Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu rubyiruko rwiga mu mashuri makuru na za kaminuza zo mu Rwanda n’urwo mu miryango itari iya Leta, ruvuga ko imyumvire ya bamwe mu baturage ku bidukikije ikiri hasi kimwe n’ubukene, bigituma bamwe mu bakibyangiza.

Uru rubyiruko ruvuga ko hagikenewe imbaraga nyinshi mu kwigisha urubyiruko ibijyanye no kubungabunga ibidukikije, kuko ubumenyi bafite kuri byo, bukiri hasi.

Umwe ati “Hashobora kuba harimo abatazi akamaro k’ibidukikije bo bakareba ku nyungu zabo gusa, kandi iyo batabungabunze ibidukikije n’ubundi ntabwo babona umusaruro bakabaye babona.”

Akomeza agira ati “Ariko n’indi mbogamizi bafite ni ubukene, hari aho usanga bafite ubukene bukabije abantu bakaba bizeye ko ibyo bakorera ku misozi itandukanye bayikoresha uko idakwiye gukoreshwa ari byo byabagirira umumaro.”

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero, bakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu kirombe giherereye mu Kagari ka Bugarura mu nkengero za Pariki y’ishyamba rya Gishwati-Mukura, biyemerera ko iyo bari muri ubu bucukuzi bw’amabuye yo mu bwoko bwa Wolfram, batita ku bidukikije, ahubwo baba batekereza cyane amafaranga bakuramo.

Umwe ati “None ndagenda umwana njye kumushyira mu nkono se muvandi? Ubwo ni ukuvuga ngo ndi kugira ngo mugende nimumara kugenda nshakemo inusu, bitewe n’imibereho mibi no kugera mu rugo ukabona umwana aburaye ni nko kwiyahura mbega, nawe reba uko hameze?”

Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gihinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA), Munyazikwiye Faustin avuga ko kwivana mu bukene bidakwiye kuba intandaro yo kwangiza ibidukikije, ahubwo ko inzego zose zikwiye gufatanya mu kubirinda kugira ngo abaturage bagere ku iterambere rirambye.

Ati “Ni ugukomeza kurushaho gukora ubukangurambaga kuko kurengera ibidukikije ni ikintu gikomeye ariko gisaba guhindura imyumvire, imigirire n’imitekerereze y’abantu; bisaba ubufatanye bw’abaturage, imiryango itari iya Leta, abikorera ku giti cyabo, noneho tukabasha kugabanya bwa bukene ariko nanone tutagabanya ubukene mu bikorwa byangiza ibidukikije, kuko ntabwo byatugeza muri rya terambere rirambye dushaka.”

REMA igaragaza ko gusubiranya ubutaka bwangiritse, byongera ubudahangarwa bwabwo bityo hakirindwa ubutayu n’amapfa kandi kuva muri 2010 u Rwanda rwashoboye gusana Hegitari 708 628 z’indiri z’urusobe rw’ibinyabuzima zangiritse, ndetse binyuze mu masezerano ya “Bonn Challenge” u Rwanda rukaba rwariyemeje gusana ubutaka n’amashyamba byangiritse ku buso bungana na hegitari miliyoni 2, ni ukuvuga hafi 76% by’ubuso bwose bw’Igihugu bitarenze mu mwaka wa 2030.

Urubyiruko ruvuga ko kuba abaturage bashaka ubukire bwihuse biri mu byangiza ibidukikije

Abaturage bo bavuga ko ari ho bakura imibereho
Munyazikwiye avuga ko iterambere ridakwiye kubangamira ibidukikije

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Burundi: Ibiregwa Umupasiteri wafunzwe n’inzego z’iperereza zaketse ko ari Umunyarwanda

Next Post

Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku gitero cy’umutwe ukomeje guhitana inzirakarengane

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku gitero cy’umutwe ukomeje guhitana inzirakarengane

Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku gitero cy’umutwe ukomeje guhitana inzirakarengane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.