Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

“Abagore bakuze barishakira abasore”, “Abagabo ntibakitwiteza”- Baritana bamwana ku bushurashuzi

radiotv10by radiotv10
01/07/2022
in MU RWANDA
0
“Abagore bakuze barishakira abasore”, “Abagabo ntibakitwiteza”- Baritana bamwana ku bushurashuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke barashinjanya gucana inyuma, bakavuga ko abagabo babo bigira mu bakobwa bakiri bato mu gihe abagabo na bo bavuga ko abagore babo bajya mu basore ndetse ko badatinya no gusambanira mu muhanda ku manywa y’ihangu.

Aba baturage biganjemo abo mu Kagari ka Rutenderi mu Murenge wa Mugunga, babwiye RADIOTV10 ko iyo abagabo babonye abagore babo bamaze gusaza, batongera kubikoza ahubwo bakigira mu bakiri bato.

Umwe mu bagore yagize ati “Umugabo aba afite umugore ungana nkanjye, ubwo rero iyo andeba aba abona yaranyibeshyeho, yakubitana n’umukobwa ungana n’uyu, bakajya bibeta ahantu. Akagenda akararayo bugacya akagaruka iwanjye.”

Undi mubyeyi avuga ko ibi biri gutuma amakimbirane mu miryango yiyongera muri aka gace kuko umugabo wagiye muri izo nshoreke atongera kuzuza inshingano zo mu rugo.

Ati “Izo nshoreke ni zo zituburije abana amahoro, n’amafaranga y’ishuri ntibakiyabona.”

Aba bagore bavuga ko abakora ibi bikorwa by’ubushurashuzi bashize isoni kuko hari n’ababikorera mu muhanda rwagati ku manywa y’ihangu.

Undi ati “Ubonye niyo bakabikoreye mu ntsinda ntibajye mu mihanda, biteye isoni, hari n’ubibona bikamutera isoni ariko hari n’ababishima kuko na we aba avuga ngo mu kanya ndabikora.”

Aba babyeyi bavuga ko abagabo babo bari gukora amahano kuko bajya gusambana n’abo bakabereye abuzukuru, bavuga ko biri kubagiraho ingaruka mu mibereho.

Ati “Abagore bakuze twarenganye, nta munyu, nta sabune, ni uko turiho, biri guterwa n’ubwo bushurashuzi […] niba ari inzoga zibitera, nta muntu ukigira n’isoni, na hano [yerekana ku ibaraza ry’inzu] bamwe baharyama.”

Abagabo bo muri aka gace, bamaganira kure izi ngeso mbi bashinjwa n’abagore babo, bakavuga ko ahubwo ibyo babavugaho ari bo babikora.

Umwe yagize ati “Ahubwo abagore ni bo basaze bari kwigira mu twana dutoya. Bibeshyera abasaza, urabona uko ngana uku, ntabwo nava mu rugo ngo nge gusenyera urundi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugunga, Uwimana Eugene yagaragaje impamvu zituma abashakanye bashobora kwishora muri izi ngeso mbi.

Ati “Umuntu ashobora kubikora ari uko yiboneye undi mukobwa cyangwa umugore ukiri muto no kubona ko urugo rubuzemo ibimunejeje cyangwa se ibyo yifuza kubamo.”

Uyu muyobozi uvuga ko bamaze iminsi bakora ubukangurambaga mu baturage babasaba kutararurwa n’irari, avuga ko ibi bibazo by’ubushurashuzi byagaragajwe n’abaturage bitari muri uyu Murenge ndetse ko n’ubu bukangurambaga babukora mu rwego rwo gukumira ko bihagera.

Abagabo bavuga ko ibyo bashinjwa n’abagore babo ari bo babikora

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Perezida wa USA Joe Biden yizeje Tshisekedi wa DRC ubufasha mu by’umutekano

Next Post

Ntimuterwe ipfunwe n’abo muri bo, turabakunda- Biden abwira Abatinganyi

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntimuterwe ipfunwe n’abo muri bo, turabakunda- Biden abwira Abatinganyi

Ntimuterwe ipfunwe n’abo muri bo, turabakunda- Biden abwira Abatinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.