Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagore bahishuye uburenganzira bwabo bujya buhonyorwa bazizwa ubundi bemererwa n’amategeko

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Abagore bahishuye uburenganzira bwabo bujya buhonyorwa bazizwa ubundi bemererwa n’amategeko

Cropped image of beautiful pregnant business woman using a laptop and holding one hand on her belly while working at home

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bari n’abategarugori bo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko bajya birukanwa mu kazi kuko batwite, babyaye cyangwa bonsa, nyamara ari uburenganzira bemererwa n’amategeko, kuko hari n’abagerageza kubihisha kugira ngo baramire akazi kabo.

Umwe mu baganiriye na RADIOTV10 utashatse ko imyirondoro ye itangazwa, yavuze ko yakoraga mu bijyanye no kwakira abantu, aho yari yakoraga mu ishami ryo kwakira abantu (reception) kuri Hoteli imwe muri Kigali, akaza kwirukanwa ubwo byagaragaraga ko atwite.

Yagize ati “Uwo nari narasimbuye na we bambwiraga ko n’ubundi ari cyo yazize. Mu kwezi kwa kane nahise nsama ntangira kuyihisha kuko nari nzi ko byambera bibi.

Naje kwisanga mu biro by’abayobozi bambaza niba ibyo abakozi bamvugaho ari byo mbanza kumuhakanira ariko nyuma yongeye kuntumaho ndabimwemerera. Kuva icyo gihe rero batangiye kujya banshyira inyuma, banshyiraho amananiza.”

Avuga ko aho amariye kubyara yishyuwe ukwezi kumwe, ubundi bahita bamwirukana.

Ati “Banyishyuye amafaranga y’ukwezi kumwe bari bamfitiye ngo nigendere nta bakozi bandi bakeneye, nyamara nyuma bahise bazana undi unsimbura.”

Iyi nkuru y’uyu mubyeyi, ayisangiye n’abandi bakora mu nzego zimwe na zimwe nko mu mahoteli, mu tubari, no mu bindi bikorwa bisaba ingufu nk’ubwubatsi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ntakiyimana Francois, Umunyamabanga Mukuru wa Sendika COTRAF-Inganda iharanira uburenganzira bw’abakora mu nganda no mu bwubatsi, avuga ko ibibazo nk’ibi bagiye babyakira.

Ati “Twahuye na byo cyane mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, hari umukozi wabyaye bamwima ikiruhuko cyo kubyara kubera ko ngo atasezeranye. Twifuza ko umugenzuzi w’umurimo bakongerwa kandi bagahabwa ubushobbozi bwo gufunga ikigo mu gihe wenda cyagaragayeho kutubahiriza amategeko agenga umurimo.”

Umukozi muri Minisiteri y’Umurimo n’Abakozi ba Leta ushinzwe ibikorwa byubugenzuzi bw’umurirmo, Nkundabakura Karima Javan avuga ko hasanzwe hariho abagenzuzi b’umurimo bakurikirana ibibazo nk’ibi, ariko ko badakunze kugezwaho amakuru ku bibazo nk’ibi kuko hakoreshwa uburyo bwose bikemuka mu bwumvikane kubera uburemere bwabyo.

Ati “Minisiteri igira abakozi bagenzura umurimo mu Turere kandi yabahaye n’ububasha, ahubwo ayo makuru ntatangwa uko bikwiye, rimwe na rimwe ntibigere ku mugenzuzi w’umurimo. Akenshi babihisha mu bundi buryo ku buryo bitagaragara kuko akenshi iyo bigaragaraye kiba cyahindutse icyaha cy’ivangura.”

Itegeko rishya rijyanye n’Ubuzima n’Umutekano ku kazi, rivuga ko umugore wabyaye ahabwa ikiruhuko kingana n’ibyumweru 14, naho umugabo we agahabwa ikiruhuko kingana n’icyumweru yaba abakora mu bigo bya Leta n’iby’abikorera.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Claver Mbonyingingo says:
    1 year ago

    No mu mashuli y’abikorera naho birakorwa,aho usanga umugore amaze nk’imyaka ingahe akora ku kigo runaka,ariko yabyara bagatangira kumwiyenzaho ngo afite diplôme itari iyubwarimu,ukibaza niba aribwo bakibona iyo diplôme mu myaka ine,itanu baribamaze bamukoresha.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − five =

Previous Post

RADIOTV 10 OPINION: What does it mean for Africa to have seats at UNSC?

Next Post

Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.