Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanya-Cuba bageneye Abanyarwanda ubutumwa babinyujije ku muyobozi ukomeye wabo uri mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanya-Cuba bageneye Abanyarwanda ubutumwa babinyujije ku muyobozi ukomeye wabo uri mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Visi Perezida wa Cuba, Salvador Valdés Mesa uri mu ruzinduko mu Rwanda, yavuze ko yazaniye Abanyarwanda ubutumwa bw’Abanya-Cuba, babafitiye intashyo.

Visi Perezida wa Cuba, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ugushyingo 2023, nyuma yo kwakirwa na Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr François Xavier Kalinda, banagiranye ibiganiro.

Yagize ati “Nazanye ubutumwa bw’Abanya-Cuba, bafitiye intashyo Abanyarwanda. Ikindi kandi nazanye ubutumwa bwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Cuba.”

Salvador Valdés Mesa yavuze kandi ko Igihugu cye cyifuza gutsimbataza umubano wacyo n’u Rwanda umaze imyaka irenga 40, ku buryo bifuza ko uyu mubano urushaho gukomeza gutuma abaturage b’Ibihugu byombi bakomeza kubanirana neza, no gutera imbere.

Yagize ati “Turifuza guha imbaraga imikoranire yacu dushingiye ku mubano wacu umaze imyaka 40 kugira ngo turusheho kuwagura tugendeye ku mateka yacu nk’Ibihugu byombi.”

Imikoranire y’u Rwanda na Cuba yafashe indi ntera muro Nzeri 2023 ubwo Dr Vincent Biruta na Bruno Rodríguez Parrilla bakuriye dipolomasi z’Ibihugu byombi bashyiraga umukono ku masezerano yo gusangira ubumenyi n’amakuru mu bya Politiki, no gukuraho ikiguzi cya Visa ku badipolomate.

Aya masezerano kandi yabanjirijwe n’andi y’ingendo z’indege mu rwego rwo korohereza urujya n’uruza rwa Kigali- Havana.

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr François Xavier Kalinda wakiriye Visi Perezida wa Cuba, yavuze ko ibiganiro byabo bitagarutse ku masezerano ahubwo ko baganiriye ku bindi bifitiye inyungu Ibihugu byombi.

Yagize ati “Ntabwo twaganiriye ku masezerano ya vuba kubera y’uko aba akiganirirwaho wenda ataranarangira. Ariko twaganiriye uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yagirana umubano n’Inteko Ishinga Amategeko ya Cuba.”

Hashize amezi abiri Perezida Paul Kagame agiriye uruzinduko muri Cuba, yagiyemo muri Nzeri 2023, aho yari yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guveriboma z’Itsinda rya G77 rigizwe n’Ibihugu biri mu nzira y’amajyapmbere ndetse n’u Bushinwa.

Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko yishimiye gusubira muri iki Gihugu nyuma y’imyaka 36, yagiyemo mu 1986 ubwo yari mu mahugurwa ya gisirikare.

Perezida Paul Kagame kandi yashimiye iki Gihugu Cuba ku kuba intangarugero mu nzego zinyuranye. Yagize ati “Ndashaka gushimira Cuba kubera ko yabaye intangarugero mu bumenyi n’ikoranabuhanga. Uyu munsi, igihugu cyanyu gifite abaganga b’inzobere bakomeye ku isi. Hari byinshi twabigieraho.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 3 =

Previous Post

CG (Rtd) Gasana agiye kugaruka imbere y’Urukiko nyuma yo gufatirwa icyemezo cyo gufungwa

Next Post

Rutsiro: Inzu batujwemo bakazijyamo bazishimiye ubu ni amarira

Related Posts

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

by radiotv10
08/12/2025
0

Kigali has always been a city of ambition, but over the last decade, a new kind of dream has taken...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

IZIHERUKA

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État
AMAHANGA

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Inzu batujwemo bakazijyamo bazishimiye ubu ni amarira

Rutsiro: Inzu batujwemo bakazijyamo bazishimiye ubu ni amarira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.