Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamotari barataka gusarizwaho n’umwambaro w’akazi

radiotv10by radiotv10
11/08/2021
in MU RWANDA
0
Abamotari barataka gusarizwaho n’umwambaro w’akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abamotari babwiye Radio &TV10 Rwanda ko kuri ubu batwara abagenzi batambaye umwenda w’akazi uzwi nka “julet” bitewe n’uko iyo bahawe yabasaziyeho hakaba n’abatarazibonye  barifuzako FERWACOTAMO yajya itanga julet byibura irenze imwe na bwo  muri buri mezi atandatu.

Ubuyobozi bwa FERWACOTAMO bwavuze ko bitarenze uku kwezi kwa Kanama 2021  baraba barangije kuzibagezaho.

Iyo ugenda mu mihanda itandukanye ya Kigali utega moto bimenyerewe ko abazitwara baba bambaye amajile afasha mu kubamenyekanisha ko bakora uwo mwuga, gusa muri iki gihe usanga abazambaye ari mbarwa.

Uyu urebye neza mu bamotari icumi batambuka usanga hagati ya batatu na bane gusa aribo  bazambaye.

Bamwe mu batayambaye bavuze ko babiterwa no kuba izo bahawe mu 2019 zarabasaziyeho kandi ngo iyo batazambaye hari abagenzi banga kubatega cyangwa polisi yabafata ikabaca amafaranga.

Umwe yagize ati “Njyewe sinambaye ijile kuko yacitse, barayiduha ugasanga uyamabara buri munsi kandi ariko uyifura utashye ubwo rero icika vuba. Ikindi ubu iyo ntwaye ntayambaye usanga abagenzi banga kuntega, nahura na polisi nayo ikamfata ikanca amafaranga.”

Abamotari biyemeje kurwanya bamwe muri bagenzi babo bangiza isura y'umwuga  wabo – Panorama

Abamotari barasaba ko bajya bahabwa imyenda y’akazi mu buryo bugezweho

Aba bakora umwuga wo gutwara moto bavuga ko bahitamo kutambara izacuye cyangwa zacikaguritse kuko biteza umwanda bakibifuza ko FERWACOTAMO yajya itanga jile byibura rimwe mu mezi atandatu na bwo igatanga irenze imwe nk’uko bikorwa ubu.

Uyu yabigarutseho agira ati “Njyewe nifuza ko bajya baduha byibura rimwe  mu mezi atandatu bataduhaye rimwe mu myaka ibiri, ikindi na bwo bakaduha byibura eshatu bitari imwe duhabwa”

Abamotari bo mu karere ka Rubavu bakomeje gushyiraho amatsinda yo kurwanya  ibyaha

Moto ni kimwe mu byoroshye ubwikorezi mu Rwanda

Umuyobozi w’impuzamashyirahamwe y’abamotari mu Rwanda, Ngarambe Daniel avuga ko ikibazo cy’abatambaye amajile mu kazi bakizi ariko ngo muri uku kwezi kwa Kanama bagiye kugikemura ndetse ngo barateganya kuzabambika amakote.

Ngarambe yagize ati ”Turabizi ko abamotari harimo abadafite amajile ariko turashaka ko uku kwezi gushira bazihawe ndetse turateganya ko hari abazambara amakote na karuvati bakaba basa neza mu kazi”

Mu Rwanda habarirwa aba motari bagera ku bihumbi mirongo ine na bitanu muri bo abagera ku bihumbi makumyabiri na birindwi icyakora muri aba bose hari n’abatarabona ijile na rimwe.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 5 =

Previous Post

Amafoto yaranze Lionel Messi yakirwa muri PSG

Next Post

ALGERIA: Inkongi y’umuriro yafashe ishyamba yadukiriye abaturage ibatwara ubuzima

Related Posts

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

by radiotv10
10/07/2025
0

Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia  Codina, players of Arsenal Women Football Club visited the Kigali Genocide Memorial at Gisozi,...

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

by radiotv10
10/07/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imaze guta muri yombi abantu barenga 10 bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa by’urugomo bivugwa mu...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
ALGERIA: Inkongi y’umuriro yafashe ishyamba yadukiriye abaturage ibatwara ubuzima

ALGERIA: Inkongi y’umuriro yafashe ishyamba yadukiriye abaturage ibatwara ubuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.