Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu rubyiruko rwiga mu mashuri makuru na za kaminuza zo mu Rwanda n’urwo mu miryango itari iya Leta, ruvuga ko imyumvire ya bamwe mu baturage ku bidukikije ikiri hasi kimwe n’ubukene, bigituma bamwe mu bakibyangiza.

Uru rubyiruko ruvuga ko hagikenewe imbaraga nyinshi mu kwigisha urubyiruko ibijyanye no kubungabunga ibidukikije, kuko ubumenyi bafite kuri byo, bukiri hasi.

Umwe ati “Hashobora kuba harimo abatazi akamaro k’ibidukikije bo bakareba ku nyungu zabo gusa, kandi iyo batabungabunze ibidukikije n’ubundi ntabwo babona umusaruro bakabaye babona.”

Akomeza agira ati “Ariko n’indi mbogamizi bafite ni ubukene, hari aho usanga bafite ubukene bukabije abantu bakaba bizeye ko ibyo bakorera ku misozi itandukanye bayikoresha uko idakwiye gukoreshwa ari byo byabagirira umumaro.”

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero, bakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu kirombe giherereye mu Kagari ka Bugarura mu nkengero za Pariki y’ishyamba rya Gishwati-Mukura, biyemerera ko iyo bari muri ubu bucukuzi bw’amabuye yo mu bwoko bwa Wolfram, batita ku bidukikije, ahubwo baba batekereza cyane amafaranga bakuramo.

Umwe ati “None ndagenda umwana njye kumushyira mu nkono se muvandi? Ubwo ni ukuvuga ngo ndi kugira ngo mugende nimumara kugenda nshakemo inusu, bitewe n’imibereho mibi no kugera mu rugo ukabona umwana aburaye ni nko kwiyahura mbega, nawe reba uko hameze?”

Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gihinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA), Munyazikwiye Faustin avuga ko kwivana mu bukene bidakwiye kuba intandaro yo kwangiza ibidukikije, ahubwo ko inzego zose zikwiye gufatanya mu kubirinda kugira ngo abaturage bagere ku iterambere rirambye.

Ati “Ni ugukomeza kurushaho gukora ubukangurambaga kuko kurengera ibidukikije ni ikintu gikomeye ariko gisaba guhindura imyumvire, imigirire n’imitekerereze y’abantu; bisaba ubufatanye bw’abaturage, imiryango itari iya Leta, abikorera ku giti cyabo, noneho tukabasha kugabanya bwa bukene ariko nanone tutagabanya ubukene mu bikorwa byangiza ibidukikije, kuko ntabwo byatugeza muri rya terambere rirambye dushaka.”

REMA igaragaza ko gusubiranya ubutaka bwangiritse, byongera ubudahangarwa bwabwo bityo hakirindwa ubutayu n’amapfa kandi kuva muri 2010 u Rwanda rwashoboye gusana Hegitari 708 628 z’indiri z’urusobe rw’ibinyabuzima zangiritse, ndetse binyuze mu masezerano ya “Bonn Challenge” u Rwanda rukaba rwariyemeje gusana ubutaka n’amashyamba byangiritse ku buso bungana na hegitari miliyoni 2, ni ukuvuga hafi 76% by’ubuso bwose bw’Igihugu bitarenze mu mwaka wa 2030.

Urubyiruko ruvuga ko kuba abaturage bashaka ubukire bwihuse biri mu byangiza ibidukikije

Abaturage bo bavuga ko ari ho bakura imibereho
Munyazikwiye avuga ko iterambere ridakwiye kubangamira ibidukikije

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Burundi: Ibiregwa Umupasiteri wafunzwe n’inzego z’iperereza zaketse ko ari Umunyarwanda

Next Post

Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku gitero cy’umutwe ukomeje guhitana inzirakarengane

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku gitero cy’umutwe ukomeje guhitana inzirakarengane

Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku gitero cy’umutwe ukomeje guhitana inzirakarengane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.