Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

“Abagore bakuze barishakira abasore”, “Abagabo ntibakitwiteza”- Baritana bamwana ku bushurashuzi

radiotv10by radiotv10
01/07/2022
in MU RWANDA
0
“Abagore bakuze barishakira abasore”, “Abagabo ntibakitwiteza”- Baritana bamwana ku bushurashuzi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke barashinjanya gucana inyuma, bakavuga ko abagabo babo bigira mu bakobwa bakiri bato mu gihe abagabo na bo bavuga ko abagore babo bajya mu basore ndetse ko badatinya no gusambanira mu muhanda ku manywa y’ihangu.

Aba baturage biganjemo abo mu Kagari ka Rutenderi mu Murenge wa Mugunga, babwiye RADIOTV10 ko iyo abagabo babonye abagore babo bamaze gusaza, batongera kubikoza ahubwo bakigira mu bakiri bato.

Umwe mu bagore yagize ati “Umugabo aba afite umugore ungana nkanjye, ubwo rero iyo andeba aba abona yaranyibeshyeho, yakubitana n’umukobwa ungana n’uyu, bakajya bibeta ahantu. Akagenda akararayo bugacya akagaruka iwanjye.”

Undi mubyeyi avuga ko ibi biri gutuma amakimbirane mu miryango yiyongera muri aka gace kuko umugabo wagiye muri izo nshoreke atongera kuzuza inshingano zo mu rugo.

Ati “Izo nshoreke ni zo zituburije abana amahoro, n’amafaranga y’ishuri ntibakiyabona.”

Aba bagore bavuga ko abakora ibi bikorwa by’ubushurashuzi bashize isoni kuko hari n’ababikorera mu muhanda rwagati ku manywa y’ihangu.

Undi ati “Ubonye niyo bakabikoreye mu ntsinda ntibajye mu mihanda, biteye isoni, hari n’ubibona bikamutera isoni ariko hari n’ababishima kuko na we aba avuga ngo mu kanya ndabikora.”

Aba babyeyi bavuga ko abagabo babo bari gukora amahano kuko bajya gusambana n’abo bakabereye abuzukuru, bavuga ko biri kubagiraho ingaruka mu mibereho.

Ati “Abagore bakuze twarenganye, nta munyu, nta sabune, ni uko turiho, biri guterwa n’ubwo bushurashuzi […] niba ari inzoga zibitera, nta muntu ukigira n’isoni, na hano [yerekana ku ibaraza ry’inzu] bamwe baharyama.”

Abagabo bo muri aka gace, bamaganira kure izi ngeso mbi bashinjwa n’abagore babo, bakavuga ko ahubwo ibyo babavugaho ari bo babikora.

Umwe yagize ati “Ahubwo abagore ni bo basaze bari kwigira mu twana dutoya. Bibeshyera abasaza, urabona uko ngana uku, ntabwo nava mu rugo ngo nge gusenyera urundi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugunga, Uwimana Eugene yagaragaje impamvu zituma abashakanye bashobora kwishora muri izi ngeso mbi.

Ati “Umuntu ashobora kubikora ari uko yiboneye undi mukobwa cyangwa umugore ukiri muto no kubona ko urugo rubuzemo ibimunejeje cyangwa se ibyo yifuza kubamo.”

Uyu muyobozi uvuga ko bamaze iminsi bakora ubukangurambaga mu baturage babasaba kutararurwa n’irari, avuga ko ibi bibazo by’ubushurashuzi byagaragajwe n’abaturage bitari muri uyu Murenge ndetse ko n’ubu bukangurambaga babukora mu rwego rwo gukumira ko bihagera.

Abagabo bavuga ko ibyo bashinjwa n’abagore babo ari bo babikora

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Perezida wa USA Joe Biden yizeje Tshisekedi wa DRC ubufasha mu by’umutekano

Next Post

Ntimuterwe ipfunwe n’abo muri bo, turabakunda- Biden abwira Abatinganyi

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntimuterwe ipfunwe n’abo muri bo, turabakunda- Biden abwira Abatinganyi

Ntimuterwe ipfunwe n’abo muri bo, turabakunda- Biden abwira Abatinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.