Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

“Abagore bakuze barishakira abasore”, “Abagabo ntibakitwiteza”- Baritana bamwana ku bushurashuzi

radiotv10by radiotv10
01/07/2022
in MU RWANDA
0
“Abagore bakuze barishakira abasore”, “Abagabo ntibakitwiteza”- Baritana bamwana ku bushurashuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke barashinjanya gucana inyuma, bakavuga ko abagabo babo bigira mu bakobwa bakiri bato mu gihe abagabo na bo bavuga ko abagore babo bajya mu basore ndetse ko badatinya no gusambanira mu muhanda ku manywa y’ihangu.

Aba baturage biganjemo abo mu Kagari ka Rutenderi mu Murenge wa Mugunga, babwiye RADIOTV10 ko iyo abagabo babonye abagore babo bamaze gusaza, batongera kubikoza ahubwo bakigira mu bakiri bato.

Umwe mu bagore yagize ati “Umugabo aba afite umugore ungana nkanjye, ubwo rero iyo andeba aba abona yaranyibeshyeho, yakubitana n’umukobwa ungana n’uyu, bakajya bibeta ahantu. Akagenda akararayo bugacya akagaruka iwanjye.”

Undi mubyeyi avuga ko ibi biri gutuma amakimbirane mu miryango yiyongera muri aka gace kuko umugabo wagiye muri izo nshoreke atongera kuzuza inshingano zo mu rugo.

Ati “Izo nshoreke ni zo zituburije abana amahoro, n’amafaranga y’ishuri ntibakiyabona.”

Aba bagore bavuga ko abakora ibi bikorwa by’ubushurashuzi bashize isoni kuko hari n’ababikorera mu muhanda rwagati ku manywa y’ihangu.

Undi ati “Ubonye niyo bakabikoreye mu ntsinda ntibajye mu mihanda, biteye isoni, hari n’ubibona bikamutera isoni ariko hari n’ababishima kuko na we aba avuga ngo mu kanya ndabikora.”

Aba babyeyi bavuga ko abagabo babo bari gukora amahano kuko bajya gusambana n’abo bakabereye abuzukuru, bavuga ko biri kubagiraho ingaruka mu mibereho.

Ati “Abagore bakuze twarenganye, nta munyu, nta sabune, ni uko turiho, biri guterwa n’ubwo bushurashuzi […] niba ari inzoga zibitera, nta muntu ukigira n’isoni, na hano [yerekana ku ibaraza ry’inzu] bamwe baharyama.”

Abagabo bo muri aka gace, bamaganira kure izi ngeso mbi bashinjwa n’abagore babo, bakavuga ko ahubwo ibyo babavugaho ari bo babikora.

Umwe yagize ati “Ahubwo abagore ni bo basaze bari kwigira mu twana dutoya. Bibeshyera abasaza, urabona uko ngana uku, ntabwo nava mu rugo ngo nge gusenyera urundi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugunga, Uwimana Eugene yagaragaje impamvu zituma abashakanye bashobora kwishora muri izi ngeso mbi.

Ati “Umuntu ashobora kubikora ari uko yiboneye undi mukobwa cyangwa umugore ukiri muto no kubona ko urugo rubuzemo ibimunejeje cyangwa se ibyo yifuza kubamo.”

Uyu muyobozi uvuga ko bamaze iminsi bakora ubukangurambaga mu baturage babasaba kutararurwa n’irari, avuga ko ibi bibazo by’ubushurashuzi byagaragajwe n’abaturage bitari muri uyu Murenge ndetse ko n’ubu bukangurambaga babukora mu rwego rwo gukumira ko bihagera.

Abagabo bavuga ko ibyo bashinjwa n’abagore babo ari bo babikora

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − six =

Previous Post

Perezida wa USA Joe Biden yizeje Tshisekedi wa DRC ubufasha mu by’umutekano

Next Post

Ntimuterwe ipfunwe n’abo muri bo, turabakunda- Biden abwira Abatinganyi

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntimuterwe ipfunwe n’abo muri bo, turabakunda- Biden abwira Abatinganyi

Ntimuterwe ipfunwe n’abo muri bo, turabakunda- Biden abwira Abatinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.