Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu rubyiruko rwiga mu mashuri makuru na za kaminuza zo mu Rwanda n’urwo mu miryango itari iya Leta, ruvuga ko imyumvire ya bamwe mu baturage ku bidukikije ikiri hasi kimwe n’ubukene, bigituma bamwe mu bakibyangiza.

Uru rubyiruko ruvuga ko hagikenewe imbaraga nyinshi mu kwigisha urubyiruko ibijyanye no kubungabunga ibidukikije, kuko ubumenyi bafite kuri byo, bukiri hasi.

Umwe ati “Hashobora kuba harimo abatazi akamaro k’ibidukikije bo bakareba ku nyungu zabo gusa, kandi iyo batabungabunze ibidukikije n’ubundi ntabwo babona umusaruro bakabaye babona.”

Akomeza agira ati “Ariko n’indi mbogamizi bafite ni ubukene, hari aho usanga bafite ubukene bukabije abantu bakaba bizeye ko ibyo bakorera ku misozi itandukanye bayikoresha uko idakwiye gukoreshwa ari byo byabagirira umumaro.”

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero, bakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu kirombe giherereye mu Kagari ka Bugarura mu nkengero za Pariki y’ishyamba rya Gishwati-Mukura, biyemerera ko iyo bari muri ubu bucukuzi bw’amabuye yo mu bwoko bwa Wolfram, batita ku bidukikije, ahubwo baba batekereza cyane amafaranga bakuramo.

Umwe ati “None ndagenda umwana njye kumushyira mu nkono se muvandi? Ubwo ni ukuvuga ngo ndi kugira ngo mugende nimumara kugenda nshakemo inusu, bitewe n’imibereho mibi no kugera mu rugo ukabona umwana aburaye ni nko kwiyahura mbega, nawe reba uko hameze?”

Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gihinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA), Munyazikwiye Faustin avuga ko kwivana mu bukene bidakwiye kuba intandaro yo kwangiza ibidukikije, ahubwo ko inzego zose zikwiye gufatanya mu kubirinda kugira ngo abaturage bagere ku iterambere rirambye.

Ati “Ni ugukomeza kurushaho gukora ubukangurambaga kuko kurengera ibidukikije ni ikintu gikomeye ariko gisaba guhindura imyumvire, imigirire n’imitekerereze y’abantu; bisaba ubufatanye bw’abaturage, imiryango itari iya Leta, abikorera ku giti cyabo, noneho tukabasha kugabanya bwa bukene ariko nanone tutagabanya ubukene mu bikorwa byangiza ibidukikije, kuko ntabwo byatugeza muri rya terambere rirambye dushaka.”

REMA igaragaza ko gusubiranya ubutaka bwangiritse, byongera ubudahangarwa bwabwo bityo hakirindwa ubutayu n’amapfa kandi kuva muri 2010 u Rwanda rwashoboye gusana Hegitari 708 628 z’indiri z’urusobe rw’ibinyabuzima zangiritse, ndetse binyuze mu masezerano ya “Bonn Challenge” u Rwanda rukaba rwariyemeje gusana ubutaka n’amashyamba byangiritse ku buso bungana na hegitari miliyoni 2, ni ukuvuga hafi 76% by’ubuso bwose bw’Igihugu bitarenze mu mwaka wa 2030.

Urubyiruko ruvuga ko kuba abaturage bashaka ubukire bwihuse biri mu byangiza ibidukikije

Abaturage bo bavuga ko ari ho bakura imibereho
Munyazikwiye avuga ko iterambere ridakwiye kubangamira ibidukikije

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − one =

Previous Post

Burundi: Ibiregwa Umupasiteri wafunzwe n’inzego z’iperereza zaketse ko ari Umunyarwanda

Next Post

Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku gitero cy’umutwe ukomeje guhitana inzirakarengane

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku gitero cy’umutwe ukomeje guhitana inzirakarengane

Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku gitero cy’umutwe ukomeje guhitana inzirakarengane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.