Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abambuwe uburenganzira bw’aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi

radiotv10by radiotv10
02/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abambuwe uburenganzira bw’aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ubuyobozi bubabuza guhinga igihingwa bifuza mu mirima y’aho bahoze batuye bakabwirwa ko bwabaye ubwa Leta, ndetse ko hari n’ababifungiwe, bakanabwirwa ko nibazongera bazaraswa.

Aba baturage bavuga bashakaga guhinga amasaka mu mirima yabo, ariko ubuyobozi bukababera ibamba, bubabwira ko aha hahoze ari mu kwabo hamaze kuba aha Leta.

Niringiyimana Emmanuel utuye mu Kagari ka Nkamba mu Murenge wa Ruramira, avuga ko yigeze no gufungwa azira kuba yarahizne amasaha, ndetse akanabwirwa amagambo yumvikanamo kumutera ubwoba

Ati “Ku bwa Gatanazi atari yava mu Murenge wa Ruramira, yaramfunze, Geremie yaramfunze kuko nahinze amasaka. Nafunzwe n’Abagitifu babiri, ariko uyu nguyu uriho ni Bisangwa, njyewe nagiye ku Murenge mfata ifumbire Agronome aravuga ati ‘Niringiye nuhinga amasaka upangiwe isasu’.”

Aba baturage basaba ko ahagereye igishanga mu mirima yabo bakwemererwa kuhahinga amasaka kuko ahera kandi ko umusaruro wayo wajyaga ubafasha mu mibereho yabo.

Mutaganzwa Salomon ati “Baratubwiye ngo ntituzahahinge amasaka, ngo ubwo butaka ni mu kwa Leta, wahahinga bakavuga ngo wahinze mu kwa Leta kandi nta cyangombwa uhafitiye barabitwimye. Kandi tuzi ko intambwe za Leta bavuga ni intambwe ziba ku kiyaga.

Akomeza agira ati “Nta bindi bintu duhinga wenda nk’urumogi cyangwa ibindi bitemwe na Leta, ariko se ko amasaka asaba abageni, agacyuza ubukwe, ishaka ryakoze ikihe cyaha? Nimutubarize Perezida wa Repubulika. Isaka ryakoze iki rituma rifunga umuntu?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruramira, Bisangwa Emmanuel yavuze ko ibyo gufungwa k’uyu mugabo atigeze abimenya kandi ko amasaka abaturage bayahinga ahubwo ko atari mu bihingwa byatoranyijwe guhingwa ahateganyijwe guhingwa imbuto z’indobanure.

Ati “Amasaka rero ntabwo ari kuri urwo rwego, ariko abaturage na yo barayahinga mu rugero runaka akabafasha, ariko nta mbaraga nyinshi ashyirwamo.”

Muri uyu Murenge wa Ruramira, byumwihariko mu Kagari ka Nkamba umubare munini w’abahatuye, ni uw’abifuza guhinga amasaka, kuko ajya abagoboka.

Bavuga ko amasaka yajyaga abagoboka
Babujijwe kongera kuyahinga
Bavuga ko bamwe banabifungiwe

Youssuf UBINABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Icyizere mu mubano n’u Burundi, abavuga ko u Rwanda rutabanira neza abaturanyi,…-Gen.(Rtd) Kabarebe yabivuye imuzi

Next Post

Hahishuwe ibice Virus ya Marburg ishobora kumaramo umwaka birimo igituma uwayikize atakora imibonano idakingiye

Related Posts

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe ibice Virus ya Marburg ishobora kumaramo umwaka birimo igituma uwayikize atakora imibonano idakingiye

Hahishuwe ibice Virus ya Marburg ishobora kumaramo umwaka birimo igituma uwayikize atakora imibonano idakingiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.