Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab’ahandi ibagusha mu gihombo

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in MU RWANDA
0
Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab’ahandi ibagusha mu gihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatwara abagenzi kuri moto mu mujyi wa Huye mu Karere ka Huye, bavuga ko bishyuzwa amafaranga ya Parikingi, aho baparitse hose, ku buryo basigaye bakorera mu bihombo.

Aba bamotari bavuga ko aho bageze hose bagahagarika ibinyabizga byabo, bahita bacibwa amafaranga ya Parking, ibintu bavuga ko bimenyerewe ku modoka.

Umwe yagize ati “ahantu hose ugeze ucibwa amafaranga, waparika ngo ukureho umugenzi bakaguca amafaranga bakakubwira ko ari aya parikingi. Ku munsi utanga ayo mafaranga inshuro nyinshi.”

Bavuga ko batanze kwishyura aya mafaranga, ariko ko ikibazo ari uko bayacibwa buri kanya, ku buryo bamwe bavuga ko no kubona ayo bishyura ba nyiri za moto, byatangiye kubabera umutwaro.

Umwe ati “Ugera ku isoko ujyanye umugenzi bakaguca amafaranga ijana, wajyana undi mugenzi aho umugejeje bakaguca ijana, wanajyana undi aho umugejeje na ho akaguca amafaranga.”

Mugenzi we agaragaza icyo bifuza agira ati “Icyifuzo ni uko bakabaye bareba uko bashyiraho umubare runaka tukajya tuwishyura bakaduha inyemezabwishyu tukajya tuyerekana, aho kugenda twishyura buri aho tugeze hose, kuko biduteza ibihombo ndetse bikanatutwara umwanya.”

Umuyobozi w’akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko aya mafaranga ya parikingi agenwa n’itegeko, bityo ko abayinubira, bakwiye kumenya ko ari itegeko.

Yagize ati “Ibyo bigenwa n’amategeko, uburyo abantu bishyura kuri parikingi cyangwa kwishyura ku kwezi.”

Icyakora agira inama ubuyobozi bwa Koperative zishyuza aya mafaranga ya Parikingi, ko hashobora kurebwa uburyo abantu bajya bishyuzwa ku kwezi ku buryo abinubira kwishyuzwa buri kanya, babiruhuka.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Rwamagana: Umukecuru w’imyaka irenga 100 aratabarizwa n’abaturanyi

Next Post

Tshisekedi arifuza impinduka ku Itegeko Nshinga rya Congo

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

IZIHERUKA

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba
AMAHANGA

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi arifuza impinduka ku Itegeko Nshinga rya Congo

Tshisekedi arifuza impinduka ku Itegeko Nshinga rya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.