Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagore batwite ndetse n’abagore bonsa bashobora gufata urukingo rw’icyorezo COVID-19

radiotv10by radiotv10
02/08/2021
in MU RWANDA
0
Abagore batwite ndetse n’abagore bonsa bashobora gufata urukingo rw’icyorezo COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima mu Rwanda (RBC) kiratangaza ko abagore batwite ndetse n’abonsa na bo bashobora gufata urukingo rw’icyorezo cya COVID-19 bikuraho impungenge bamwe bari bafite kuri iyi ngingo.

Ikigo cy’ubuzima kiravuga ko abari muri icyo cyiciro bashobora kwibasirwa n’icyo cyorezo kuruta abandi bagore, kigahera aho kibakangurira gufata urukingo.

Mu bushakashatsi RBC yakoze kuva mu gihugu batangiye gutanga inking za COVID-19 bugaragaza ko abagore batwite ndetse n’abonsa bashobora gufata urukingo rw’iki cyorezo ntihagire ingaruka bahura na zo. Ibi bisobanurwa na Dr.Sabin Nsanzimana ukuriye ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC). Avuga ko ubwirinzi bw’umubyeyi utwite bugirira akamaro n’umwana igihe ataravuka.

Abagore batwite n’abonsa baganiriye na RadioTV10 kuri iyi ngingo yo gufata urukingo bavuga ko bari basanzwe bafite amakuru ko batemerewe gufata uru rukingo kuko ngo byabagiraho ingaruka.

Umwe yagize ati “Njyewe ndatwite ariko nari narumvise ko utwite atikingiza, badukingiye rero byaba ari byiza”

Undi nawe yagize ati”Njyewe nonsa umwana w’umwaka n’amezi umunani ubwo rero numvise ko tutari mu bakinirwa. Icyakora babyemeye najyayo, kuko numvise ko turimo kwibasirwa cyane n’icyorezo”

Dr Sabin.Nsanzimana umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) anakangurira abagore bonsa ko na bo bemerewe gufata urukingo rw’icyorezo cya COVID-19 kuko birushaho kubarinda n’abana babo muri rusange bityo badakwiye kugira impungenge kuri uru rukingo.

Nyuma y’ibi, abagore bonsa na bo bavuga ko ari umwanya mwiza wo gufata urukingo rwa COVID-19 mu mu gambi wo kwirinda no kurinda abana babo.

Uretse kuba hatanzwe ubutumwa bukangurira abagore batwite n’abonsa ko na bo bakwihutira gufata inkingo z’icyorezo cya COVID-19 nta gahunda iratangazwa y’uburyo n’igihe bizakorerwa nk’uko byagiye bibaho ku byiciro bitandukanye byabanje.

Imibare ya minisiteri y’ubuzima iragaragaza ko kuva u Rwanda rwatangira gukingira iki cyorezo ababarirwa mu 400,000 bamaze gukingirwa COVID-19.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 6 =

Previous Post

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yageze mu Rwanda

Next Post

AMAFOTO: Abafana ba Rayon Sports bazindukiye ku biro by’iyi kipe guhura na komite nyobozi

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Abafana ba Rayon Sports bazindukiye ku biro by’iyi kipe guhura na komite nyobozi

AMAFOTO: Abafana ba Rayon Sports bazindukiye ku biro by’iyi kipe guhura na komite nyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.