• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

radiotv10by radiotv10
16/01/2026
in MU RWANDA
0
Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye bumva akamaro ko kwemera icyaha no gusaba imbabazi, kandi ko aho bazisabiye na bo bumvise imitima yabo ibohotse.

Sezibera Celestin afungiwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi akaba yarakatiwe burundu, yavuze ko yabashije gutera intambwe yo gusaba imbabazi abo yahemukiye ndetse na we ubwe akabohoka abikesha inyigisho na Prison Fellowship, impuzamiryango ya Gikirisitu igizwe n’imiryango yo mu Bihugu 126 ku Isi, yibanda ku gufasha abagororwa kwiyunga n’abo bakoreye ibyaha no kongera kwiyumva mu muryango, ndetse n’ibindi bikorwa by’isanamitima n’imibanire myiza mu ngeri zinyuranye.

Sezibera Celestin yagize ati “Mfungwa, kwemera icyaha nakoze byari bingoye. Maze rero gufungwa no kuburana mu nkiko naragoranye kugira ngo mbashe kwemera icyaha cya Jenoside nakoze. Hanyuma rero, maze gukurikirana izi nyigisho za Prison Fellowship zihabwa abagororwa, byatumye nca bugufi, nubwo byari bingoye, ariko nemera icyaha, nkemera mu ruhame ndetse no mu nyandiko.”

Akomeza agira ati “Mu 2019 napfukamye aha ngaha (mu Igororero rya Nyarugenge, Mageragere) nsaba imbabazi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 barazimpa, nkaba mbashimira Imana ibahe umugisha.”

Naho Mukamuranga Esther wakatiwe igifungo cy’imyaka 15 kubera icyaha cy’ubwicanyi, akaba amaze gukoramo imyaka 14, avuga ko na we izi nyigisho zamufashije.

Yagize ati “Nkigera mu igororero, bitewe n’icyaha nari maze gukora, nagize kwiheba; kwiyakira biranga, numva ndiyanze. Natekerezaga uburyo iyo myaka izarangira aho nzajya, numva ari icyaha kinteye ipfunwe ku buryo no kwegera abandi ngo dusabane bitanshobokeraga, nahoraga nigunze.”

Yakomeje agira ati “Haje kuza rero inyigisho zigisha ku rugendo rw’umufungwa n’umugororwa, ntangira kuzikurikirana, zaramfashije bituma numva nigaruriye icyizere. Byatumye numva mu myaka ibiri, ubwo nzaba nsubiye mu buzima busanzwe, nzabasha kugira icyo ngeza ku bo nasize ku buryo bazabona ko nahindutse, ntandukanye n’uko nari meze ninjira mu igororero.”

Umuyobozi mukuru wa Prison Fellowship ku Isi yashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera mu bijyanye no kubaka imibereho y’abagororwa.

Yagize ati “Uyu munsi twabonye ibintu bitangaje bishoboka iyo hari abantu bafite icyerekezo, abantu bafite umuhate, n’abagabo n’abagore bashaka impinduka. Ni ingenzi cyane, kandi ndanezerewe cyane kuba ndi hano, kuba narabyiboneye ndetse nkabyumva, kuko nemera by’ukuri ko iki ari igice cyo kubaka igihugu, ni igice cyo gukiza umuryango mugari, ndetse no gusana no kugarura ubuzima ku rwego rw’umuntu ku giti cye no ku rwego rw’umuryango mugari, kandi ni iby’agaciro kuba na njye narabigizemo uruhare.”

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) rugaragaza ko kuva mu mwaka wa 2021 kugeza ubu abagera ku bihumbi 2 656, barimo abagabo 1 956 n’abagore 700, bahawe gahunda y’isanamitima.

Andy Corley Uyobora Prison Fellowship yasuye Igororero rya Nyarugenge
Umugorowa Sezibera yavuze uburyo gusaba imbabazi byamubohoye
Na mugenzi we Esther

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + four =

Previous Post

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Next Post

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.