MU RWANDA

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.