Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab’ahandi ibagusha mu gihombo

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in MU RWANDA
0
Abamotari b’i Huye bagaragaje imbogamizi batumvana ab’ahandi ibagusha mu gihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatwara abagenzi kuri moto mu mujyi wa Huye mu Karere ka Huye, bavuga ko bishyuzwa amafaranga ya Parikingi, aho baparitse hose, ku buryo basigaye bakorera mu bihombo.

Aba bamotari bavuga ko aho bageze hose bagahagarika ibinyabizga byabo, bahita bacibwa amafaranga ya Parking, ibintu bavuga ko bimenyerewe ku modoka.

Umwe yagize ati “ahantu hose ugeze ucibwa amafaranga, waparika ngo ukureho umugenzi bakaguca amafaranga bakakubwira ko ari aya parikingi. Ku munsi utanga ayo mafaranga inshuro nyinshi.”

Bavuga ko batanze kwishyura aya mafaranga, ariko ko ikibazo ari uko bayacibwa buri kanya, ku buryo bamwe bavuga ko no kubona ayo bishyura ba nyiri za moto, byatangiye kubabera umutwaro.

Umwe ati “Ugera ku isoko ujyanye umugenzi bakaguca amafaranga ijana, wajyana undi mugenzi aho umugejeje bakaguca ijana, wanajyana undi aho umugejeje na ho akaguca amafaranga.”

Mugenzi we agaragaza icyo bifuza agira ati “Icyifuzo ni uko bakabaye bareba uko bashyiraho umubare runaka tukajya tuwishyura bakaduha inyemezabwishyu tukajya tuyerekana, aho kugenda twishyura buri aho tugeze hose, kuko biduteza ibihombo ndetse bikanatutwara umwanya.”

Umuyobozi w’akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko aya mafaranga ya parikingi agenwa n’itegeko, bityo ko abayinubira, bakwiye kumenya ko ari itegeko.

Yagize ati “Ibyo bigenwa n’amategeko, uburyo abantu bishyura kuri parikingi cyangwa kwishyura ku kwezi.”

Icyakora agira inama ubuyobozi bwa Koperative zishyuza aya mafaranga ya Parikingi, ko hashobora kurebwa uburyo abantu bajya bishyuzwa ku kwezi ku buryo abinubira kwishyuzwa buri kanya, babiruhuka.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Rwamagana: Umukecuru w’imyaka irenga 100 aratabarizwa n’abaturanyi

Next Post

Tshisekedi arifuza impinduka ku Itegeko Nshinga rya Congo

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi arifuza impinduka ku Itegeko Nshinga rya Congo

Tshisekedi arifuza impinduka ku Itegeko Nshinga rya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.