Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagore batwite ndetse n’abagore bonsa bashobora gufata urukingo rw’icyorezo COVID-19

radiotv10by radiotv10
02/08/2021
in MU RWANDA
0
Abagore batwite ndetse n’abagore bonsa bashobora gufata urukingo rw’icyorezo COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima mu Rwanda (RBC) kiratangaza ko abagore batwite ndetse n’abonsa na bo bashobora gufata urukingo rw’icyorezo cya COVID-19 bikuraho impungenge bamwe bari bafite kuri iyi ngingo.

Ikigo cy’ubuzima kiravuga ko abari muri icyo cyiciro bashobora kwibasirwa n’icyo cyorezo kuruta abandi bagore, kigahera aho kibakangurira gufata urukingo.

Mu bushakashatsi RBC yakoze kuva mu gihugu batangiye gutanga inking za COVID-19 bugaragaza ko abagore batwite ndetse n’abonsa bashobora gufata urukingo rw’iki cyorezo ntihagire ingaruka bahura na zo. Ibi bisobanurwa na Dr.Sabin Nsanzimana ukuriye ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC). Avuga ko ubwirinzi bw’umubyeyi utwite bugirira akamaro n’umwana igihe ataravuka.

Abagore batwite n’abonsa baganiriye na RadioTV10 kuri iyi ngingo yo gufata urukingo bavuga ko bari basanzwe bafite amakuru ko batemerewe gufata uru rukingo kuko ngo byabagiraho ingaruka.

Umwe yagize ati “Njyewe ndatwite ariko nari narumvise ko utwite atikingiza, badukingiye rero byaba ari byiza”

Undi nawe yagize ati”Njyewe nonsa umwana w’umwaka n’amezi umunani ubwo rero numvise ko tutari mu bakinirwa. Icyakora babyemeye najyayo, kuko numvise ko turimo kwibasirwa cyane n’icyorezo”

Dr Sabin.Nsanzimana umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) anakangurira abagore bonsa ko na bo bemerewe gufata urukingo rw’icyorezo cya COVID-19 kuko birushaho kubarinda n’abana babo muri rusange bityo badakwiye kugira impungenge kuri uru rukingo.

Nyuma y’ibi, abagore bonsa na bo bavuga ko ari umwanya mwiza wo gufata urukingo rwa COVID-19 mu mu gambi wo kwirinda no kurinda abana babo.

Uretse kuba hatanzwe ubutumwa bukangurira abagore batwite n’abonsa ko na bo bakwihutira gufata inkingo z’icyorezo cya COVID-19 nta gahunda iratangazwa y’uburyo n’igihe bizakorerwa nk’uko byagiye bibaho ku byiciro bitandukanye byabanje.

Imibare ya minisiteri y’ubuzima iragaragaza ko kuva u Rwanda rwatangira gukingira iki cyorezo ababarirwa mu 400,000 bamaze gukingirwa COVID-19.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 10 =

Previous Post

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yageze mu Rwanda

Next Post

AMAFOTO: Abafana ba Rayon Sports bazindukiye ku biro by’iyi kipe guhura na komite nyobozi

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Abafana ba Rayon Sports bazindukiye ku biro by’iyi kipe guhura na komite nyobozi

AMAFOTO: Abafana ba Rayon Sports bazindukiye ku biro by’iyi kipe guhura na komite nyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.