Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abambuwe uburenganzira bw’aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi

radiotv10by radiotv10
02/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abambuwe uburenganzira bw’aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ubuyobozi bubabuza guhinga igihingwa bifuza mu mirima y’aho bahoze batuye bakabwirwa ko bwabaye ubwa Leta, ndetse ko hari n’ababifungiwe, bakanabwirwa ko nibazongera bazaraswa.

Aba baturage bavuga bashakaga guhinga amasaka mu mirima yabo, ariko ubuyobozi bukababera ibamba, bubabwira ko aha hahoze ari mu kwabo hamaze kuba aha Leta.

Niringiyimana Emmanuel utuye mu Kagari ka Nkamba mu Murenge wa Ruramira, avuga ko yigeze no gufungwa azira kuba yarahizne amasaha, ndetse akanabwirwa amagambo yumvikanamo kumutera ubwoba

Ati “Ku bwa Gatanazi atari yava mu Murenge wa Ruramira, yaramfunze, Geremie yaramfunze kuko nahinze amasaka. Nafunzwe n’Abagitifu babiri, ariko uyu nguyu uriho ni Bisangwa, njyewe nagiye ku Murenge mfata ifumbire Agronome aravuga ati ‘Niringiye nuhinga amasaka upangiwe isasu’.”

Aba baturage basaba ko ahagereye igishanga mu mirima yabo bakwemererwa kuhahinga amasaka kuko ahera kandi ko umusaruro wayo wajyaga ubafasha mu mibereho yabo.

Mutaganzwa Salomon ati “Baratubwiye ngo ntituzahahinge amasaka, ngo ubwo butaka ni mu kwa Leta, wahahinga bakavuga ngo wahinze mu kwa Leta kandi nta cyangombwa uhafitiye barabitwimye. Kandi tuzi ko intambwe za Leta bavuga ni intambwe ziba ku kiyaga.

Akomeza agira ati “Nta bindi bintu duhinga wenda nk’urumogi cyangwa ibindi bitemwe na Leta, ariko se ko amasaka asaba abageni, agacyuza ubukwe, ishaka ryakoze ikihe cyaha? Nimutubarize Perezida wa Repubulika. Isaka ryakoze iki rituma rifunga umuntu?”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruramira, Bisangwa Emmanuel yavuze ko ibyo gufungwa k’uyu mugabo atigeze abimenya kandi ko amasaka abaturage bayahinga ahubwo ko atari mu bihingwa byatoranyijwe guhingwa ahateganyijwe guhingwa imbuto z’indobanure.

Ati “Amasaka rero ntabwo ari kuri urwo rwego, ariko abaturage na yo barayahinga mu rugero runaka akabafasha, ariko nta mbaraga nyinshi ashyirwamo.”

Muri uyu Murenge wa Ruramira, byumwihariko mu Kagari ka Nkamba umubare munini w’abahatuye, ni uw’abifuza guhinga amasaka, kuko ajya abagoboka.

Bavuga ko amasaka yajyaga abagoboka
Babujijwe kongera kuyahinga
Bavuga ko bamwe banabifungiwe

Youssuf UBINABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Icyizere mu mubano n’u Burundi, abavuga ko u Rwanda rutabanira neza abaturanyi,…-Gen.(Rtd) Kabarebe yabivuye imuzi

Next Post

Hahishuwe ibice Virus ya Marburg ishobora kumaramo umwaka birimo igituma uwayikize atakora imibonano idakingiye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe ibice Virus ya Marburg ishobora kumaramo umwaka birimo igituma uwayikize atakora imibonano idakingiye

Hahishuwe ibice Virus ya Marburg ishobora kumaramo umwaka birimo igituma uwayikize atakora imibonano idakingiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.