Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA
0
Abana bamaze imyaka ine baratawe n’ababyeyi bizejwe n’ubuyobozi gusanirwa inzu irinda ibasenyukiraho ntakirakorwa

Yarangiritse cyane

Share on FacebookShare on Twitter

Abana batandatu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bamaze imyaka ine bibana kuko batawe n’ababyeyi babo, basenyukiweho n’inzu babamo mu gihe Ubuyobozi bw’Akarere bwari bwabizeje kubaha ubufasha burimo no kubasanira inzu.

Aba bana batawe n’ababyeyi muri 2018 icyo gihe umukuru yari afite imyaka 13 ari na we wahise afata inshingano zo kwita kuri barumuna be.

Kuva icyo gihe ubuyobozi bwagiye bubizeza ubufasha burimo no kubasanira inzu babagamo yari yarangiritse cyane yenda kubagwaho, gusa icyatunguye aba bana n’abaturanyi babo batahwemaga kubatabariza, bategereje ubufasha bw’ubuyobozi, amaso ahera mu kirere.

Ubwo Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasubiraga ahatuye aba bana, yasanze iyi nzu yararushijeho kwangirika cyane kuko igikuta kimwe cyamaze kugwa.

Aba bana babanje kujya kubana na Nyirasenge ariko nyuma aza kubagarura muri iyo nzu yari yarasenyutse kuko yabonaga harimo imbogamizi ko bakomeza kuba iwe kuko na ho ari hato.

Nyirasenge w’aba bana yagize ati “Kubona abana batandatu barara ku buriri bumwe harimo uw’umukobwa w’imyaka 17, umwana w’umuhungu w’imyaka 15 bakarara ku buriri bumwe, nabonye bitashoboka, abahungu babiri mbavanamo, nza kuba mbagaruye muri iki kizu cyabo.”

Abaturanyi b’aba bana bavuga ko ubuyobozi bwabarangaranye kuko bwamenyeshejwe iki kibazo kuva cyera ariko bukomeza kubatera umugongo.

Umwe yagize ati “Ba Mudugudu barahageze, ba ASOC barahagera, hari n’igihe batubwiye ngo Minisitiri araza, turakubura dutegereza ko abayobozi baza turaheba kandi bari bazi ikibazo cy’aba bana.”

Aba baturanyi b’aba bana, bavuga ko batewe impungenge n’ubuzima bw’aba bana kuko iyi nzu ishobora kuzabahitana.

Undi yagize ati “Buriya iyi nzu ibaguyeho, twe abaturanyi ni twe twaba dufite ibibazo kuko natwe twabigenderamo kuko twaba tutarabitangiye ubuvugizi kare.”

Aba bana bavuga ko ubufasha bwihuse bifuza ari uko bakubakirwa iyi nzu yabo kandi bakaba banafashwa kubona ibibatunga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, aherutse kubwira RADIOTV10 ko ubuyobozi bw’Umurenge budafite ubushobozi bwo gufasha aba bana, icyakora ko hari ubufasha buherutse gutangwa n’ubuyobozi bw’Akarere n’abafatanyabikorwa bako.

Icyo gihe yari yagize ati “Ariko icyo turi gukora nk’Ubuyobozi bw’Umurenge muri iyi minsi tumaze kubiganiraho n’ubuyobozi bw’Akarere, hari ibyo badusabye gukora kugira ngo ari ibikoresho bakeneye ndetse n’ibijyanye no gusanirwa inzu, ubu twamaze kwandikira Akarere kugira ngo hashakishwe.”

Kuri iyi nshuro, Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagerageje kuvugana n’ubuyobozi haba ku rwego rw’Umurenge ndetse n’Akarere ariko hose ntibyakunze.

Muri aka Karere ka Rubavu hakunze kumvikana abaturage bashinja abayobozi uburangare cyane cyane iyo bigeze ku ngingo yo kugoboka abaturage nk’aba bana kuko iyo bagaragaje ikibazo bamwe mu bayobozi bakunze guseta ibirenge mu gutanga serivise zo kugoboka.

Aba bana babayeho mu buzima bushaririye
Umukuru muri bo avuga ko icya mbere bakeneye ari ugusanirwa inzu
Abaturanyi na bo barahangayitse

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + ten =

Previous Post

Wagira ngo ni fotokopi ye…Habonetse umuvandimwe wa Ndimbati bigoye kubatandukanya

Next Post

IFOTO: Abarwanyi ba FDLR barimo Majoro bagaragaye bamaze kurira mu isafuriya bifashe mapfubyi nk’abadahaze

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Abarwanyi ba FDLR barimo Majoro bagaragaye bamaze kurira mu isafuriya bifashe mapfubyi nk’abadahaze

IFOTO: Abarwanyi ba FDLR barimo Majoro bagaragaye bamaze kurira mu isafuriya bifashe mapfubyi nk’abadahaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.