Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umukino wo koga banzuye ko bagiye gufatanya mu itera mbere ry’umukino-PAMELA

radiotv10by radiotv10
27/09/2021
in SIPORO
0
Abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umukino wo koga banzuye ko bagiye gufatanya mu itera mbere ry’umukino-PAMELA
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (Rwanda Swimming Federation/RSF) basoje inama y’inteko rusange banzura ko bagiye guafatanya mu ruganba rwo kuzamura agaciro k’uyu mukino mu gihugu ku buryo bizabafasha gutsinda amarushanwa mpuzamahanga atandukanye arimo n’imikino Olempike bakunze kwitabira.

Uku gusenyera umugozi umwe muri iri shyirahamwe byanzuwe kuri iki Cyumweru tariki 26 Nzeri 2021 ubwo hasozwaga imirimo y’inama y’inteko rusange y’iri shyirahamwe (RSF), inama yaberaga muri Olympic Hotel iri mu murenge wa Kimironko mu mujyi wa Kigali.

Muri iyi nama y’inteko yari iyobowe na Girimbabazi Pamela usanzwe ari perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wo koga (RSF), abanyamuryango basanze icyatuma barushaho gukomeza umukino ukagira imbaraga ari uko bagomba gushaka ahava amikoro azajya abafasha mu gushyira mu bikorwa gahunda z’itera mbere ry’umukino.

Iyo urebye aho ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (RSF) bakura amikoro usanga amafaranga bifashisha ari miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda (25,000,000 FRW) bahabwa n’impuzamashyirahamwe y’umukino wo koga ku isi (FINA).

Aya mafaranga niyo akora ibikorwa byose iri shyirahamwe riba rifite buri mwaka kuko nta bandi baterankunga cyangwa abandi bafatanya bikorwa bakorana muri gahunda yo kuzamura agaciro k’umukino nyirizina.

Girimbabazi Pamela umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (Rwanda Swimming Federation/RSF) avuga ko kuri ubu basanze basa n’aho bagomba guhaguruka bagahera hasi bubaka umukino bizajyana na gahunda irambye yo gushaka abaterankunga bafatanya.

“Nk’uko nanabisabye abanyamuryango, umukino wo koga mu Rwanda turi mu nzira yo kwiyubaka. Niyo mpamvu mu nama y’inteko rusange twasabye ko twashyiraho komisiyo ishinzwe gushaka amasoko kugira ngo ababifitemo ubushobozi bazadufashe dukorane bakore ubuvugizi tubone abafatanyabikorwa n’abaterankunga kuko inkunga tubona ntihagije ugereranyije n’ibikorwa tuba dufite.” Girimbabazi

Image

Girimbabazi Pamela umuyobozi mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (Rwanda Swimming Federation/RSF)

Mbere y’uko haterana inama y’inteko rusange ya RSF, habanje kubaho amahugurwa yahawe abayobozi b’amakipe atandukanye abarizwa muri iri shyirahamwe muri gahunda yo kubahugura imiyoborere ya siporo, bizabafasha mu kunoza neza imigenzereze yabo mu makipe bayoboye.

Muri iyi nama kandi abanyamuryango barebeye hamwe ahi gahunda y’amezi atandatu bari bihaye yagombaga gutangira muri Nyakanga 2021 ikazasozwa mu Ukuboza 2021, basanze hari ibyakozwe birimo no kohereza abakinnyi babiri mu mikino Olempike iheruka kubera i Tokyo mu Buyapani. Aba bakinnyi yari, Maniraguha Eloi waserutse mu cyiciro cy’abagabo na Alphonsine Agahozo waserutse mu cyiciro cy’abagore.

Image

Inama y’inteko rusange y’ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (RSF)

Mu mezi asigaye kugira ngo basoze gahunda bakomeje, RSF barateganya kuzitabira amarushanwa mpuzamahanga azategurwa n’impuzamashyirahamwe y’umukino wo koga ku isi nk’uko Girimbabazi Pamela yabisobanuriye abanyamakuru.

“Turateganya kuzitabira amarushanwa mpuzamahanga ari kuri gahunda ya FINA. Hari ayazaba mu Ukuboza 2021 i Abu Dhabi, mbere yaho tuzaba twarohereje abandi muri Ghana mu marushanwa azakinwa mu Ukwakira 2021” Girimbabazi

Image

Mu bitekerezo bitandukanye abanyamuryango batanze bemeranyije gusenyera umugozi umwe

Girimbabazi Pamela avuga ko mu gihe abakinnyi b’u Rwanda bazaba babashije kwitwara neza muri aya marushanwa mpuzamahanga bizabongerera ubunararibonye bwo ku rwego rwo hejuru ku buryo binafasha abari munsi ye bazaba basigaye mu gihugu.

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + ten =

Previous Post

Metacha Mnata uheruka gutandukana na Yanga SC yerekeje muri Polisi Tanzania

Next Post

Umunyamakuru Miss Bagwire Keza Joannah yambitswe impeta n’umusore bitegura kurushinga

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500
MU RWANDA

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Miss Bagwire Keza Joannah yambitswe impeta n’umusore bitegura kurushinga

Umunyamakuru Miss Bagwire Keza Joannah yambitswe impeta n’umusore bitegura kurushinga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

How to Choose What Matters Most in Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.