Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanya-Cuba bageneye Abanyarwanda ubutumwa babinyujije ku muyobozi ukomeye wabo uri mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
20/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanya-Cuba bageneye Abanyarwanda ubutumwa babinyujije ku muyobozi ukomeye wabo uri mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Visi Perezida wa Cuba, Salvador Valdés Mesa uri mu ruzinduko mu Rwanda, yavuze ko yazaniye Abanyarwanda ubutumwa bw’Abanya-Cuba, babafitiye intashyo.

Visi Perezida wa Cuba, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ugushyingo 2023, nyuma yo kwakirwa na Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr François Xavier Kalinda, banagiranye ibiganiro.

Yagize ati “Nazanye ubutumwa bw’Abanya-Cuba, bafitiye intashyo Abanyarwanda. Ikindi kandi nazanye ubutumwa bwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Cuba.”

Salvador Valdés Mesa yavuze kandi ko Igihugu cye cyifuza gutsimbataza umubano wacyo n’u Rwanda umaze imyaka irenga 40, ku buryo bifuza ko uyu mubano urushaho gukomeza gutuma abaturage b’Ibihugu byombi bakomeza kubanirana neza, no gutera imbere.

Yagize ati “Turifuza guha imbaraga imikoranire yacu dushingiye ku mubano wacu umaze imyaka 40 kugira ngo turusheho kuwagura tugendeye ku mateka yacu nk’Ibihugu byombi.”

Imikoranire y’u Rwanda na Cuba yafashe indi ntera muro Nzeri 2023 ubwo Dr Vincent Biruta na Bruno Rodríguez Parrilla bakuriye dipolomasi z’Ibihugu byombi bashyiraga umukono ku masezerano yo gusangira ubumenyi n’amakuru mu bya Politiki, no gukuraho ikiguzi cya Visa ku badipolomate.

Aya masezerano kandi yabanjirijwe n’andi y’ingendo z’indege mu rwego rwo korohereza urujya n’uruza rwa Kigali- Havana.

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr François Xavier Kalinda wakiriye Visi Perezida wa Cuba, yavuze ko ibiganiro byabo bitagarutse ku masezerano ahubwo ko baganiriye ku bindi bifitiye inyungu Ibihugu byombi.

Yagize ati “Ntabwo twaganiriye ku masezerano ya vuba kubera y’uko aba akiganirirwaho wenda ataranarangira. Ariko twaganiriye uko Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yagirana umubano n’Inteko Ishinga Amategeko ya Cuba.”

Hashize amezi abiri Perezida Paul Kagame agiriye uruzinduko muri Cuba, yagiyemo muri Nzeri 2023, aho yari yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guveriboma z’Itsinda rya G77 rigizwe n’Ibihugu biri mu nzira y’amajyapmbere ndetse n’u Bushinwa.

Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko yishimiye gusubira muri iki Gihugu nyuma y’imyaka 36, yagiyemo mu 1986 ubwo yari mu mahugurwa ya gisirikare.

Perezida Paul Kagame kandi yashimiye iki Gihugu Cuba ku kuba intangarugero mu nzego zinyuranye. Yagize ati “Ndashaka gushimira Cuba kubera ko yabaye intangarugero mu bumenyi n’ikoranabuhanga. Uyu munsi, igihugu cyanyu gifite abaganga b’inzobere bakomeye ku isi. Hari byinshi twabigieraho.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − eleven =

Previous Post

CG (Rtd) Gasana agiye kugaruka imbere y’Urukiko nyuma yo gufatirwa icyemezo cyo gufungwa

Next Post

Rutsiro: Inzu batujwemo bakazijyamo bazishimiye ubu ni amarira

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Inzu batujwemo bakazijyamo bazishimiye ubu ni amarira

Rutsiro: Inzu batujwemo bakazijyamo bazishimiye ubu ni amarira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.